• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Ibintu bitanu wasigarana ku mukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports

Editorial 13 Dec 2018 IMIKINO

Amateka yakomeje kwandikwa, imyaka ibiri n’amezi arindwi Rayon Sports iyimaze idatsinda APR FC muri shampiyona ndetse ishobora kwiyongera kuko yongeye gutsindwa 2-1 birimo igitego cy’intsinzi cyabonetse ku munota wa nyuma.

Muri uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, hari byinshi abakunzi b’umupira w’amaguru batabonye ariko byinjiye mu mateka y’uyu mukino.

Itsinda ry’abanyamakuru b’imikino ba IGIHE,  dukesha iyi nkuru, bagukusanyirije ibintu bitanu wazirikana kuri uyu mukino waraje mu marira abafana ba Rayon Sports.

Issa Bigirimana yinjiye mu mateka 

Rutahizamu ukomoka i Burundi wageze muri APR FC muri 2013, akomeje kubabaza abakunzi ba Rayon Sports kuko nubwo adasanzwe atsinda ibitego byinshi muri shampiyona, iyo ageze kuri mukeba asya atanzitse.

Mu makipe make atsinda kuko igitego cya mbere yatsinze Rayon Sports kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018 cyabaye icya gatanu yinjije mu izamu ryayo.

Issa Bigirimana yakuyeho agahigo ka Masudi Djuma wari umukinnyi wa APR FC watsinze Rayon Sports ibitego byinshi kuko ubu bose baranganya ibitego bitanu muri uyu mukino w’amateka.

Michael Sarpong yabaye uwa mbere utsinze APR FC igitego mu mikino 10 ishize y’amarushanwa ya FERWAFA

APR FC yari imaze imikino icyenda y’amarushanwa ya FERWAFA, irimo umunani ya shampiyona n’umwe wa Super Cup itinjizwa igitego ahubwo itsinda 2-0 gusa.
Yaherukaga kwinjizwa igitego tariki 15 Kamena 2018 nabwo mu mukino batsinzemo Rayon Sports 2-1, impozamarira ya Rayon Sports yari yatsinzwe na Kwizera Pierrot none bisabye amezi atandatu ngo iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda, yinjizwe igitego cyatsinzwe n’Umunya-Ghana Michael Sarpong.

Michel Rusheshangoga yibukije abakunzi ba APR FC ko akiri umwana wabo

Myugariro wo ku ruhande rw’iburyo Michel Rusheshangoga yakiniye APR FC kuva 2012 kugera 2017 anyura muri Singida United yo muri Tanzania, umwaka umwe yongera gusinyira APR FC tariki 15 Kanama 2018.

Kuva yayigarukamo yari atarabona umwanya wo gukina kuko ku mwanya we hakina Ombolenga Fitina uri mu bihe byiza.

Mu mukino bakinnye na Rayon Sports yagiye mu kibuga asimbuye Issa Bigirimana ku munota wa 82. Byamusabye iminota icumi gusa ngo atsindire ikipe ye igitego cy’intsinzi ku ishoti rya kure mu minota mike yari ahawe kuko mu mikino irindwi ya shampiyona yabanje nta mwanya yahabwaga.

Amakarita atukura akomeje kuba menshi mu mikino iyihuza na Rayon Sports

Uyu mukino uhuza abakeba muri shampiyona y’u Rwanda ukunze gukorwamo amakosa menshi atuma abasifuzi baha abakinnyi amakarita menshi arimo n’atukura kuko n’umukino APR FC yatsinzemo Rayon Sports, yawurangije ari abakinnyi bake kubera ikarita itukura yahawe Nizeyimana Mirafa ku munota wa 60 w’umukino.

Abakinnyi ba APR FC ntibakunze guhirwa kuko mu mikino irindwi iheruka guhuza aya makipe yombi irimo ine ya shampiyona, ibiri y’Irushanwa ry’Agaciro umwe wa Super Cup babonyemo amakarita atukura atanu, arimo abiri yahawe Muhadjiri Hakizimana, n’ayahawe Imran Nshimiyimana, Herve Rugwiro na Nizeyimana Mirafa.

Imifanire idasanzwe ku bafana ba APR FC

Abafana ba Rayon Sports kubera ubwinshi bwabo nibo bamenyereweho kuzana udushya mu mupira w’amaguru w’u Rwanda ariko mu mukino batsinzwemo na APR FC bakosowe n’itsinda ry’abafana bitwa ‘Intare za APR FC’, bazanye agashya ko gucana ibyotsi by’amabara bisanzwe bimenyerewe mu bihugu by’Abarabu.

Imifanire yo ku rwego rwo hejuru yari inogeye ijisho

2018-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Editorial 13 Jun 2023
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Editorial 14 Apr 2023
Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Editorial 29 Oct 2018
Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Editorial 13 Jun 2023
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Impinduka ku mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’umunsi wa 26, Kiyovu SC na APR FC zashyizwe ku munsi umwe

Editorial 14 Apr 2023
Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Editorial 29 Oct 2018
Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Kiyovu SC yatumije inama y’intekorusange yatangaje Koukouras Petros nk’umutoza mushya wayo

Editorial 13 Jun 2023
As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

As Kigali yatsinzwe na DCMP yo muri Congo ibitego 2-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu marushanwa ya CAF Confederations Cup

Editorial 17 Oct 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru