• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 08 May 2016 Mu Mahanga

Abayobozi ba Paruwasi zigize Itorero Peresibiteriyeni mu Ntara y’Uburasirazuba (Eglise Presbytérienne) n’abagore bahagarariye bagenzi babo muri izo Paruwasi, biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, irikorerwa abana, ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, n’ibindi byaha.

Ibi babyiyemeje ku itariki 3 Gicurasi mu kiganiro bagiranye na Inspector of Police (IP) Marie Gorette Uwimana, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Rwamagana.

Icyo kiganiro yakibahereye mu kagari ka Cyanya, ho mu murenge wa Kigabiro, bakaba bari bahahuriye kugira ngo bungurane ibitekerezo na Polisi y’u Rwanda ku ruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

IP Uwimana yababwiye ko gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, gusambanya abana , amakimbirane yo mu ngo, gufata ku ngufu, bikorwa ahanini n’abanyoye ibiyobyabwenge nka Kanyanga n’urumogi, maze abasaba gukangurira abantu muri rusange kutabinywa, kutabicuruza, no kutabikwirakwiza, kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Yababwiye ati:”Mu bayoboke banyu harimo urubyiruko rwinshi. Mujye murusobanurira ko hari abantu bizeza urubyiruko ko bashobora kuruha akazi cyangwa kurushakira amashuri meza mu mahanga. Igihe muvugana na rwo kuri iyi ngingo, mujye mubasobanurira ko baba bashaka kujya kubacuruza muri ibyo bihugu, aho babakoresha imirimo ivunanye nta gihembo.”

IP Uwimana yasabye kandi abo bayobozi b’iri torero kujya baganiriza abayoboke babo ku burenganzira bw’umwana babasobanurira ko abana bafite uburenganzira bwo kubaho, kwandikishwa igihe avutse, kuvuzwa, kumenya ababyeyi be, kurindwa ivangura, kurindwa gushimutwa, kurindwa gucuruzwa, kugaragaza igitekerezo, kuruhuka, n’ubwo kwidagadura.

Yabasabye gukangurira abafite abana baretse ishuri kuribasubizamo, kandi bakirinda ikintu cyose gishobora gutuma bongera kurivamo.

Umwe muri abo bayobozi b’iri torero witwa Mukamakuza Teddy, akaba ayobora Paruwasi ya Rwamagana yagize ati:”Gukumira ibyaha ni imwe mu mahame y’Itorero ryacu. Urumva ko ibyo dukora bifite aho bihurira n’inshingano za Polisi y’u Rwanda.”
Mukamakuza yakomeje agira ati:”Mbere y’uko abantu baba abayoboke bacu; ni abenegihugu. Inshingano zacu ni ukubigisha kwirinda icyaha aho kiva kikagera kugira ngo babe Abakristu nyabo, bifitiye akamaro, kandi bagafitiye imiryango yabo n’igihugu muri rusange.”

Yavuze ko ubutumwa bahawe bwo gukangurira abantu kwirinda ibyaha azabugeza ku bayoboke ba Paruwasi abereye umuyobozi, no ku bandi bantu muri rusange.

RNP

2016-05-08
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Nyuma yo kutageza ikipe ya Togo mu mikino y’igikombe cy’Afurika cya 2021, umutoza Claude Leroy yahise yirukanwa

Editorial 30 Mar 2021
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza  mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umwongereza mudasobwa n’ibindi bintu bye byari byibwe

Editorial 24 Jun 2016
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Editorial 14 Jun 2019
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Editorial 11 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Editorial 28 Aug 2016
Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.
Amakuru

Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Editorial 29 Jun 2021
Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Editorial 06 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru