• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Editorial 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, ni icyumweru ngarukamwaka kibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho, kikaba cyatangijwe uyu munsi ku itariki ya 11 kikazasozwa ku itariki ya 16 Kamena, kikaba kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, aho gifite insanganyamatsiko igira iti:”Turengere umwana.”

Intego z’iki cyumweru ni ukwerekana akamaro k’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu gutahura no kwirinda ibyaha, gukangurira abaturage uruhare rwabo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, no kongera uburyo, imbaraga no gukorera hamwe mu gutanga serivisi nziza no kugeza ku bagenerwabikorwa ibibakorerwa.

Gutangiza iki cyumweru bikaba byabereye kuri sitasiyo ya Polisi imwe yatoranyijwe muri buri Ntara, aho mu ntara y’Amajyepfo, cyatangirijwe mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, mu Burasirazuba gitangirizwa mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana, mu Burengerazuba gitangirizwa mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu naho mu Majyaruguru gitangirizwa murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze.

Mu ijambo yavugiye mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana ahatangirijwe iki cyumweru mu ntara y’iburasirazuba, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Diane Gashumba yakanguriye ababyeyi kurera abana babo neza, bakabatoza indangagaciro za Kinyarwanda, bakabarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose kugirango ibyo u Rwanda rwagezeho bitazasenyuka.

-2934.jpg

Umuhango wo gutangiza ’Police Week’ mu mujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Umujyi n’uwa Polisi ubwo bari bagiye gutangiza igikorwa cyo gusibura’ Zebra Crossing

Aha yagize ati:”Babyeyi, tujyane abana bacu mu mashuri, tubarinde icyabahohotera, tubarengere kandi tubarinde ibibagusha mu ngeso mbi.”

Yakomeje kandi avuga ati:”Turabwira ababyeyi n’abayobozi batubahiriza inshingano zabo zo kurengera umwana, ko bakwiye kwisubiraho kuko nibitaba ibyo bazahanirwa kutita kubo babyaye cyangwa abo bashinzwe kurera.”

Minisitiri Gashumba yasoje asaba abari bitabiriye uyu muhango ko impanuro bahawe bazishyira mu bikorwa, anashima Polisi uko ihora ishakira umutekano n’imibereho myiza abanyarwanda.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere (DIGP) Juvenal Marizamunda, yashimye abitabiriye uyu muhango, ababwira ko kizasozwa ku itariki ya 16 Gicurasi ari nabwo Polisi y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 16 imaze ishinzwe.

Yashimiye abanyarwanda bose ubufatanye badahwema kugirira Polisi y’u Rwanda ngo igere ku nshingano zayo, aho yagize ati:”Tuzirikana ko umutekano ariwo shingiro rya byose, kandi Polisi y’u Rwanda ntiyabigeraho mutabigizemo uruhare. Mukomeze ubwo bufatanye maze twese hamwe duharanire kugira u Rwanda ruzira ihohoterwa kandi abanyarwanda bagire icyizere cy’ejo hazaza heza.

Yakomeje asaba abo baturage gutangira amakuru ku gihe y’icyahungabanya umutekano, anaburira abashobora gushaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, aho yagize ati:”Abashaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, bamenye ko inzego z’umutekano ndetse n’abanyarwanda bazima bari maso, bazatabwa muri yombi ntacyo barageraho. ”
Yasoje abasaba kuzagira uruhare mu igenda neza ry’ibikorwa byose bizaranga iki cyumweru, abanyarwanda bose bagafatanya mu kurinda ibyagezweho no kugera ku bindi byiza.

Mu ntara zitandukanye, abayobozi b’inzego z’umutekano, ab’intara, ab’inzego z’ibanze, abahagarariye inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abaturage benshi bakaba bifatanyije na Polisi y’u Rwanda mu gutangiza iki cyumweru.

Iki cyumweru kikaba kizibanda ku bukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubukangurambaga ku kurwanya icuruzwa ry’abantu, ubukangurambaga ku kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, n’ubukangurambaga ku kwirinda impanuka n’umutekano wo mu muhanda.

-2933.jpg

Ku rwego rw’igihugu, gutangiza iki cyumweru biteganyijwe kubera i Remera kuri Kigali Metropolitan Police Headquarters ku cyumweru tariki ya 12 Kamena.

RNP

2016-06-12
Editorial

IZINDI NKURU

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

APR VC na RRA WVC zegukanye Nyerere İnternational Tournament ryaberaga Tanzania

Editorial 16 Oct 2023
Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi  mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Editorial 21 Jun 2016
Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Bitunguranye Minisitiri w’ Ibidukikije mu Bufaransa yafashe icyemezo cyo kwegura

Editorial 29 Aug 2018
Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Editorial 12 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 16 Nov 2022
Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira  Igihugu  yarekuwe
Mu Rwanda

Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza ushinjwa kugambanira Igihugu yarekuwe

Editorial 27 Mar 2017
Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yageze ku ntego zo guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi?

Editorial 01 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru