• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2017 Amakuru

Umuryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside (Ibuka) uvuga ko ibihano bihabwa abafite ingengabitekerezo ya Jenoside bitajyanye n’iki cyaha.

Ibuka iravuga ko ubukana abakora ibi byaha bafite, bakwiye kuba bahanwa mu buryo bukomeye kuko ngo badakwiye gutandukanwa n’abakoze Jenoside.

Kugeza ubu abahamwe n’icyaha cyo kugira ingengabitekerezo ya Jenoside, bahanishwa kuva ku myaka 5-9.

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre uyobora Ibuka mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru , yavuze ko kugeza ubu mu Rwanda hagaragara abantu bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside mu buryo bakwiye guhagurukirwa.

Yagize ati “Kiriya cyaha cy’ingengabatikerezo ya Jenoside kigomba gufatwa nk’icyaha gikomeye cyane, kuko ingengabitekerezo ni na yo igenda yiyubaka igashyira Jenoside, nta gutandukanya abantu bafite ingengabitekerezo n’ababa bashobora gukora Jenoside, itegeko rihana ababonekaho icyo cyaha rigomba kuba ari itegeko rishyiraho ibihano bikomeye cyane, mbese ibihano koko bitanga amasomo, ibihano biriho ubungubu kuva ku myaka itanu kugera ku icyenda ubwabyo tubona ko bidahagije.”

Nubwo Ibuka itavuga ibihano yifuza ko byashyirwaho, gusa yerekana ko abakora amategeko bakwiye kubyongera ku buryo bibera isomo umuntu wabikoze ariko n’Abanyarwanda bakavanamo isomo.

Ibuka kandi yongeye kunenga uburyo bwo guhamya ufite ingengabitekerezo ya Jenoside bikorwa, ivuga ko bidasobanutse.

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre yunzemo ati “Ingingo bagenderaho ngo bavuge ko icyaha cyakozwe usanga bavuga ngo uwo muntu agomba kuba yakoze icyaha mu ruhame, urwo ruhame narwo turugiraho ikibazo, niba ubushashakatsi bwerekana ko ingengabitekerezo iri ku ishyiga, aha ho se itegeko rihagera rite? Abakora amategeko bakwiye kwicara bakareba uko bisobanuka kuko abafite ingengabitekerezo ni abahanga, bafata umwanya bakoresheje amayeri.”

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre yatanze urugero ngo mu Karere ka Ruhango, aho umwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’umurenge yahaga inzoga abarokotse Jenoside agamije kubamara gahoro gahoro.

Yagize ati “Hari umuyobozi w’Umurenge muri Ruhango, yagiye mu Mudugudu w’abacitse ku icumu, buri mugoroba akajya abashyira ijerekani y’urwagwa akanagamo na waragi agira ngo baryoherwe, abo bantu bifitiye intege nke bajyaga binywera kabavuga bati dore umuyobozi mwiza, nyamara nta muriro yari yabahaye, nta yandi majyambere yigeze abaha icyo we yari agamije byari ukubica buhororo, ikibazo gihari ni uko iyo myifatire ye idashyirwa mu bafite ingengabitekerezo ya Jenoside.”

Ibuka ivuga ko kugeza ubu kubera ko abapanze Jenoside bakanayishyirwa mu bikorwa benshi bari i Burayi kandi badafatwa, buri munsi usanga birirwa bavugana n’imiryango yabo iba mu Rwanda bityo kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside bikaba bikigoye.

-6335.jpg

Prof Dr Dusingizemungu Jean Pierre

Ibuka ivuze ibi mu gihe u Rwanda ruri mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23, hagaragaye ibyaha 24 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside nk’uko Polisi y’u Rwanda ibivuga.

Bimwe mu byaha bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside byagaragaye birimo gutema inka y’uwarokotse Jenoside mu karere ka Kicukiro y’uwitwa Mukurira Ferdinand bikaza kuyiviramo gupfa, mu karere ka Rubavu naho Polisi ikaba yarataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kuba ubwo bari mu gikorwa cyo kwibuka bo barahavuye basubira mu rugo gutwika inzu y’umukecuru warokotse Jenoside ufite imyaka 80.

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Editorial 28 Jan 2022
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Editorial 26 Sep 2025
Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel akomereje akazi mu ikipe yo mu kiciro cya kabiri avuye mu cya mbere muri Iraq

Editorial 29 Aug 2024
Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’
POLITIKI

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Editorial 11 Oct 2018
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.
Amakuru

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Editorial 12 Jun 2021
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko umutekano muri CHAN wabaye ntamakemwa

Editorial 08 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru