• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Editorial 20 May 2018 HIRYA NO HINO

Meghan Markle, umugeni w’Igikomangoma Harry yambaye ikanzu ihenze mu bukwe bwabo bwahuje imbaga mu birori bidasanzwe byabereye mu Mujyi wa Windsor ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 19 Gicurasi 2018.

Ubukwe bwa Meghan na Harry bazeseraniye muri Chapelle ya St George muri Windsor, bwatashywe n’abantu barenga 120,000 ndetse bukurikirwa bidasanzwe ku mbuga zerekana amashusho na televiziyo nyinshi ku Isi.

Ishusho aba bageni bagombaga kugaragaramo ni kimwe mu byari bitegerejwe na benshi by’umwihariko ikanzu ya Meghan yari imaze igihe ihwihwiswa mu bitangazamakuru n’ibijyanye n’agaciro kayo.

Abantu bayibonye byuzuye ubwo yasohokaga mu rusengero ari kumwe n’umugabo we bavuye guhana isezerano ryo kubana akaramata. Ni ikanzu yakozwe n’Umwongerezakazi Clare Waight Keller ukora mu nzu y’Abafaransa ikomeye mu bijyanye n’imideli yitwa Givenchy.

Yasohoye itangazo agira ati “Ni iby’igiciro cyinshi kuba naragize umwanya wo kumenya mu buryo bw’umwihariko Meghan, ni urwibutso nzahorana. Inzu ya Givenchy nanjye turamwifuriza we n’Igikomangoma Harry ibyifuzo byose by’umunezero ku hazaza habo.”

Lucas Armitage uzobereye mu kwambika ibyamamare ku Isi, yabwiye ikinyamakuru Femail ko ikanzu ya Meghan yakozwe na Waight ibarirwa agaciro gakabakaba ama-Livre sterling 200,000 [arenga miliyoni 230 Frw].

Meghan yari yambaye ikanzu nziza cyane

Yavuze ako gaciro agashingiye ku buryo ikozwemo bwatumye Meghan agaragara ari umugeni uberewe ndetse arondora agaciro k’ibiyigize kuva ku gitambaro cyayo, abadozi bayikozeho, kurema ishusho yayo n’ibindi bitandukanye bituma igeza kuri ako gaciro.

Meghan yari yambaye ikamba rya ‘Diamond Bandeau’ ryambarwaga n’Umwamikazi Mary nk’ikimenyetso cy’umwe mu mihango ikorwa mu Bwami bw’u Bwongereza ku bakazana bawinjiyemo.

Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ka Meghan mu bukwe bwe n’Igikomangoma Harry

Agatimba Meghan yari yambaye kareshya na metero 4.5 zirengaho gato, kagiye kariho indabo zo mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino biri mu muryango wa Commonwealth ku Isi birimo n’u Rwanda nk’uko byatangajwe na Daily Mail.

Kadozwe hakoreshejwe intoki mu gitambaro cy’umweru kibonerana kandi cyoroshye ndetse karenzwaho indabo zirimo n’urwitwa Torch Lily (Kniphofia uvaria) runazwi nka Tritoma rwo mu Rwanda.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Meghan ari we wihitiyemo ko agatimba ke kadodwa muri ubwo buryo kagahuriza hamwe ubwiza bw’indabo zo mu bihugu 53 bya Commonwealth ndetse ngo ibirori byabo byashyizwemo umwihariko wo kuwibandaho cyane ko Igikomangoma Harry aheruka kugirwa n’Umwamikazi Elizabeth II, Ambasaderi w’Urubyiruko rwawo.

Kensington Palace yavuze ko Meghan “yifuje kugaragaza ko yishimiye gushyigikira ibikorwa bya Commonwealth mu guhuriza hamwe ibihugu biwugize mu ishusho y’ikanzu y’ubukwe bwe.”

U Rwanda rwakuwemo ururabo rwa ‘Tritoma’ mu zifashishijwe ku ikanzu ya Meghan, rwaherukaga gutorerwa kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.

Meghan asanzwe afite ishusho nziza ku Rwanda ndetse mbere y’uko yambikwa impeta yari yarusuye. Yaherukaga mu Rwanda mu 2016 akiri Ambasaderi wa World Vision, akigera iwabo yavuze ko yagize “urugendo rw’agatangaza.”

U Rwanda ni kimwe mu bihugu bivugwa ko we n’umugabo we bashobora kuzariramo ukwezi kwa buki nubwo batarabyemeza. Ikinyamakuru Travel + Leisure giherutse gutangaza ko by’umwihariko nibaramuka baharuhukiye, bazajya muri Pariki y’Ibirunga basure n’ingagi nk’inyamaswa Meghan akunda cyane.

Namibia, nayo iri mu bihugu bya Afurika aba bageni bashobora kuzajyamo nibamara gusezerana. Nibemeza urugendo rwabo muri Namibia bazaruhukira muri hoteli zigezweho zubatswe mu kibaya cya Hoanib Valley Camp.

Meghan na Harry bari bafite ibyishimo by’ikirenga

Umwamikazi Elizabeth II n’umugabo we Phillip

Harry na Meghan bahise bagirwa Duke na Duchess b’agace ka Sussex

Ibi birori byahuruje imbaga ku nkike z’imihanda abageni banyuzemo

Meghan na Harry bakoze ubukwe bw’amateka

Harry na Meghan bakoze ubukwe bw’agatangaza, hanze y’urusengero hari imbaga ibarirwa mu bihumbi ijana

Bamaze gusezerana bagiye kwiyereka abaturage

Harry na Meghan ubwo bambikanaga impeta

Meghan na Harry basezeranye kuzabana iteka

Igikomangoma Charles, Camilla wa Cambridge, igikomangoma Andrew n’igikomangoma Beatrice ndetse na Eugenie

Musenyeri wa Canterbury ni we wasezeranyije Meghan na Harry

Meghan Markle n’umubyeyi we Doria bari mu byishimo bidasanzwe

Meghan yishimye cyane ku munsi w’ubukwe bwe

Nyuma y’uko Thomas Markle abuze imbaraga zimujyana mu Bwongereza, umukobwa we yajyanwe mu rusengero n’igikomangoma Charles

Harry na William ubwo bageraga ku rusengero

Elton John araza kuririmbira abageni mu kwiyakira

Abantu bari bakubise buzuye ku mihanda igana ku rusengero

Meghan Markle ubwo yari mu modoka yerekeza ku rusengero

Meghan Markle n’umubyeyi we Doria bari mu byishimo bidasanzwe

Igikomangoma cya York, Sarah Ferguson

Umukinnyi wa filime Tom Hardy n’umugore we

George Clooney n’umugore we

David Beckham n’umugore we batashye ubu bukwe

Meghan na nyina Doria Ragland, ubwo bari bageze kuri liveden House Hotel ku mugoroba wo ku wa Gatanu

Ubwo Meghan yari ageze ku rusengero

Igikomangoma Charles ubwo yari ageze ahabereye ubu bukwe

2018-05-20
Editorial

IZINDI NKURU

Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Abarwayi batanu basanganywe Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda uba 75

Editorial 01 Apr 2020
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Editorial 24 Jun 2021
Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Ragga Dee agiye gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri agizwe Ambasaderi

Editorial 27 Jun 2018
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Editorial 29 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yakoreye umwitozo umwe mu Rwanda, yerekeje muri Nigeria
Amakuru

Amavubi yakoreye umwitozo umwe mu Rwanda, yerekeje muri Nigeria

Editorial 02 Sep 2025
Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana
Mu Mahanga

Kigali: Umupasiteri yafatiwe muri Lodge asambanya umwe mubo bafatanya umurimo w’Imana

Editorial 08 Jul 2016
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?
Amakuru

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Editorial 06 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru