• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Ese Umugore na we yatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina?

Editorial 17 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Marie Jeanne Mukaneza (izina twamuhimbye) utuye mu Karere ka Muhanga, avuga ko nta na rimwe aratangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina hagati ye n’umugabo we bashakanye, ubu babyaranye abana babiri.

Mukaneza avuga ko yabyakiriye ko ari umugabo ugomba gutangiza iki gikorwa. Mu buhamya bwihariye yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru, Mukaneza yavuze ko yumva gutangiza ikiganiro cyo gukora imibonano nk’umugore yumva byaba atari umuco, akavuga ko n’abagore benshi bagenzi be baganira ari ko babifata.

“Hari ibyo umugore aba yumva bimureba n’ibyo aba yumva bitamureba. Umugore yumva ko kuba yateka ari ikintu kimureba, kuba imyenda imeshe ari ikintu kimureba ariko iyo bigeze ku bintu by’imibonano mpuzabitsina umugore yumva ko bireba umugabo akaba ari we ubitangiza.”

Yungamo ati “Nyine kuko ari ko umuntu aba yarabimenyereye binajyana wenda n’umuco umugabo ni we ufata inzira ya mbere akajya kurambagiza umugore, n’ubundi umugore n’ibyo ngibyo bitangizwa n’umugabo, umugore arabyakira ko ari umugabo ari we ugomba gutangiza igikorwa cy’imibonano kandi mbona nta kibazo biteye.”

Umubajije impamvu we atatangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina Mukaneza akubwira ko “akenshi usanga hari igihe biterwa n’isoni abagore baba bifitemo, cyangwa se bikanaterwa ahanini no kuba umugore avuga wenda ati ‘umugabo yagira ngo ‘iki?’ ‘Yangaya, yabifata ko ndi indaya se’, ibintu nk’ibyo.’”

Gusa Mukaneza avuga ko hari ubwo umugore abishaka, akifuza ko haba igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina nyamara ntabibwire umugabo we, ati “abagore benshi bashiririramo bakabyihorera!”

Ibi bishimangirwa na Safari Byuma Alphonse, umugabo w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo muri Nyakabanda uvuga ko mu rugo rwe ari we uhora utangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Agira ati “Ubundi uko mbibona muri rusange hagati y’umugabo n’umugore iyo bagiye gukora imibonano mpuzabitsina mbona y’uko abagabo ari bo bagombye kubanza kugira icyo basaba abagore babo. Nubwo n’abagore baba bafite ubwo burenganzira ubona iteka ryose bo bihagararaho ntibabivuge. Bishoboke ko ari mu muco nyarwanda, ndetse n’uw’Abanyafurika, mbona biri no muri kamere y’abagore aho bava bakagera.”

Byuma ashimangira ko anashingira ku ngero abona ku nyamanswa.

Agira ati “No mu nyamanswa tubona y’uko isake ari yo yirukanka iruhande rw’inkokokazi, ku ihene ruhaya niyo ihebeba, ku nka ikimasa nicyo kibanza mbese iteka ryose abagabo ni bo babanza gusaba abagore no mu nyamaswa ni uko mbona ari kamere y’umuntu Imana yashyizeho.”

Ku bw’uyu Byuma, ufite abana 5, nta kibazo ibi byakagombye gutera mu rugo ku bantu bajijutse, akagira ati “kuba umugabo ari we utangira icyo gikorwa ntacyo bitwaye icya ngombwa ni uko bigira iherezo ryiza, kandi byumvikanyweho.”

Undi mugabo witwa Munyaneza Théogene, w’imyaka 40, utuye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Ruyenzi na we avuga ko mu rugo rwe ari we utangiza iki gikorwa.

-6323.jpg

Gusa Munyaneza we avuga ko iyo umugore we yifuza ko iki gikorwa kiba hari uburyo abimwerekamo. Agira ati “Hari ibikorwa byinshi bishobora kwereka umugabo ko umugore we hari icyo ari gushaka. Umugore ashobora kuba ashaka gukora iyo mibonano mpuzabitsina ntatinyuke kuvuga ngo akwaturire nk’umugabo akubwire ko abishaka ariko akabikoresha ibikorwa runaka, ushobora gusanga yashashe uburiri, ugasanga yatetse yateguye neza, ugasanga na we ubwe yambaye neza, yakarabye… nawe yakoze ku buryo ugera mu rugo ukabona hari igituma uri bumushake.”

Munyaneza we asaba abagabo kumenya ko mu Rwanda ibijyanye n’ibitsina ari ikintu kidakunze kuvugwaho cyane, bikaba akarusho ku bagore ati “abagore gushaka imibonano mpuzabitsina burya si uko batavuga ahubwo bavugisha ibikorwa.”

Badacoka Richard, umukozi w’Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza y’abagore mu Rwanda ‘Rwanda Women Network’ asobanura ko umugabo cyo kimwe n’umugore buri wese ashobora gutangiza igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, ko ibitari ibi ari ihohoterwa.

Agira ati “Dushingiye ko igikorwa cy’imibonano mpuzabitsina ari igikorwa ngirana twemera ko buri wese nk’umuntu ashobora kuba yakwifuza iki gikorwa.”

Badacoka avuga ko mu Rwanda bigaragara ko bisa nk’umuziro ko umugore aba yatinyuka ngo abwire umugabo ko yifuza icyo gikorwa agategereza ngo intambwe ya mbere ifatwe nk’umugabo, akagira ati “Dutekereza ko ibyo ngibyo na byo ubwabyo bishobora kugira ingaruka ku migendekere y’icyo gikorwa cyane ko uwagitekereje we buri gihe aza yiteguye.”

Uyu mukozi asaba abanyarwanda ko barenga urwego rwo gufata ko igihe umugore atangije iki gikorwa ari umuziro, ko ari uburenganzira bwe yemererwa n’amategeko.

Source : IZUBARIRASHE

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu ifasha abahanzi ya Cloud9 Entertainment, Bruce Melodie yerekeje muri Tanzaniya mu rwego rwo kwagura ibikorwa bye

Editorial 30 Mar 2021
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Editorial 14 May 2018
Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Magaly Pearl, Umuhanzikazi ukomoka mu Rwanda yambitswe impeta n’umunyamerika

Editorial 22 Dec 2018
Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Editorial 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech
Amakuru

Chris Froome watwaye Tour de France enye, yageze mu Rwanda ari kumwe n’ikipe ye ya Israel–Premier Tech

Editorial 16 Feb 2023
Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal
Mu Mahanga

Sudani y’Epfo: CP Munyambo yashimye imikorere y’Abapolisi b’u Rwanda bakorera Malakal

Editorial 19 Jan 2018
Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe
UBUKERARUGENDO

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Editorial 29 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru