• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Editorial 06 Oct 2016 Mu Mahanga

Ingabire Immaculée ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi. Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Ingabire Immaculée uyobora Transparency International-Rwanda aravuga ko guhamagaza abanyereje amafaranga y’abaturage muri PAC bikarangirira aho bimaze kurambirana.

Transparency International – Rwanda iravuga ko bitumvikana uburyo abayobozi birirwa batumirwa n’Abadepite bagasobanura iby’abaturage bangije, barangiza bakitahira nta zindi nkurikizi zibayeho.

-4224.jpg

Ingabire Marie Immaculee

Ingabire Immaculée yemeza ko na we ubwe aramutse yahamagajwe ataterwa ubwoba n’uko yamahagarwa gusobanura ibyangijwe, cyane ko nta ngaruka zibaho nyuma.

Ibi iyi mpirimbanyi mu kurwanya ruswa, yabibwiye Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru nyuma y’aho komisiyo y’Inteko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya leta (PAC), ikomeje gutumiza ibigo bikomeye mu Rwanda ngo byisobanure ku mitungo y‘abaturage biba bikekwaho gukoresha nabi. Ni muri raporo y’umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta ya 2014/2015.

Bimwe mu bigo bivugwaho gukoresha nabi umutungo wa rubanda RAB, MINISANTE, UR (Kaminuza y’u Rwanda) ikekwaho guhombya abaturage arenga miliyoni 900 n’ibindi.

PAC ubu irashakisha irengero rya miliyari 12.7 z’amafaranga y’u Rwanda zaburiwe impapuro zisobanura imikoreshereje yazo, miliyari 3.8 zitagira impapuro zuzuye zizisobanura n’impamvu miliyari 1.7 zakoreshejwe mu buryo budakwiye.

Kuri Transpency International – Rwanda, kuba abayobozi bahamagarwa mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ntibakurikiranwe n’ubutabera ni umugani Abanyarwanda bamaze kurambirwa kumva.

-4225.jpg

Abadepite bagize PAC bumijwe nibyo babona

Ingabire yagize ati “Kuva PAC yabaho rwose nta mpinduka zigaragara zishimishije zihari. Ibi kandi birumvikana kuko PAC ntihana, iragutumira gusa ikakubaza, ukayisubiza warangiza ukigendera, ibyo se ni nde byamena umutwe? Ntacyo bivuze rwose, kugutumiza ukaza, bakakubaza, ugasubiza, ukagenda bikarangirira aho, wari wabona se hari indi ngaruka cyangwa indi nkurikizi? Abantu barambiwe kwirirwa bumva ibya PAC.”

Yakomeje agira ati “PAC yagombye guhamagara MINIJUST (Minisiteri y’Ubutabera) bakayibaza impamvu ariya makosa yose agaragara nta gikorwa ngo akurikiranwe, PAC n’umugenzuzi w’imari ya leta bakora ibyabo, ubu umupira uri mu bushinjacyaha, bakwiye kujya basohora raporo bakereka abanyarwanda bahanwe, ababaye abere n’abandi. Hari ukuntu abantu bibeshya ngo leta ntihomba, ariko ariya ni amadeni abanyarwanda bazishyura ubuzima bwabo bwose.”

Avuga ko niba umuco wo kudahana udacitse, nta mumaro ibi bizatanga. Yunzemo ati “ni tudaca umuco wo kudahana mu inyerezwa ry’amafaranga, njye ntacyo nkwijeje.”

Ubushinjacyaha Bukuru buherutse kumurika ibyo bwagezeho mu mwaka w’Ubucamanza wa 2015-2016, bugaragaza ko mu byaha bimunga umutungo w’igihugu hakurikiranywe amafaranga n’imitungo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 11, ubu amaze kwemezwa n’inkiko ni miliyari 4. Imanza zose ngo bwazitsinze ku kigero cya 92.71%.

-4226.jpg

Richard Muhumuza, Umushinjacyaha Mukuru aratungwa agatoki kutagira icyo abikoraho

Ku byaha bimunga umutungo w’igihugu ubushinjacyaha ngo bwabishyizemo ingufu, kuko buvuga ko amadosiye bwakurikiranye ari 535, aregwamo abantu 867, bakurikiranyweho amafaranga cyangwa imitungo bifite agaciro ka 11 518 355 249 Frw.

Mu madosiye 327 yakurikiranywemo abantu 503 bwaregeye inkiko, abahamijwe ibyaha ni 398 banyereje/bangije amafaranga cyangwa imitungo ya Leta by’agaciro ka 4 141 076 956 Frw (ayemejwe n’inkiko ko yanyerejwe/yangijwe), banacibwa ihazabu ya 3 262 214 482 Frw.

Ku birebana n’abatunga agatoki ubutabera kwibanda ku bafite ubushobozi buke bakaba aribo bashyirwa mu nkiko, ubushinjacyaha bukomeza kubihakana.

-4227.jpg

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Ntete Jules Marius avuga ko Ubushinjacyaha butakurikirana Kaboneka busize Gitifu

Umugenzuzi Mukuru mu bushinjacyaha, Jules Marius Ntete, avuga ko impamvu hakurikiranwa abayobozi bo mu nzego z’ibanze ari uko ngo ari bo bafite aho bahurira n’amafaranga mu buryo butaziguye.

Ati “ Burya ba Minisitiri na ba meya ntaho bahurira n’amafaranga, hari ba Gitifu, muri za VUP, Fertilizers (inyongeramusaruro), Girinka aho umuntu aziturira uwamushyize kuri list, byose bikorwa na ba Gitifu.?”

Gusa umuryango Transparency Rwanda wo uvuga hakwiye kwibazwa impamvu ibigo bikomeye ari byo bikomeza kwitaba PAC, nyamara muri ibyo bigo kubona uwakurikiranwe bikaba bikiri ihurizo.

Source : Izuba rirashe

2016-10-06
Editorial

IZINDI NKURU

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako  ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Abikorera bagaragarije Umukuru w’Igihugu Paul Kagame ikibazo cy’inyubako ziri kuzamurwa zidafite abazikoreramo

Editorial 08 Dec 2016
Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Inkoramutima z’ Ikiryabarezi “Rwanda Bridge builders” bakomeje kugisohokamo bashinjanya amacakubiri ashingiye ku moko.

Editorial 27 Sep 2021
Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Editorial 14 Mar 2023
Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 03 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Editorial 19 Dec 2017
Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League
IMIKINO

Amakipe atatu arimo Juventus yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Editorial 07 Nov 2019
Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye
Amakuru

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Editorial 26 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru