• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibitaravuzwe Kuri Jenerali Tumukunde, Inkomoko Y’urwango Na Kale Kayuhura

Ibitaravuzwe Kuri Jenerali Tumukunde, Inkomoko Y’urwango Na Kale Kayuhura

Editorial 12 Mar 2018 ITOHOZA

Ku gicamunsi cyo cyumweru tariki o4 Werurwe, Perezida wa Uganda Yoweli Kaguta Museveni yahinduye  abayobozi mu nzego z’umutekano . Yashyizeho Elly Tumwiine nka Minisitiri w’umutekano mushya na Mr.Okoth Ochola nk’umukuru w’igipolisi cya Uganda (IGP) ndetse na Brigadier Sabiti Muzeei wagizwe umuyobozi wungirije mukuru wa polisi (DGPO).

Aba bayobozi bombi bakuwe ku myanya yabo mu gihe byavugwaga ko bamaze igihe barebana ay’ingwe. Intambara yabo  yashyizwe  cyane mu itangazamakuru rya Uganda, hibandwa cyane kuri IGP Kale Kayihura,  bivugwa ko ayamakimbirane  afite umuzi  kuva mu 2005 ubwo Gen Kale Kayihura yataga muri yombi Gen Tumukunde wari watangaje amagambo yuzuyemo guharabikana umukuru w’igihugu Perezida Museveni

Icyemezo cyo gukura Gen Henry Tumukunde ku mwanya wa Minisitiri w’Umutekano, kije gikurikiye iminsi mike uyu mugabo ashimagije Dr Kizza Besigye, utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda nk’umuntu ufite ubudahangarwa mu gihugu.

Jenerali Kale Kayihura avugwaho ko nyuma yaho amaze kuba ubukombe mu gipolisi, yaramaze kwinjiza ba ofisiye benshi bo mu bwoko bwe, ndetse no gushyiraho uburyo bworohereje mu ikumira ry’ibyaha, utibagiwe n’abandi bakoraga nk’abanyerondo urugero nk’abamotari.

Kuva muri 2010, buri kintu mu  maso ya Museveni, ndetse n’ibindi bishyitsi muri Guverinoma ye batangiye gutekereza ko Kayihura agambiriye umwanya wa Museveni, icyakurikiyeho, kwari ugushakisha uburyo bwo kugabanya ububasha bwa Kayihura, ariko se ibi byari gukorwa nande? Akaba ari uko HenryTumukunde, umuvandimwe wa hafi w’umugore wa Museveni, Janet Museveni yagaruwe mu myanya.

Tukumunde akaba ariwe wahiswemo, kuko yari umwanzi wa Jenerali Kayihura kuva cyera, nambere y’ifungwa rye, kuko bo mbi baharaniraga gutoneshwa imbere ya Museveni.

Aba ba Jenerali kuba badacana uwaka, si ibya vuba aha, kuko byatangiye kuva muri 2005, ubwo Tumukunde yatabwaga muri yombi agashyikirizwa urukiko rwa gisirikare agakatirwa kubera ko yari yarakoresheje umwanya we, no gukwirakwiza amagambo yashoboraga guhungabanya u mudendezo w’igihugu.

Ubwo nibwo Tumukunde, wari  intumwa mu Nteko Nshingamategeko ya Uganda ahagarariye ingabo yaje gutangariza kuri Radiyo One agaragaza ko adashyigikiye igitekerezo cyo kuvugurura itegeko nshinga, mu rwego rwo gukuraho za manda umukuru w’igihugu agomba kuyobora.

Muri icyo gihe, Tumukunde yishyiraga mu kaga, kuko yaharabikaga isura ye, nkumwe mu ntumwa za rubanda 10 zari zihagarariye inyungu z’ingabo. Ifatwa rye, ryakozwe, kubera Raporo yari yakozwe na Kayihura, icyo gihe wari ku ibere, kuko yari umujyanama wa Museveni mu byerecyeranye n’ibikorwa bya Gisirikare, kandi icyo gihe, akaba yari anashinzwe politike  mu gisirikare cya Uganda.

 

Résultat de recherche d'images pour "Gen.Tumukunde"

Tumukunde yatawe muri yombi aranakatirwa, yaje gukora uburoko bw’igihe cyirekire, abukorera ahitwa Kololo officers’ mess. Akaba ari no muri urwo rwego yaje no kubikirwa imbehe, avanwa mu Nteko Nshingamategeko.

Muri uwo mwaka kandi wa 2005, Kayihura nibwo yaje no kuzamurwa mu ntera, ahabwa ipeti rya Jennerali Majoro, ahita anashingwa kuyobora Polisi, ibiro yifashije mu gukandamiza nta mbabazi,  abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni.

Amakuru aturuka mu muryango we, avuga ko muri 2012, umuvandimwe wa Tumukunde wigiraga mu ishuri ryitwa Makerere University Business School yaje kwicwa n’uburozi, nyuma yo gufata ifunguro ryari ryateguriwe Jenerali. Nkuko amakuru ajyanye n’iperereza ry’urupfu rw’umuvandimwe we, ngo ubwo burozi bwari  bwaturutse mu nkoramutima za Kayihura.

Résultat de recherche d'images pour "Gen.Tumukunde"

Indi mpamvu yaba yaratumye Tumukunde agaruka mu kibuga, nuko Salim Saleh yashakaga umuntu wanga urunuka ubuyobozi bw’igihugu cy’u Rwanda, ariko cyane cyane yanga Perezida Kagame, kuko byavugwaga ko Kale yakoraga bya hafi n’ubuyobozi bwa Kigali, nta wundi rero wari wujuje ibyangombwa uretse kuzana Tumukunde, kuko urwango rwe rwatangiriye mu intambara y’ishyamba, na nyuma yaho mu rwego rw’ubutasi by’igisirikare, aho bombi baje gukorana.

Nyuma yo kugaruka mu kibuga, inshingano ye nyamukuru yari yo gusenya ibyagezweho na Kayihura, harimo no kuvanaho inzego zari zishinzwe gukumira ibyaha, amashyirahamwe ya bamotari yari azwi nka 2010, no gufasha mu gufata ba ofisiye bari bariswe inkozi z’ibibi, icyindi kandi yari anashinzwe guharabika isura ya Kayihura, mu maso ya rubanda, kugirango nibamara kumwirukana, rubanda ruzishime.

Iyi gahunda ikaba yarashyigikiwe na ba ofisiye benshi bo mu gisirikare nka Jenerali Majoro Mugira na Jenerali de Burigade Leopold Kyanda, kuko Kale yari yarigeze kubanyuzaho akanyafu.

Résultat de recherche d'images pour "Gen.Tumukunde shoot in fort portal"

Mu mwaka wa 2016 batora umudepite  uhagarariye urubyiruko  mu  burasirazuba bwa Uganda , amatora yabereye  Fortportal muri Kabarole district, Tumukunde baramurashe ku kaguru kibumoso , yari yagiyeyo kuko umuhungu we yarimo kwiyamamaza, byavuzwe ko yarashwe n’ abapolisi Kayihura yabwiye ngo bamurase.[ reba ku ifoto ].

Tuzakomeza kubacukumburira ibyaya makuru….

Cyiza Davidson

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Editorial 31 Jul 2018
Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Rwigemera, umwuzukuru wa Yuhi V Musinga yatabarutse

Editorial 20 Jan 2019
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018
Umuherwe Howard Buffet,   Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Editorial 30 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye
Amakuru

Abakandida bemewe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika bamenyekanye

Editorial 06 Jun 2024
Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye
Amakuru

Perezida Paul Kagame yifashishije umupira w’amaguru mu kwerekana uko amateka u Rwanda rwanyuzemo yatumye ruyavanamo amasomo atandukanye

Editorial 15 Mar 2023
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi
ITOHOZA

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Editorial 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru