• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Rushyashya yari iherutse kubanyurira mu byavugiwe mu biganiro hagati Yoweri K. Museveni n’ishumi ye Kayumba Nyamwasahe, aho Museveni yagayaga Nyamwasa ubushishozi buke bwatumye amabanga yabo ajya ahagaragara, ndetse bikaviramo abarwanyi ba RNC gutikirira mu ntambara bashatse gushora ku Rwanda, Bahise rero biyemeza guhindura umuvuno, ariko uzakomeza kubaviramo umuvumo.

Mu myanzuro yafatiwe muri ibyo biganiro, harimo gutangiza ikigo gihugura “abanyapolitiki” ba RNC, uyu ni wa mutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa, ugaterwa inkunga n’ubutegetsi bwa Uganda. Iryo shuri riherereye ahitwa BUGOLOBI, Street 21, mu murwa mukuru Kampala, ndetse icyiciro cya 12 kikaba giherutse kurangiza gutozwa ubugome n’ubugambanyi, bugamije kugirira nabi Abanyarwanda n’ Ubuyobozi bwabo. Icyo kigo kirindwa n’abantu biyoberanya, batoranywa n’uwitwa, Abel Kandiho ubwe, uyu akaba ari umuyobozi mukuru wa CMI, rwa rwego rw’iperereza rwa Uganda.

Magingo aya harategurwa gutangiza icyiciro cya 13, nk’uko bisanzwe abazakitabira bakaba ari Abanyarwanda baba mu nkambi z’impunzi aho muri Uganda, kimwe n’Abagande bafite inkomo mu Rwanda, batuye zaHoma, Mubende, Kiboga, Hoima , Kiboga, Nyakivara , Kakumiro, m’ahandi.

Agashya kandi, ubu noneho mu masomo bazahabwa harimo n’ayo gusesengura imyiteguro n’uko urugamba rwifashe, ngo kugirango batazongera kugenda giswa, bakibona bashiriye ku icumu nk’uko bisanzwe bibagendekera.
Abarangije bahise bahabwa inshingano yo gukwirakwiza urwo rwango muri Uganda, gusa amakuru dufite ni uko aho bageze benshi babamagana, bababwira ko batiteguye kujya mu ntambara bazi neza ko batazatsinda.

Abahuzabikorwa b’aya mafuti ni abitwa Sulah Nuwamanya Wakabirigi na Prossy Bonabaana, birirwa bazenguruka Uganda yose ngo barashakira RNC abayoboke, Bagenda mu modoka ya TOYOTA ALTEEZA, ifite ibara ry’ icyatsi kibisi cyijimye, na plaque UBB 294Y, ndetse baherutse guhabwa indi yo mu bwoko bwa SUBARU FORESTER isa n’umuringa, ikaba ifite plaque UAW 609R.Inkunga n’amabwiriza babhabwa na Frank NTWARI, muramu wa Nyamwasa uba muri Afrika y’Efo.

Mu buswa busanzwe rero, ubu noneho Museveni na Nyamwasa barashaka kwagura ibikorwa byabo, bakohereza abo bacengezi mu Rwanda, bazahabwa inshingano zo gukwiza amatwara yabo mu turere twose, bangisha abaturage ubuyobozi, ari nako babashishikariza kujya mu nyeshyamba za RNC.

Ukibaza rero ukuntu ibintu byabananiriye mu mahanga harimo na Uganda bisanzuramo, noneho bazabishobora mu Rwanda, hari abaturage bizeye ubuyobozi, bazi ubushobozi bw’inzego z’umutekano, kandi basobanukiwe ikiguzi n’agaciro k’amahoro n’umutekano.Niba koko bigisha abayoboke babo gusesengura imiterere y’umugambi wabo, bakawusobanukirwa neza, bagombye guhita babona ko ibyo barimo ari uguta igihe ndetse no kwiyahura, kuko ibyo barimo byose abashinzwe kubikoma imbere barara babimenye.Ibyo bategura si umuvuno ahubwo ni umuvuno.

2020-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Museveni yahaye RNC rugali  mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Uko Museveni yahaye RNC rugali mu bitangazamakuru bye guharabika u Rwanda

Editorial 05 May 2019
Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Uganda: Depite Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ yongeye kwibasira Perezida Museveni

Editorial 03 Mar 2018
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Editorial 22 Jun 2021
Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi

Afurika y’Epfo : Umwe mu bakekwaho kwica Dr. Dusabe Raymond yatawe muri yombi

Editorial 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Mar 2024
Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 23 Feb 2016
Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo
Amakuru

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Editorial 23 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru