• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Perezida Kagame yakurikiye umukino u Rwanda twatsinzemo Grenada 4-0 rugera ku mukino wa nyuma wa FIFA SERIES   |   28 Mar 2026

  • Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika   |   28 Mar 2026

  • Ingabire Victoire Umuhoza Yongeye Gukubitirwa Ahareba Inzega   |   27 Mar 2026

  • Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare   |   25 Mar 2026

  • Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico   |   24 Mar 2026

  • Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha   |   23 Mar 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Ubwanditsi 10 Jun 2019 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yaraye yakiriye ku meza mugenzi we Denise Nyakeru Tshisekedi, Madamu wa perezida wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.

Uyu muhango wabaye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 09 Kamena 2019, waranzwe n’ubusabane ku mpande zombi, aho bagarutse ku mubano usanzwe hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Mu ijambo rye, Madamu Denise Tshisekedi yashimangiye ko nta kintu na kimwe cyaruta ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, anashimira Madamu Jeannette Kagame kubera ibikorwa by’indashyikirwa akora binyuze mu muryango Imbuto Foundation yashinze.

Yagize ati “Ndi hano kugirango nirebere, twungurane ibitekerezo, nanumve umwihariko igihugu cyanyu gifite mu guteza imbere umugore. Nshimishwa cyane n’amateka yanyu.

Nyakubahwa madamu Jeannette Kagame, nshimishwa cyane n’ibikorwa byanyu by’umwihariko ibijyanye no kurwanya SIDA no kwita ku batishoboye, mbateye ingabo mu bitugu mukomereze aho, ibyo nibyo Afurika ikeneye”.

Madamu Denise Tshisekedi kandi yavuze ko nawe afite icyerekezo kimeze nk’icya Madamu Jeannette Kagame mu gufasha no guteza imbere abagore, abinyujije muri gahunda yise “Plus Fortes”.

Iyo gahunda igamije ahanini guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.

Madamu Jeannette Kagame yashimiye mugenzi we wa Kongo Kinshasa, anamwizeza ubufatanye mu rugamba yatangiye rwo guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore mu gihugu cye cya Kongo Kinshasa.

Ati “Hari isano risanzwe hagati ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo n’u Rwanda. Ikirenze kuri ibyo kandi, n’ubwo hari ibibazo byahindanyije amateka dusangiye, buri gihe twahoranaga ibiduhuza binyuze mu buhahirane hagati y’abaturage baturiye imipaka ihuza ibihugu byacu.

Ku bitureba by’umwihariko, muvandimwe Denise nk’uko wabisabye, binyuze mu muryango Imbuto Foundation, gahunda yanyu mwise ‘Plus Fortes’, ifitanye isano n’ibikorwa dukora mu muryango Imbuto Foundation nashinze.

Twashyizeho uburyo bwo guteza imbere imibereho myiza binyuze mu bukangurambaga ku buzima bw’umubyeyi utwite yabiteganyije cyangwa bimutunguye, ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa se guta amashuri”.

Madamu Jeannette Kagame kandi yijeje mugenzi we Denyise Tshisekedi ko imiryango y’umuryango Imbuto Foundation izahora ifunguye, kugirango hakomeze kubaho ubufatanye.

Mbere y’uko basangira ku meza, abafasha b’ibihugu byombi babanje kwerekwa umukino witwa ‘We call it Love’, ugaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Muri uwo mukino hagaragajwe intambwe yatewe mu gutanga no gusaba imbabazi, nk’inzira yo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.

Madamu Denise Tshisekedi yageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku cyumweru 09 Kamena 2019, yinjiriye ku mupaka munini uzwi nka ‘La corniche’, uhuza u Rwanda na Kongo Kinshasa mu karere ka Rubavu n’umujyi wa Goma.

Ni ibirori byanizihijwe n'abaririmbyi bafite amajwi anogeye ugutwi

Ni ibirori byanizihijwe n’abaririmbyi bafite amajwi anogeye ugutwi
Src : KT

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo
INKURU NYAMUKURU

Abandi Banyarwanda batatu baburiwe irengero muri Uganda, Impunzi eshatu z’abarundi nazo zibigenderamo

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho  muri Rushyashya
Mu Rwanda

Umucuruzi Janvier Birahagwa ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho muri Rushyashya

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru