• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Editorial 29 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyateje mu cyamunara itabi ry’uruganda rw’umuryango wa Assinapol Rwigara. Iryo tabi ryagurishijwe kuri miliyoni 512 z’amafaranga y’u Rwanda. Ariko muri icyo gikorwa uhagarariye umuryango aterana amagambo n’umuhesha w’inkiko.

Anne Rwigara uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi bw’umuryango avuga ko atanyuzwe n’igiciro. Avuga ko ryagombye kuba ryagurishijwe ku mafaranga agera kuri miliyari imwe.

Aho cyamunara yaberaga i Gikondo ahahoze ari mu cyanya cy’inganda, Anne Rwigara yahageze acyerewe asanga cyamunara irimbanije, ari kumwe na basaza be, ubwo yashakaga gutambuka agana ahari itabi, umuhesha w’inkiko, Me Habimana yaramwangiye, bigaragara ko atari amuzi.

Mu kumwangira kwegera aho yashakaga kujya, byahereye aho baterana amagambo bagira bati:

Anne Rwigara: “Reka nkwibwire ariko reka ntambuke”.

Me Habimana: “Buretse gato”.

Anne Rwigara : “Nitwa Anne Rwigara, ibi bintu ni ibyacu”.

Me Habimana: “Ahhhhh, biri muri cyamunara”

Anne Rwigara: “Biri muri cyamunara, arikoo…..

Me Habimana: “Nyine hagarara aho ngaho”

Anne Rwigara n’umujinya mwinshi, ati “Ariko se wowe hari icyo nakubajije?

Me Habimana “Nta kibazo, ni njyewe tuvugana,….

Aya majwi yafashwe n’umunyamakuru wa Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, muri aya majwi, umuhesha w’inkiko, Me Habimana yumvikana atangaza ko cyamunara yegukanywe na Murado Business Ltd kuri miliyoni 512 z’amafaranga y’u Rwanda.

Anne Rwigara Uwamahoro uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi kwa Rwigara yahise yaka ijambo risubikisha icyamunara ku kutanyurwa n’igiciro ariko biba iby’ubusa. Yavuze ko itabi ryabo ryagombye kugurishwa byibura nka miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Agira ati “iki giciro cya miliyoni 512 twebwe nka ba nyiri uruganda, nyiri itabi, ntabwo tucyemeye iyi cyamunara yakagombye gusubikwa, kubera ko iki giciro ntabwo tucyemeye, bivuze ko niba iki giciro tucyanze nka ba nyiri ibintu, nyiri itabi, ntabwo rero ari ngombwa ko yirirwa yandika sheki”.

Me Habimana yahise agira ati “Ni njyewe uyoboye iyi cyamunara, niyandike sheki”.

Me Vedaste Habimana yasabye abo mu muryango wa Rwigara kwiyambaza inkiko nyuma yo kutanyurwa, ashimangira ko iyo cyamunara irangiye, impaka zikurikira zirangizwa n’inkiko.

Ati “Iyo cyamunara isojwe uyifiteho ikibazo wese nta handi ajya uretse mu nkiko,…. Genda ujye mu rukiko rero”.

Anne Rwigara nawe yakomeje avuga, ati “ Ah ah, njyewe nta kibazo mfite, kuko ikibazo mfite nakibabwiye, ntabwo urikiko… [bamuca mu ijambo],…. Reka na njye ndangize mbabwire, ntabwo turi mu rukiko, urukiko dosiye yacu narwo rurayifite, icya kabiri nababwiye ko uburenganzira mbumfite, niba igiciro nta cyemeye nka nyiri ibintu,….. uri kumbwira ngo mbijyane mu rukiko nta soni [abwira Me Habimana]”.

Iri tabi ritejwe mu cyamunara kubera imisoro bivugwa ko ari miliyari esheshatu z’amafaranga ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara utishyuye kuva mu 2012.

Anne Rwigara na basaza be, uwambaye ikote ni Me Habimana IFOTO/Ijwi rya Amerika

 

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Uruzinduko Sophie Wilmès, Minisitiri w’ Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi atangira mu Rwanda kuri uyu wa mbere, rube umwanya mwiza wo kumwibutsa ko u Rwanda rutakiri indagizo y’Ububiligi

Editorial 26 Oct 2021
Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Editorial 30 Dec 2019
Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Abatiyumvishaga uko dushora imari muri ICT kandi abaturage bashonje twarabahinyuje – Perezida Kagame

Editorial 27 Mar 2018

2 Ibitekerezo

  1. Maliya.
    March 29, 20182:06 pm -

    Ntabwo muzabirya…!!!!!!! Uko ni ukuriiiii

    Subiza
    • bebe ignas
      March 30, 20184:17 am -

      sibyambere turiye tuzabirya turye nibyabibwirako arabatoni uyumunsi!tuzarya turye twongere turye nibishira tuzarya nuriya muhesha winkiko habimana

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare
ITOHOZA

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Editorial 21 Oct 2018
Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC
Amakuru

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Editorial 07 Jan 2025
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri
Mu Rwanda

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Editorial 17 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru