• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu mugore Debora KAYEMBE ni umwe mu bayobozi bakuru(Rector) ba Kaminuza Mpuzamahanga ya EDINBURGH yo muri Ecosse. Muri iki cyumweru rero yivuyemo nk’inopfu, ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze ubutumwa buhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, agera ndetse n’aho agereka ubwicanyi kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame, agamije gutagatifuza abajenosideri.

Abantu benshi bahise bamagana Debora Kayembe, ndetse Ambasaderi Johnson BUSINGYE uhagarariye u Rwanda mu Bwongereza yandikira ubuyobozi bw’iyo Kaminuza abugaragariza ko imyitwarire igayitse ya Debora Kayembe idakomeretsa Abanyarwanda gusa, ko ahubwo inangiza isura y’iyo kaminuza ikomeye ku isi.

Mu ibaruwa Prof. Peter MATHIESON, Vice-Chancelor wa Kaminuza ya Edinburgh, yandikiye Amb. Busingye ejo kuwa gatanu, yashimangiye ko isi yose izi neza uruhare rwa Perezida Paul Kagame mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no guhirika ubutegetsi bw’abajenosideri, bikaba rero byaba ari ugucurika nkana amateka, uramutse ushinje Jenoside abayihagaritse.

Prof Mathieson yavuze ko Kaminuza ya Edinburgh yemera, ibikuye ku mutima, ko mu Rwanda habaye Jenoside imwe yakorewe Abatutsi, ikaba ibabajwe cyane n’amagambo ya Debora Kayembe n’abandi nkawe, cyane cyane muri ibi bihe by’icyunamo, “….agamije kwambura agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, no gutoneka ibikomere by’abayirokotse”.

Prof. Mathieson yavuze ko Kaminuza ya Edinburgh ibona u Rwanda nk’Igihugu gifite icyerekezo ntangarugero, ari nayo mpamvu ifite ubufatanye bukomeye n’u Rwanda mu nzego zinyuranye, ngo ikaba itakwemera rero ko umwe mu bakozi bayo agaragaza imyitarire ikomeretsa Abanyarwanda. Yaboneyeho kuvuga ko Kaminuza yabo yitandukanyije ku mugaragaro na Debora Kayembe, bityo amahano yakoze akaba agomba kuyaryozwa ku giti cye.

Prof. Peter Mathieson yasobanuriye Amb.Busingye ko imyitwarire ya Debora Kayembe izafatwaho umwanzuro n’abagize Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza ya Edinburgh, umuntu yagereranya n’urukiko rw’iyo Kaminuza, bazaterana kuwa mbere tariki 25 Mata 2022.

Debora Kayembe akomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, akaba umwe mu bakongomani birirwa ku mbuga nkoranyambaga batuka u Rwanda n’Abayobozi barwo. Abamuzi neza bavuga ko umuryango we wari inkoramutima z’uwa Mobutu Sese Seko wahoze ari Perezida w’icyo gihugu kikitwa Zayire, bikaba bizwi neza ko Mobutu yashyigikiye abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuba rero Debora Kayembe yifatira ku gahanga Perezida w’ u Rwanda, akaba ku isonga mu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, arabiterwa n’uko nawe afite aho ahuriye n’abajenosideri, afata nk’ imfubyi za “Sewabo” Mobutu sese seko. Ararushywa n’ubusa ariko, kuko gushyigikira inkoramaraso ari uguta igihe.

2022-04-23
Editorial

IZINDI NKURU

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Editorial 09 Jan 2024
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Editorial 27 Apr 2021
RDF yungutse  aba Ofisiye barangije kwiga  muri École Royale Militaire Belge

RDF yungutse aba Ofisiye barangije kwiga muri École Royale Militaire Belge

Editorial 02 Sep 2016
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Editorial 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick
Amakuru

Moise Mutokambali watozaga ikipe ya The Hoops Rwanda BBC akaza kugirwa umuyobozi wa tekiniki muri FERWABA yasimbujwe Habiyambere Patrick

Editorial 04 Mar 2021
ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo  ‘Odeur ya Ocean’
SHOWBIZ

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Editorial 31 Aug 2017
Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema
Mu Mahanga

Intwali : Amashirakinyoma ku rupfu rwa General Fred Rwigema

Editorial 29 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru