• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

Editorial 07 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Polisi muri Uganda iherutse guta muri yombi abamamazabikorwa ba RNC ya Kayumba Nyamwasa, aho byabanje kuyobera bamwe mubapolisi basaga nkaho batazi ko ubutegetsi bwa Uganda aribwo buha RNC inkunga, kuborohereza, no kwemerera gukorera muri Uganda mu mudendezo. Umuyobozi wa CMI, Abel Kandiho yabarwanyeho icyo akora kugira ngo barekurwe.

Amakuru yakomeje gucicikana avuga ko abapolisi bo mu Karere ka Mubende ho muri Uganda bataye muri yombi abamamazabikorwa umunani bo muri RNC ya Kayumba Nyamwasa mu gihe bari bateraniye inama ku kigo cy’amashuri abanza ya Kalungi, giherereye ahitwa Lubali. Ibi bikaba byarabaye mu kwezi gushize ku itariki ya 28.

Amakuru yizewe dufite ni uko Iperereza rya Gisirikare rya Uganda, CMI, rihawe amabwiriza na Perezida Museveni, ryashyizemo ingufu mu gutiza umurindi umutwe w’Iterabwoba wa RNC kugira ngo ukore wisanzuye mu mugambi wabo muremure ubara ubukeye, mbese wa ntawo wo kwifuza guhungabanya umutekano no gukuraho ubuyobozi bw’u Rwanda.
Byakomeje kuvugwa ko abarwanyi ba RNC bari mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Kongo bamwe bagwayo abandi baratatana baza gusanga barahubutse ni uko Uganda ihitamo gufasha Kayumba Nyamwasa guhuza abanyamuryango be no kubashakira amahugurwa kugira ngo bakomeze guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Nk’uko amakuru yacu yizewe abitangaza, abakada ba RNC batawe muri yombi ni Nzayisenga Athanase, Bakunzi Bernard, Kasimu, Mugema Fred, Ngendahimana James, Nzeyimana Eric, Byaruhanga Robert na Gahungahirwe Vianney bashingiye ku byo bavuze ndetse n’ibimenyetso biboneka kuri telefone zabo na mudasobwa igendanwa, Polisi ya Lubali yahise itangiza dosiye maze abantu umunani bafungirwa kuri sitasiyo ya polisi yaho. Amakuru akomeza avuga ko avuga ko iryo tsinda ryari riyobowe na Kasimu na Nzeyimana Eric babiri mu bagabo bafashwe basanzwe bakorera RNC boherejwe na Frank Ntwari baturutse muri Nyakivala.

Tubibutse ko Ntwari ari “Komiseri w’Urubyiruko” muri RNC ariko muri iyi minsi asa nkaho yinjiye mu nshingano za Ben Rutabana barigishije, wari komiseri ushinzwe kongerera ubushobozi ibyihebe bya RNC (ashinzwe no gushaka abakozi), Rutabana kuva muri Nzeri umwaka ushize yaburiwe irengero muri Uganda, nyuma yo guterana amagambo na Nyamwasa na muramu we Ntwari Frank.
Ni mu gihe kandi abo bayoboke bombi boherejwe na Ntwari hamwe n’abasirikare batandatu bafatwaga bagafungwa, babwiye abapolisi ko koko bakorana na RNC. Ariko, igihe CMI yabonaga amakuru yategetse abapolisikureka iyo dosiye bakayibaha bakayikurikiranira.

Kuva icyo gihe, abo bapagasi ba RNC barekuwe igitaraganya bitegetswe na CMI. Abasesenguzi ntibabuze kubona ko ibintu byahindutse nk’uko bigaragara mu rujijo no kutumvikana hagati y’inzego z’umutekano za Uganda ku bijyanye n’ibikorwa bya RNC muri Uganda. Ikigaragara ni uko CMI ikorana byeruye na RNC, ikanorohereza ibikorwa byose by’abatifuriza ineza igihugu cy’ u Rwanda
Iki gikorwa cyakozwe na CMI ni kimwe mu bindi isanzwe ikora binyuranyije n’amasezerano yashyizweho umukono muri Kanama umwaka ushize i Luanda, muri Angola, hagati ya ba perezida Kagame na Museveni, kandi byahamijwe n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Kongo zombi.

Aya masezerano yari yatumijweho muri gahunda ya Perezida Laurenco wa Angola na Tshisekedi wa DRC yo guhuza umubano hagati ya Uganda n’u Rwanda, amasezerano yashimangiraga ko hagomba kubaho kwirinda ibikorwa byo guhungabanya umutekano cyangwa guhirika ubutegetsi bw’igihugu gituranyi icyo ari cyo cyose , kimwe n’ibikorwa nko gutera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi no kudatanga amahugurwa yo guhungabanya umutekano.

Uganda yakoze ibinyuranye n’aya masezerano, kuko amakuru avuga ko yakomeje gushyigikira no gutera inkunga umutwe wa RNC kuko ibikorwa byose bakora bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Dore nk’ubu Uganda iherutse kubaka Ikigo gitanga Imyitozo ku bayoboke ba RNC kugira ngo kibahe amahugurwa kuko babonye ko RNC yifitemo guhuzagurika

Icyo kigo cyatangiye cyigisha abakozi ba RNC cyikaba giherereye Bugolobi, , ku gahanda ka 21, Kampala, Amahugurwa akaba atangwa na CMI ndetse abo bantu umunani bafatiwe Mubende bikaba bivugwa ko wari umusaruro w’icyo kigo.

2020-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Editorial 21 May 2018
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Editorial 13 Jan 2021
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Editorial 17 Jul 2023
Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Editorial 10 Oct 2024
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Editorial 21 May 2018
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Editorial 13 Jan 2021
U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

U Rwanda rwagukanye umwanya wa 3 muri Basketball, Amavubi mu bagore basezerewe na Uganda

Editorial 17 Jul 2023
Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Editorial 10 Oct 2024
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Editorial 21 May 2018
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Editorial 13 Jan 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru