• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Editorial 04 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Leta ya Somaliya yandikiye igihugu cy’u Burundi bakimenyeshako ingabo zacyo zitakiri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe muri Somalia (AUSSOM), ingabo z’u Burundi zibisikanye niza Etiyopiya yemerewe kohereza ingabo muri icyo gihugu.
Kuba ingabo z’u Burundi zihawe zirukanwe si uko ubutumwa burangiye ahubwo ni uko bananiwe kuzuza inshigano kubera abasirikari babo batateguwe neza guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba ndetse n’ibikoresho bidahagije. Byavuzwe kera ko kujya mu butumwa bw’amahoro muri Somalia u Burundi bwabifashe nko guhemba abashyigikiye CNDD FDD harimo n’imbonerakure kugirango babone kumafaranga atangwa na UN binyuze muri AU.

Kuva ingabo z’u Burundi zajya muri Somalia muri 2007, zapfushije abasirikari benshi mu bitero binyuranye aha twavuga:

Igitero cyo muri Gicurasi 2022 ahitwa El Baraf mu karere ka Middle Shabelle aho umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab wayigabagaho igitero maze hicwa abasirikari benshi bicyo gihugu. Leta y’u Burundi yemeye ko yapfushije abasirikari 30 gusa ariko hari amakuru avuga ko barenga 50

Muri Nzeli 2015, ahitwa Janaale, Al Shabaab yagabye igitero ku ngabo z’u Burundi ikoresheje intwaro zikomeye n’ibisasu biturika ingabo z’u Burundi zirenga 70 zihasiga ubuzima

Muri Ukwakira 2011, mu gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi mu murwa mukuru Mogadishu ingabo z’u Burundi zirenga 50 zarishwe maze imirambo y’abasirikari b’u Burundi bayikwirakwiza mu muhanda binyura ku mateleviziyo yisi yose. Nubu amafoto aracyari kuri Internet.

Hari ikindi gitero Al Shabaab yagabye ku ngabo z’u Burundi I Mogadishu ahahoze Kaminuza Nkuru y’igihugu maze ingabo z’u Burundi 11 zihasiga ubuzima.

Ikindi gitero cya Al Shabaab ku ngabo z’u Burundi cyabaye muri Ukuboza 2014 ahitwa Beledweyne, mu ntara ya Hiiraan ingabo z’u Burundi zihasiga ubuzima nubwo hatavuzwe umubare.

Ingabo z’u Burundi kuba zisezerewe harimo no guca ruswa kuko abasirikari bahabwaga igice cy’amafaranga yabo andi Leta ikayatwara ikayakoresha mu bikorwa bitandukanye harimo amatora. Intica ntikize abasirikari bake babonaga bayagabanaga n’abasirikari bakuru babaga barabashyize kurutonde cyane cyane ko abenshi batabaga bemerewe kujya kurutonde kubera ibikorwa byabo by’ubwicanyi.

Mbere yuko ingabo z’u Burundi zoherezwa muri Somalia zabanzaga koherezwa muri Congo kurwana n’imitwe irwanya icyo gihugu ndetse na M23, ariko kuri M23 hakoherezwa abasirikari b’Abatutsi bazwi nka Ex FAB murgihe abazwi nk’aba DD boherezwa muri Somalia ngo babone agatubutse.

Kuba u Burundi busezerewe muri Somalia ni igihombo gikomeye kuri icyo gihugu kuko yari imwe munzira nkeya icyo gihugu gikura amadevize.

Ubu inzira isigaye ni ugushaka amadevise ya Tshisekedi bohereza ingabo nyinshi zijya kurwanya M23, nubwo bahasiga ubuzima ku bwinshi ibyo ntacyo bibwiye Perezida Ndayishimiye kuko akayabo aba yagafashe mbere yizeza Tshisekedi intsinzi!
Ikigaragara ibibazo by’ubukungu iki gihugu cyari gifite biraza kwiyongera.

2025-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF

Abantu biyita ko ari abo muri M23 bahungiye mu Rwanda – RDF

Editorial 30 Jan 2017
Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Abanyeshuri b’Abanyarwanda b’Idini ya Isilamu biga muri Kaminuza biyemeje kuba abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya ibyaha

Editorial 29 Jul 2016
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Editorial 13 Jul 2022
Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Ku munsi wa Kabiri wa Shampiyona 2021-2022, ikipe ya AS Kigali yatsinze Kiyovu SC 4-0, yuzuza ibitego bitandatu itsinze itaratsindwa na kimwe

Editorial 03 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup
IMIKINO

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura
Amakuru

Ibihugu 6 byasezerewe mu gikombe cya Afurika 2022 birimo Algérie na Ghana, uko amakipe yakomeje muri 1/8 ndetse n’uko azahura

Editorial 21 Jan 2022
Angola:  Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna
INKURU NYAMUKURU

Angola: Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Editorial 02 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru