• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Guverinoma y’u Buholandi yacecekesheje abadepite bayo banenze ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Editorial 02 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Guverinoma y’u Buholandi yakuriye inzira ku murima abadepite bayo baherutse kuyandikira bayibaza niba izakomeza gufasha u Rwanda nyuma yo kugirana amasezerano n’ikipe ya Arsenal FC.

Aya masezerano y’imyaka itatu avuga ko ikipe ya Arsenal nkuru, iy’abatarengeje imyaka 23 ndetse n’iy’abagore zizajya zambara umwambaro wanditseho ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso.

Ni amasezerano agamije guteza imbere ubukerarugendo, hongerwa umubare w’abanyamahanga basura u Rwanda.

Nubwo aya masezerano yishimiwe na benshi mu Rwanda no mu karere, hari abandi bayamaganiye kure barimo n’abadepite bo mu Buholandi.

Abo badepite barimo uwitwa Joel Voordewind na Isabelle Dicks bandikiye Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag, bamusaba ibisobanuro.

Mu bibazo bitanu bamubajije, byose byagarukaga ku buryo Guverinoma ibona igihugu itera inkunga nacyo kigahindukira kikajya gufatanya n’imwe mu makipe akomeye kandi akize ku Isi.

Hari n’aho bibaza niba u Buholandi bufite gahunda yo gukomeza gufasha u Rwanda nyuma y’ibi.

Abasubiza, Minisitiri Sigrid yavuze ko na we amakuru y’ubufatanye bw’u Rwanda na Arsenal yayamenyeye mu binyamakuru no kuri Twitter, gusa anyomoza abavuga ko u Rwanda ruzishyura miliyoni 40 z’amadolari ashingiye ku kuba nta rwego rwa Leta rwigeze rubitangaza.

Aba badepite bari bandikiye Minisitiri Sigrid bamubaza niba koko Guverinoma y’u Buholandi ikibona u Rwanda nk’igihugu gikwiye gufashwa, maze asubiza ati “Tariki 19 Nzeli 2016, Inteko yanyu yamenyeshejwe iby’icyemezo cyo gushyira u Rwanda mu bihugu byiswe ibiri mu ‘nzibacyuho’. Ibihugu biri mu nzibacyuho, intego ni ukuzabikuriraho imfashanyo, tukajya mu mubano ushingiye ku nyungu zishingiye ku ishoramari, ubucuruzi n’ubufatanye mu bya politiki ku mpande zombi.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda ruracyari mu bihugu bikennye n’ubukungu budahagije ariko rufite intego yo kwigobotora imfashanyo. Ibi biri mu murongo mwiza nk’uwo ubucuruzi n’ishoramari by’u Buholandi biharanira.”

Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu bikorwa bitandukanye mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo i Kigali aho ndetse n’uyu mwaka hari gahunda yo gukomeza ibyo iki gihugu cyiyemeje.

Sigrid ati “ Guverinoma irashaka gukomeza ubufatanye n’u Rwanda. Mu Rwanda, u Buholandi bwita ku bijyanye n’ibiribwa, umutekano, amazi n’isukura ndetse no mu bijyanye n’urwego rw’amategeko. Ibyiyongeye kuri ibyo, u Buholandi bwashoye amafaranga mu iterambere ry’urwego rw’abikorera mu Rwanda. Mu 2017, u Buholandi bwashoye miliyoni 42.5 z’amayero mu Rwanda binyuze muri Ambasade yabwo. Mu 2018, u Buholandi burifuza gukomeza iyi mikorere.”

‘Ibyo u Rwanda rwakoze ni amahitamo yarwo’

Minisitiri Sigrid yavuze kuba u Rwanda rwifuza kwigobotora inkunga z’amahanga nta handi byanyura atari mu iterambere ry’ubukungu, ubukerarugendo bufitemo uruhare.

Ati “U Buholandi bwumva neza ko u Rwanda muri gahunda yagutse y’iterambere rushaka guteza imbere ubukerarugendo kandi kubwamamaza ni kimwe muri ibyo. Kuba rwarahismeo Arsenal, ibyo bireba u Rwanda ubwarwo.”

Yongeyeho ati “Shampiyona y’u Bwongereza igera henshi ku Isi kandi ikurikirwa na miliyoni nyinshi z’abantu buri Cyumweru […] U Rwanda rubona ubufatanye na Arsenal nk’ishoramari rizarufasha kurumenyekanisha nk’ahantu ho gukorera ubukerarugendo, bikagira n’akamaro ku iterambere ry’igihugu.”

Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag

Minisitiri Sigrid yatanze urugero ku mibare ya IMF igaragaza ko abanyamahanga basura u Rwanda bikubye kabiri bakagera kuri miliyoni 1.3 hagati ya 2010 na 2015.

Ni mu gihe inyungu yabwo ku mwaka yavuye kuri miliyoni 202 z’amadolari mu 2010 ikagera kuri 400 mu 2016. Iyi gahunda yo kuzamura inyungu iva mu bukerarugendo ngo inafitwe n’ibindi bihugu bikorana n’u Buholandi nk’aho ngo Kenya iherutse kwemeza gahunda nshya ijyanye n’ubukerarugendo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Clare Akamanzi, aherutse kuvuga ko unenga amasezerano y’u Rwanda na Arsenal ari utarwifuriza ineza.

Ati “Unenga amasezerano twagiranye na Arsenal, ashingiye ko u Rwanda rukennye cyangwa ruhabwa ubufasha, ashobora kuba yifuza ko rukomeza kuba gutyo cyangwa akaba adasobanukiwe ko mu bucuruzi ubwo ari bwo bwose, imenyekanishabikorwa ari ingenzi mu byo ikigo gitangaho amafaranga.”

U Rwanda rwihaye intego yo gukuba kabiri umusaruro w’ubukerarugendo ukava kuri miliyoni 404 z’amadolari uriho ubu ukagera kuri miliyoni 800 z’amadolari mu 2024.

Abakinnyi Mesut Ozil, Alexandre Lacazette na Pierre-Emerick Aubameyang nibo bamenyekanisha ubu bufatanye n’u Rwanda

Umutoza mushya wa Arsenal, Unai Emery, afite umwambaro mushya w’iyi kipe ugaragaraho amagambo yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda

Umuyobozi Mukuru wa Arsenal, Ivan Gazidis ari kumwe n’Umutoza Unai Emery mu rwambariro rwa Arsenal rurimo imyenda yanditseho ‘Visit Rwanda’

Amagambo ‘Visit Rwanda’ azajya agaragara ku byapa byose byamamaza ibikorwa bya Arsenal. Aha hari mu cyumba gitangirwamo ikiganiro n’abanyamakuru

Visit Rwanda, bizajya biba byanditse ku kuboko kw’ibumoso ku mwambaro w’abakinnyi ba Arsenal mu gihe cy’imyaka itatu

Perezida Kagame yahuye na Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga n’Ubufatanye mu Iterambere w’u Buholandi, Sigrid Kaag mu Ugushyingo 2017


2018-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Editorial 07 May 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019
Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Editorial 05 Feb 2020
Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat,  yapfubye hafatiwe  ibikoresho bya gisirikare

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Editorial 13 Mar 2019
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Editorial 07 May 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019
Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Menya impamvu umugi wa Rouen mu Bufaransa wabaye indiri y’Interahamwe aho Ingabire Victoire yanyuze agakorera inama ya nyuma mbere yuko aza mu Rwanda muri 2009

Editorial 05 Feb 2020
Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat,  yapfubye hafatiwe  ibikoresho bya gisirikare

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Editorial 13 Mar 2019
Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Oprah Uwoya n’umusore bakundana bakajije umurego mu gutera kabariro bashakisha umwana

Editorial 07 May 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Editorial 06 Jul 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru