• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Donald Trump yiyeguriye Imana

Donald Trump yiyeguriye Imana

Editorial 28 Jun 2016 POLITIKI

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika, umugabo umaze kuba icyamamare kubw’amagambo agenda atangaza, noneho ngo yaba yarakiriye agakiza!

Iyi nkuru turayitangarizwa na Dogiteri James Dobson,umuyobozi wa “Focus on the Family and Family Talk”. Dogiteri Dobson aragira ati:” Donald Trump aherutse guha ubugingo bwe Kristo:, yongeraho ati : “ Ubu ni uruhinja mu gakiza, mukwiye kumusengera” Mu kiganiro yagiranye na Pasteri Michael Anthony, DrJames Dobson yavuze ko ubu hari abakozi b’Imana batandukanye barimo gufasha Donald Trump, “Nzi umuntu wamuyoboye mu kwihana no kwizera Kristo,kandi bibaye vuba aha”,uwo ni Dobson ubivuga, akomeza agira ati” Ntabwo nzi neza umunsi byabereye ariko ntibitinze” Dobson aratangaza ko yizera rwose ko Trump yakijijwe, yongeraho ariko ko ubu akiri “Uruhinja mu gakiza” bityo akaba asaba ko abakristo bamusabira cyane cyane batekereza ko hari ubwo yajya mu buyobozi bukuru bw’igihugu.

Ibi Dobson yabitangaje ku munsi Donald Trump yahuraga mu muhezo n’abayobozi b’amatorero agendera ku kuri k’Ubutumwabwiza.(Evangeliques).Iyo nama yari yiswe, “ Ikiganiro cya Donald Trump na Ben Carson ku byerekeye ejo hazaza ha Leta Zunze Ubumwe z’Amerika”iyo nama yabereye mu mugi w’I New York. Johnnie Moore umuvugizi w’uwo muryango, yavuze ko iyi nama yari ikiganiro nyacyo cyuzuye urugwiro, atari nk’urubanza cyangwa iperereza nkuko bamwe babyibwira, yongeraho ko rwose Donald Trump n’ikipe ye berekanye ubushake butarimo uburyarya bakira abo bayobozi b’ Abakristo. Johnnie Moore asoza agira ati “ Nibwo bwa mbere nari mbonye igiterane cyahuje umubare ungana kuriya w’abayobozi ba Gikristo.” Umwaka ushize nibwo Trump yari yavuze ko atigeze yaka imbabazi Imana mu buzima bwe,kandi nubwo yavugaga ko Bibiliya aricyo Gitabo akunda kurusha ibindi, yanze kugira n’umurongo n’umwe wa Bibiliya akunda yatangariza abantu.

Yaravuze ati:” Bibiliya ifite agaciro kanini kuri njye, ariko sinajya mu by’imirongo iyi n’iyi. Dobson aravuga ati” Trump ntaramenya imivugire yacu twe abakristo, muri icyo kiganiro n’abo bayobozi yakoresheje inshuro enye cyangwa eshanu ijambo Hell( gehinomu, ikuzimu, mu muriro). Akunda kenshi kuvuga ku by’idini n’imihango yayo kuruta uko yavuga ku “kwizera Kristo” Dobson agira ati:” Dukwiye kumwumva, kuko atakuze kimwe natwe” ,” Ndatekereza ko hari ibyiringiro kuri we” Nyuma y’iyo nama Trump ngo yaganiriye ku byerekeye Ukwizera kw’umuntu ku giti cye, n’akamaro ko kwizera. Ralph Reed wo muri uyu muryango” The Faith and Freedom coalition”avuga ko Donald Trump yaberuriye avuga ati :” Sinzi Bibiliya nkuko muyizi, kandi simfite ubumenyi bw’iby’Imana (theologian), ariko ndi Umukristo.” Ngibyo rero ibya Donald Trump nkuko twabibasomeye. Icyo twe twavuga nuko Yesu ntacyamunanira.

-3076.jpg

Donald Trump umukandida wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe Za Amerika

Turashima Imana niba ari uko byagenze, Icyo Imana ishaka nuko hatagira numwe urimbuka, ahubwo ko abantu bose bakwihana bakizera bagakizwa, bagahabwa ubugingo bw’iteka.

2016-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Editorial 09 Jan 2017
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Editorial 24 Mar 2018
Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iminsi irabarirwa ku ntoki  ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda
ITOHOZA

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Editorial 15 Dec 2016
Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?
ITOHOZA

Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Editorial 18 Jan 2017
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe
Amakuru

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru