• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Habayeho uguterana amagambo hagati ya Anne Rwigara n’umuhesha w’inkiko watezaga ibyabo cyamunara

Editorial 29 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 28 Werurwe 2018, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyateje mu cyamunara itabi ry’uruganda rw’umuryango wa Assinapol Rwigara. Iryo tabi ryagurishijwe kuri miliyoni 512 z’amafaranga y’u Rwanda. Ariko muri icyo gikorwa uhagarariye umuryango aterana amagambo n’umuhesha w’inkiko.

Anne Rwigara uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi bw’umuryango avuga ko atanyuzwe n’igiciro. Avuga ko ryagombye kuba ryagurishijwe ku mafaranga agera kuri miliyari imwe.

Aho cyamunara yaberaga i Gikondo ahahoze ari mu cyanya cy’inganda, Anne Rwigara yahageze acyerewe asanga cyamunara irimbanije, ari kumwe na basaza be, ubwo yashakaga gutambuka agana ahari itabi, umuhesha w’inkiko, Me Habimana yaramwangiye, bigaragara ko atari amuzi.

Mu kumwangira kwegera aho yashakaga kujya, byahereye aho baterana amagambo bagira bati:

Anne Rwigara: “Reka nkwibwire ariko reka ntambuke”.

Me Habimana: “Buretse gato”.

Anne Rwigara : “Nitwa Anne Rwigara, ibi bintu ni ibyacu”.

Me Habimana: “Ahhhhh, biri muri cyamunara”

Anne Rwigara: “Biri muri cyamunara, arikoo…..

Me Habimana: “Nyine hagarara aho ngaho”

Anne Rwigara n’umujinya mwinshi, ati “Ariko se wowe hari icyo nakubajije?

Me Habimana “Nta kibazo, ni njyewe tuvugana,….

Aya majwi yafashwe n’umunyamakuru wa Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, muri aya majwi, umuhesha w’inkiko, Me Habimana yumvikana atangaza ko cyamunara yegukanywe na Murado Business Ltd kuri miliyoni 512 z’amafaranga y’u Rwanda.

Anne Rwigara Uwamahoro uhagarariye ibikorwa by’ubucuruzi kwa Rwigara yahise yaka ijambo risubikisha icyamunara ku kutanyurwa n’igiciro ariko biba iby’ubusa. Yavuze ko itabi ryabo ryagombye kugurishwa byibura nka miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Agira ati “iki giciro cya miliyoni 512 twebwe nka ba nyiri uruganda, nyiri itabi, ntabwo tucyemeye iyi cyamunara yakagombye gusubikwa, kubera ko iki giciro ntabwo tucyemeye, bivuze ko niba iki giciro tucyanze nka ba nyiri ibintu, nyiri itabi, ntabwo rero ari ngombwa ko yirirwa yandika sheki”.

Me Habimana yahise agira ati “Ni njyewe uyoboye iyi cyamunara, niyandike sheki”.

Me Vedaste Habimana yasabye abo mu muryango wa Rwigara kwiyambaza inkiko nyuma yo kutanyurwa, ashimangira ko iyo cyamunara irangiye, impaka zikurikira zirangizwa n’inkiko.

Ati “Iyo cyamunara isojwe uyifiteho ikibazo wese nta handi ajya uretse mu nkiko,…. Genda ujye mu rukiko rero”.

Anne Rwigara nawe yakomeje avuga, ati “ Ah ah, njyewe nta kibazo mfite, kuko ikibazo mfite nakibabwiye, ntabwo urikiko… [bamuca mu ijambo],…. Reka na njye ndangize mbabwire, ntabwo turi mu rukiko, urukiko dosiye yacu narwo rurayifite, icya kabiri nababwiye ko uburenganzira mbumfite, niba igiciro nta cyemeye nka nyiri ibintu,….. uri kumbwira ngo mbijyane mu rukiko nta soni [abwira Me Habimana]”.

Iri tabi ritejwe mu cyamunara kubera imisoro bivugwa ko ari miliyari esheshatu z’amafaranga ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kivuga ko umuryango wa Rwigara utishyuye kuva mu 2012.

Anne Rwigara na basaza be, uwambaye ikote ni Me Habimana IFOTO/Ijwi rya Amerika

 

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Burundi: ibya Leta n’impunzi bikomeje kujya i rudubi

Editorial 04 Sep 2018
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Menya neza Rusagara Ignace, bihemu washize isoni mu guhemuka, inzererezi yahisemo gusebya Igihugu cyamubyaye ahabwa karibu mubandi ba bihemu bibumbiye muri RNC

Editorial 25 Jul 2020
Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Editorial 11 May 2020

2 Ibitekerezo

  1. Maliya.
    March 29, 20182:06 pm -

    Ntabwo muzabirya…!!!!!!! Uko ni ukuriiiii

    Subiza
    • bebe ignas
      March 30, 20184:17 am -

      sibyambere turiye tuzabirya turye nibyabibwirako arabatoni uyumunsi!tuzarya turye twongere turye nibishira tuzarya nuriya muhesha winkiko habimana

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura
Mu Rwanda

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017
Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024
Amakuru

Patriots BBC yatsinze APR BBC mu mukino wa mbere wa Kamarampaka wa Bet Pawa Playoffs 2024

Editorial 12 Sep 2024
Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 13 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru