• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Editorial 17 Jan 2019 ITOHOZA

Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda, yatangaje ko Col Aloys Simba wari ufungiwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi aherutse kurekurwa mu ibanga n’Umucamanaza Théodor Meron w’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, UNMICT.

Col. Simba yakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) imyaka 25 rumaze kumuhamya ibyaha byo kuyobora ibitero bitandukanye by’Interahamwe zishe Abatutsi mu zahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Mu 2016 yandikiye urukiko asaba kurekurwa bitewe n’uko yarangije 2/3 by’igihano cye.

U Rwanda n’imiryango y’abarokotse Jenoside bamaganye ubwo busabe, bavuga ko bizabangamira abarokotse kandi bihabanye n’ubutabera mpuzamahanga.

Mu itangazo Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yashyize ku mugaragaro kuri uyu wa Kane, yavuze ko Simba yarekuwe mu ibanga rikomeye mu cyumweru gishize aho yari afungiwe muri Bénin.

Busingye yavuze ko umucamanza Meron yarekuye Simba mu masaha y’ijoro ku buryo n’abandi bakozi b’Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha batabimenye.

Ati “Umucamanza Meron yarekuye Simba mu Cyumweru gishize bitanyuze mu mucyo. Irekurwa rye ryabaye mu cyumweru gishize ndetse (Meron) yagiye abihisha abandi bagize UNMICT. U Rwanda narwo ntacyo rwari rubiziho. Iyo migirire itagenzuwe, ikozwe n’umuntu ku giti cye nta mwanya ikwiriye mu mategeko mpuzamahanga.”

Muri Nyakanga umwaka ushize, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yahaye manda y’amezi atandatu Umucamanza Theodor Meron, izageza ku wa 18 Mutarama 2019.

Umucamanza Theodor Meron

Uyu mugabo yagiye ashinjwa n’u Rwanda kubogama, agabanyiriza ibihano abakatiwe kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi no kurekura kare abayikoze.

Busingye yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yifuza ko uzasimbura Meron ku buyobozi bwa UNMICT, yazatandukana n’imigirire ya Meron kandi akajya abanza kubaza impande zose bireba mbere yo kurekura abashinjwa ibyaha.

Minister of Justice Busingye

Yavuze ko kubera gukorera mu bwiru, baje kumenya ko Simba ashobora kuba yararekuwe kubera impamvu z’ubuzima butifashe neza. Yavuze ko icyo ari ikintu cyumvikana ku buryo iyo bagishwa inama batari kubyanga.

Ati “Kubera kudakorera mu mucyo, u Rwanda ntirwamenye ko umucamanza Meron yarekuye Simba kubera ibibazo by’ubuzima, ikintu Leta y’u Rwanda itashoboraga guhakana ariko kubera kubigira ibanga, ntabwo twamenye koko niba ariyo mpamvu yabiteye.”

Minisitiri Busingye yavuze ko Meron azi neza uruhare rwa Simba mu bwicanyi bwakorewe abana, abagore n’abagabo b’abatutsi basaga 40 000 bari bahungiye i Murambi.

Yavuze ko kandi azi uruhare rwe mu bwicanyi bwo kuri Paruwasi ya Kaduha aho Simba yatanze intwaro gakondo, imbunda na grenade akaziha abicanyi akabategeka kujya ‘gukuraho imyanda’.

Ati “No mu minsi ye ya nyuma, Meron yashimangiye umurage we wo gutesha agaciro ubutabera mpuzamahanga arekura Col Simba Aloys rwagati mu ijoro, imyaka umunani mbere y’uko igihano cye kirangira. Ku buyobozi bwe, yagiye agabanyiriza abantu ibihano no kurekura abajenosideri mbere y’igihe bakatiwe hatarebwe ku nzirakarengane n’abarokotse.”

U Rwanda ruvuga ko rwagaragaje inyandiko y’impuguke mu bijyanye n’ihungabana riva kuri Jenoside, yemeje ko kurekura Simba bizatera ihungabana ridasanzwe abarokokeye kuri Paruwasi ya Kaduha ndetse n’i Murambi aho ‘abana biboneye n’amaso ababyeyi babo bicwa, ababyeyi bakibonera abana babo bicwa’.

Busingye avuga ko n’impamvu zose zituma umuntu yemererwa kurekurwa mbere y’igihe yakatiwe kuri Simba zitagaragara.
Ubusanzwe kurekura mbere uwahamijwe ibyaha habanza kurebwa uburemere bw’icyaha yakoze, inyungu z’abarokotse, ukwicuza kw’imfungwa n’uburyo yorohereje ubushinjacyaha.

U Rwanda rwari ruherutse gusaba ko niba umucamanza Meron anarekuye Col Simba, mu rugamba rwo kurwanya ihakana rya Jenoside akwiye kuzanwa mu gihugu akanyuzwa muri gahunda zo gusezererwa no gusubizwa mu buzima busanzwe.

Simba w’imyaka 81 yahoze ari umusirikare mu Ngabo z’u Rwanda. Ni umwe mu bafashije Juvénal Habyarimana kujya ku butegetsi mu 1973. Jenoside yabaye ari umujyanama mu by’umutekano muri Perefegitura ya Gikongoro na Butare.

2019-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Editorial 26 Mar 2024
Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Editorial 21 Nov 2017
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Editorial 20 Oct 2019
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Editorial 26 Mar 2024
Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Editorial 21 Nov 2017
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Editorial 20 Oct 2019
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Editorial 26 Mar 2024
Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Editorial 21 Nov 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru