• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Editorial 25 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Burya umusazi koko arasara akagwa ku ijambo. Mu mahomvu menshi ibyihebe byo muri wa mutwe w’iterabwoba, RNC, byavugiye kuri “ZOOM” , tariki 24 Nzeri 2024, nibura byahishuye ko bimaze imyaka isaga 14 mu mwiryane ushingiye ku kurwanira imyanya, ngo bikaba byarashegeshe bikomeye imigambi yose yari igamije kurwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.

Muri icyo” kiganiro” humvikanyemo Frank Ntwari wahiritse Kayumba Nyamwasa ku butegetsi bwa RNC. Hari harimo kandi Faustin Rukundo, icyegera cya Ntwari, na Denis Serugendo, umunyamabanga mukuru w’ikiryabarezi.

Mu byo bavuze nta gishya kirimo kuko hafi ya byose byari bisanzwe ku Karubanda, ariko kuba byivugiwe na ba nyirubwite birashimangira ukuri kwari gusanzwe kuzwi.

Abo bose ubwabo bitangiye ingero zerekana ko kuva muw’2010 RNC ishingwa, yaranzwe no gusubiranamo bitewe n’icyo bise” kwikanyiza” kw’abasimburanye ku butegetsi, ndetse benshi mu batangije ako gatsiko k’ibisambo barirukanwa, abandi barasezera.

Havuzwe Gerard Gahima na mwenenyina Théogène Rudasingwa birutse rugikubita, bajya gushinga “New RNC” itaramaze kabiri. Hakurikiyeho Jean Paul Turayishimiye na Tabitha Gwiza, mbere y’uko Kayumba Nyamwasa, Jérôme Nayigiziki n’ agatsiko kabo berekwa umuryango.

Kugeza ubu abanyazwe ntawe uzi neza icyo baturamanye, nubwo hari amakuru avuga ko nabo barimo gutegura uburyo bazagaruka ku butegetsi bwa RNC.

Nubwo muri RNC babyita ” kumaranira ubutegetsi”, ntawe utazi ko mu by’ukuri ibyo byihebe bipfa ibisabano n’ibisahurano biva mu njiji z’abayoboke, bahora bizezwa ko ubutegetsi bw’uRwanda buri hafi guhirima, bakaza kugabagabana ibyo Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya, bo bacura imigambi yo kubisenya.

Abakurikiye urubanza rwa Callixte Nsabimana” Sankara” n’abahoze ari abarwanyi ba P5, mwiyumviye neza uburyo Kayumba Nyamwasa yanyereje imisanzu asaruza mu mpunzi, ubu akaba ari umuherwe utunze za rukururana, izo mpunzi zo zicira isazi mu jisho.

Gutunga agatoki ubwo busambo n’ubusahuzi ngo byanaviriyemo benshi mu bayoboke ba RNC kwicwa. Havugwa nka Abdu Nour Nsanzamaho, Abdul seif Bamporiki, Casmir Nkurunziza, Gabriel Kanyangoga, Mukarugwiza Petronile bitaga” Mama Bonheur”, n’abandi benshi barimo Ben Rutabana ngo waba yararigishijwe ku kagambane ka Nyamwasa n’abambari be.

Iyo nama yo kuri “Zoom” rero ngo yari igamije kwiyunga hagati y’ibyihebe bya RNC, ariko amagambo asesereza abayihozemo, abita “abibone bishakira ikuzo, badafite icyo bageza ku ihuriro”, nta cyizere cy’ubwiyunge atanga. Nta muntu wo ku ruhande rwa Nyamwasa wigeze akopfora.

Undi wahawe ijambo ni Bihemu JMV Ndagijimamna wo mu kindi kiryabarezi “RBB”, kitagira umutwe n’ikibuno. N’ikimenyimenyi abagitangije bagipanduye rugikubita, bashinja uwo Ndagijimana kutagira umurongo wa politiki ugaragara.

Ndagijimana ni umuntu n’abiyita” opozisiyo” batagirira icyizere, kubera kubura ubunyangamugayo mu migirire ye. Kumwiyambaza mu kiganiro rero, nabyo bikaba byarushijeho kwambika ubusa Frank Ntwari n’ibyihebe bigenzi bye.

Ngabo rero abantu bananiwe kwiyobora ubwabo, bakaba bumva bayobora Umunyarwanda w’iki gihe, wamaze kugaragaza ko atakiri “humiriza nkuyobore” . Icyiza ni uko RNC nayo yiyemerera ko ari impumyi isaba kurandatwa, bityo idashobora kurandata abandi.

2024-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Editorial 12 Jun 2018
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Editorial 13 Sep 2021
Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Editorial 05 Oct 2018
Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Editorial 19 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis
Amakuru

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Editorial 23 Jun 2023
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange
Amakuru

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Editorial 14 Oct 2020
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda
Amakuru

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Editorial 04 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru