• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Editorial 14 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Uyu munsi tariki ya 14 Ugushyingo 2020, inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda zasubije mu gihugu cya Uganda Charles Tusubira, umugande wari ufungiye mu Rwanda akekwaho ibyaha bikomeye bibangamiye umutekano w’igihugu.

Nkuko amakuru yizewe yatangarijwe Virunga Post dukesha iyi nkuru, Tusubira yari afite kompanyi y’ubucuruzi ishinzwe kwamamaza no gukora ibijyanye n’imitako y’inama izwi nka Kleenville Media Ltd ; yafashwe tariki ya 27 Ukwakira akekwaho ibyaha bikomeye byo kubangamira umutekano w’igihugu. Ntabindi byatangajwe. Gusa uyu mugabo yafashwe mu nzira zinyuze mu mategeko kuko yafashwe nyuma yo kwerekwa impapuro zisaba ku muta muri yombi zatanzwe n’inzego zibifitiye ububasha.

Gusa itangazamakuru ryo muri Uganda rikoreshwa na CMI urwego rw’iperereza rya gisirikari muri icyo gihugu, zahise zihutira gutangaza aya makuru zishyiramo ibinyoma, ngo abayobozi bo mu Rwanda bashakaga kumwambura Kompanyi ye.

Commandonepost, urubuga rwandikwaho na Bob Atwine, akaba ahembwa na CMI mu guharabika isura y’u Rwanda yavuzeko Tusubira yafashwe agafungirwa ahantu hatazwi ngo akabazwa impamvu ataraba umunyarwanda.

Ibinyamakuru byo muri Uganda byakwirakwije ibinyoma ko Tusubira yafungiwe ahantu hatazwi kandi umugore we yaramusuraga akabona ko ameze neza. Uko yamusanze niko yari ameze agifatwa ajya kubazwa.

N’ikinyamakuru gikomeye cya Leta ya Uganda, New Vision cyashyizemo umunyu mu nyandiko yacyo gitangaza ko Tusubira yafashwe n’abantu batazwi baherekejwe na Polisi ashyirwa muri imwe mu modoka zari zaje mu rugo rwe. Icyo gitangazamakuru gikomeza kivuga ko Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda yandikiye Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ayimenyesha ifatwa ry’umunyagihugu wabo ntibabone igisubizo.

Gusa amakuru agaragaza ko hari inyandiko inzego z’u Rwanda zandikiyeAmbasade ya Uganda ziyimenyesha ifatwa rya Tusubira.

Ibi bitandukanye n’uburyo Abanyarwanda bafatwa bagafungwa muri Kongo kuko badakurikiza amategeko ahubwo usanga hari n’abamara imyaka bafunzwe bataragezwa imbere y’ubutabera. Mu rwego rwo kujijisha ibikorerwa Abanyarwanda, ibinyamakuru byo muri Uganda bikwirakwiza ibihuha bishaka kugaragaza ko abagande bafatwa nabi mu Rwanda kandi ataribyo.

2020-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Editorial 31 Jul 2025
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Editorial 10 Jun 2024
Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Menya Amateka ya Perezida Paul Kagame wizihiza isabukuru y’imyaka 61

Editorial 23 Oct 2018
Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano,  nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI  byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Uganda: Abadepite batangiye gutorera kwirukana Minisitiri w’Umutekano, nyuma yuko hari abagaragaje ko ISO na CMI byashyizeho inzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo.

Editorial 13 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha
HIRYA NO HINO

Tshisekedi arashaka Congo ituje, Kayumba na Museveni  nta bwinyagamburiro bwo gutera u Rwanda bafite, bahisemo inzira y’ibihuha

Editorial 04 Oct 2019
Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.
Amakuru

Mu mikino ya gicuti: APR FC yatsinze Marines FC, uwa Rayon Sports na Police FC urasubikwa kuko habuze abashinzwe umutekano FERWAFA isaba imbabazi.

Editorial 27 Apr 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru