• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

Editorial 07 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Polisi muri Uganda iherutse guta muri yombi abamamazabikorwa ba RNC ya Kayumba Nyamwasa, aho byabanje kuyobera bamwe mubapolisi basaga nkaho batazi ko ubutegetsi bwa Uganda aribwo buha RNC inkunga, kuborohereza, no kwemerera gukorera muri Uganda mu mudendezo. Umuyobozi wa CMI, Abel Kandiho yabarwanyeho icyo akora kugira ngo barekurwe.

Amakuru yakomeje gucicikana avuga ko abapolisi bo mu Karere ka Mubende ho muri Uganda bataye muri yombi abamamazabikorwa umunani bo muri RNC ya Kayumba Nyamwasa mu gihe bari bateraniye inama ku kigo cy’amashuri abanza ya Kalungi, giherereye ahitwa Lubali. Ibi bikaba byarabaye mu kwezi gushize ku itariki ya 28.

Amakuru yizewe dufite ni uko Iperereza rya Gisirikare rya Uganda, CMI, rihawe amabwiriza na Perezida Museveni, ryashyizemo ingufu mu gutiza umurindi umutwe w’Iterabwoba wa RNC kugira ngo ukore wisanzuye mu mugambi wabo muremure ubara ubukeye, mbese wa ntawo wo kwifuza guhungabanya umutekano no gukuraho ubuyobozi bw’u Rwanda.
Byakomeje kuvugwa ko abarwanyi ba RNC bari mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa Kongo bamwe bagwayo abandi baratatana baza gusanga barahubutse ni uko Uganda ihitamo gufasha Kayumba Nyamwasa guhuza abanyamuryango be no kubashakira amahugurwa kugira ngo bakomeze guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Nk’uko amakuru yacu yizewe abitangaza, abakada ba RNC batawe muri yombi ni Nzayisenga Athanase, Bakunzi Bernard, Kasimu, Mugema Fred, Ngendahimana James, Nzeyimana Eric, Byaruhanga Robert na Gahungahirwe Vianney bashingiye ku byo bavuze ndetse n’ibimenyetso biboneka kuri telefone zabo na mudasobwa igendanwa, Polisi ya Lubali yahise itangiza dosiye maze abantu umunani bafungirwa kuri sitasiyo ya polisi yaho. Amakuru akomeza avuga ko avuga ko iryo tsinda ryari riyobowe na Kasimu na Nzeyimana Eric babiri mu bagabo bafashwe basanzwe bakorera RNC boherejwe na Frank Ntwari baturutse muri Nyakivala.

Tubibutse ko Ntwari ari “Komiseri w’Urubyiruko” muri RNC ariko muri iyi minsi asa nkaho yinjiye mu nshingano za Ben Rutabana barigishije, wari komiseri ushinzwe kongerera ubushobozi ibyihebe bya RNC (ashinzwe no gushaka abakozi), Rutabana kuva muri Nzeri umwaka ushize yaburiwe irengero muri Uganda, nyuma yo guterana amagambo na Nyamwasa na muramu we Ntwari Frank.
Ni mu gihe kandi abo bayoboke bombi boherejwe na Ntwari hamwe n’abasirikare batandatu bafatwaga bagafungwa, babwiye abapolisi ko koko bakorana na RNC. Ariko, igihe CMI yabonaga amakuru yategetse abapolisikureka iyo dosiye bakayibaha bakayikurikiranira.

Kuva icyo gihe, abo bapagasi ba RNC barekuwe igitaraganya bitegetswe na CMI. Abasesenguzi ntibabuze kubona ko ibintu byahindutse nk’uko bigaragara mu rujijo no kutumvikana hagati y’inzego z’umutekano za Uganda ku bijyanye n’ibikorwa bya RNC muri Uganda. Ikigaragara ni uko CMI ikorana byeruye na RNC, ikanorohereza ibikorwa byose by’abatifuriza ineza igihugu cy’ u Rwanda
Iki gikorwa cyakozwe na CMI ni kimwe mu bindi isanzwe ikora binyuranyije n’amasezerano yashyizweho umukono muri Kanama umwaka ushize i Luanda, muri Angola, hagati ya ba perezida Kagame na Museveni, kandi byahamijwe n’abakuru b’ibihugu bya Angola na Kongo zombi.

Aya masezerano yari yatumijweho muri gahunda ya Perezida Laurenco wa Angola na Tshisekedi wa DRC yo guhuza umubano hagati ya Uganda n’u Rwanda, amasezerano yashimangiraga ko hagomba kubaho kwirinda ibikorwa byo guhungabanya umutekano cyangwa guhirika ubutegetsi bw’igihugu gituranyi icyo ari cyo cyose , kimwe n’ibikorwa nko gutera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi no kudatanga amahugurwa yo guhungabanya umutekano.

Uganda yakoze ibinyuranye n’aya masezerano, kuko amakuru avuga ko yakomeje gushyigikira no gutera inkunga umutwe wa RNC kuko ibikorwa byose bakora bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Dore nk’ubu Uganda iherutse kubaka Ikigo gitanga Imyitozo ku bayoboke ba RNC kugira ngo kibahe amahugurwa kuko babonye ko RNC yifitemo guhuzagurika

Icyo kigo cyatangiye cyigisha abakozi ba RNC cyikaba giherereye Bugolobi, , ku gahanda ka 21, Kampala, Amahugurwa akaba atangwa na CMI ndetse abo bantu umunani bafatiwe Mubende bikaba bivugwa ko wari umusaruro w’icyo kigo.

2020-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

APR FC yasinyishije umunyamahanga wa mbere, Nshimirimana Ismael Pitchou uturuka i Burundi

Editorial 08 Jul 2023
Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Apr 2021
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Editorial 03 Mar 2023
Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Editorial 26 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore
Amakuru

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Editorial 07 Jun 2021
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi
Amakuru

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Editorial 20 Sep 2023
Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)
IMIKINO

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Editorial 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru