• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Editorial 16 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu Philippe Mpayimana, yavuze ko atasuzuguye abo yagombaga kujya kubwira imigabo n’imigambi ye.

Mpayimana avuga ko gukererwa ngo byatewe n’uko umunsi we wa mbere, yahuye n’ikibazo cy’imihanda mibi.

Ibi yabivugiye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, nyuma y’aho yahageze ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu gihe byari biteganyijwe ko yagombaga gutangira kwiyamamaza mu Murenge wa Ntongwe saa mbili za mugitondo, mu mujyi wa Ruhango saa tanu, mu mujyi wa Nyanza saa munani na Rusatira, byarangiye iyi gahunda itubahirijwe.

Yageze gusa mu mu mujyi wa Nyanza nabwo saa kumi n’imwe z’umugoroba, avuga ko atari we wabiteye.

Imbere y’abaturage barenga 100 bari bamutegereje, yagize ati ‘Aho ntagiye uyu munsi nzahashakira indi minsi, imbogamizi ikomeye yabaye umuhanda wa rwa Busoro ujya mu majyepfo umeze nabi, ibi byatumye duhitamo gusubira inyuma, gusa ubu twabonye abadufasha, uyu munsi icyabaye ni uko twagombaga gusubiramo gahunda aho gutegura ingendo. ‘

Yakomeje agira ati’ntabwo twasuzuguye abari badutegereje, ahubwo icyo twizeza ni uko abari imbere bazatubona ku gihe. ‘

Ibyo yizeza abaturage

Phillippe Mpayimana yabwiye abaturage barenga 100 bari bamukurikiye ko nibamutora, ngo yiteguye kubafasha gukemura ikibazo cyibura ry’ akazi.

Yagize ati “niteguye kuzashyiraho ikigo gifasha urubyiruko kubona akazi, ubu ikibazo kiri mu Rwanda umwana arangiza kaminuza ariko nta cyizere ko azabona akazi, njye nzakora ibishoboka ku buryo nzajya mpanga imirimo miliyoni imwe buri mwaka”.

Mpayimana kandi avuga ko ngo azaharanira ko buri muturage agerwaho n’ amafaranga ku buryo ngo ifaranga ritajya mu bantu bamwe.

Avuga ko ibi bizatuma ikibazo cy’abana bo mu muhanda gikemuka cyane ko ngo abana bari mu mihanda babiterwa n’uko mu miryango yabo nta mafaranga aba ahari.

Icyo abaturage bavuga kuri Mpayimana

Bamwe mu baturage baganiriye n’iki kinyamakuru, bavuze ko ngo biteguye kumutora niba koko ibyo avuga azabikora.

Mukeshimana Marceline wo mu Karere ka Nyanza, w’imyaka 50, we yagize ati “twamwishimiye kuko twumva ashaka kutugezaho ibyo tutarageraho, nk’ubu ndi umukene abana banjye babura uko bajya ku ishuri, numvise ko abana azabafasha kwiga nta mwana wirukanwe kuko yabuze amafaranga yo kurya. ‘

Sindayigaya Elizafani ukora ubucuruzi buciritse mu mujyi wa Nyanza we yagize ati’ kuba twarabuze imyenda ya caguwa biratubangamira, numvise we azadufasha ko iyi myenda idacika.’

-7259.jpg

Byari biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru, Mpayimana Phillippe akomereza mu Karere ka Huye.

2017-07-16
Editorial

IZINDI NKURU

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Editorial 05 Apr 2020
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Editorial 03 Sep 2017
Impano y’imodoka  ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church  yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Impano y’imodoka ya V8 Apôtre Masasu yahawe n’abakirisitu basengera muri Restauration Church yavugishije benshi ‘ Amangambure ‘

Editorial 23 Aug 2017
M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Editorial 07 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo
Amakuru

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Editorial 05 May 2023
Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali
Mu Mahanga

Abapolisi b’u Rwanda muri Haiti bambitswe imidali

Editorial 18 Jun 2016
Umuhanzi  Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kidum ngo yaba yararogewe mumujyi wa Bujumbura

Editorial 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru