• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Ikibazo cy’Ingutu hagati DONALD TRUMP n’Itangazamakuru

Editorial 26 Dec 2016 ITOHOZA

Perezida mushya wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika Donald Trump yaba afitiye inzika itangazamakuru kubera ukuntu ryitwaye mu gihe cyo kwiyamamaza ndetse n’igihe amatora yarimo aba. Guhangana kuri hagati y’itangazamakuru na Trump kwatangiye ubwo ibinyamakuru hafi yabyose bikorera kubutaka bw’Amerika byahaga amahirwe Hillary Clinton ndetse bikamutaka ubwo byinshi byarahagurukiye gusebya no guharabika Trump kuburyo bukomeye. Ibyinshi byatangiye no gutangaza ko Clinton ariwe uzatsina ko bidashidikanwaho ngo ndetse afite nka 95% by’amajwi. Ibi rero byababaje Trump kuburyo bigaragara ko umujinya utaracururuka.

Ubusanzwe iyo perezida wa Amerika atowe, aba agomba guhura n’itangazamakuru vuba bishoboka akagira icyo atangaza kuri gahunda ye n’abo bazakorana. Icyatunguranye ni uko Donald Trump akimara gutorwa yaricecekeye mu gihe itangazamakuru ryamusabye guhura nawe yahisemo gutumira abayobozi bakuru b’ibitangazamakuru bikomeye abatumira iwe maze icyo yabakoreye ni ukubatuka akabatukuza mugihe bari bangiye ibifata amashusho kuza muri uwo mwiherero.

-5154.jpg
Ibinyamakuru yibasiye harimo Huffington Post yababwiye izuba riva ko azi neza ko batamukunda ko bitazamubuza kuyobora Amerika. Nanone yatunze agatoki CNN abita inzobere z’ikinyoma kuburyo umuyobozi mukuru wayo yashatse gusohoka bakamubuza. CNN ngo ishobora kuba yararengereye kuko umunyamakuru wayo Brian Stelter yavuze ibintu bibi cyane arwanya Trump noneho abonye ko yanatowe avuga ko Amerika iri mubihe bidasanzwe ko igiye guhura n’akaga “National emergency” kubera ko Trump yatowe.

Kugeza ubu Donald Trump atangaza ibyo ashaka akoresheje TWITTER ye nabwo ntarenze inyuguti 140 cg se ushinzwe itangazamakuru mu biro bye yandika itangazo akaritanga hanyuma itangazamakuru rigakoresha ibyo.

Taliki 15 Ukubona nibwo yari yemeye guhura n’itangazamakuru kugira ngo yerekane anavuge kuri gahunda azagenderaho mugihe azamara munzu yera (White House) nyuma itangazamakuru ritungurwa no kumva gahunda ihinduriwe igihe batabwiwe.
Ubusanzwe bizwi ko Amerika ifite itangazamakuru ritarya iminwa kandi ryigenga ariko ibyo ntibyigeze bikanga uyu mu perezida w’umuherwe.

-5155.jpg
Iyi myitwarire yatangiye guhangayikisha itangazamakuru cyane ababa bafite ibiro bihoraho imbere muri White House kuko bituma babona amakuru kuburyo bwihuse kandi biboroheye. Si aba gusa, itangazamakuru muri rusange ryahise ryibaza cyane kuri iyi myitwarire ishobora kuzatuma habaho guhangana gukomeye hagati yabo n’imiyoborere ya Trump.

Hagaragaye itandukaniro n’abamubanjirije nka Obama na George Bush.

Byagaragaye ko yagize imyitwarire itandukandi nabamubanjirize, kuko George W.Bush yahuye nitangazamakuru hashize iminsi ibiri gusa atowe ababwira kuri gahunda ye n’abazamufasha kuyobora Amerika. Mbere yuko yinjira muri White House akaba yarakoze ibiganiro bigera kuri 11 akimara gutorwa.
Naho Obama we yagiranye ibiganiro n’abanyamakuru kenshi gashoboka ndetse akanahura nabo mu mwiherero. Yagiranye ibiganiro n’itangazamakuru inshuro zigera kuri 18 muri rusange.

Ishyari hagati y’ibitangazamakuru!!

Ibi nubwo bivugwa hari ibitangazamakuru byashoboye gucengera bigirana nawe ibiganiro byihariye ibi bikaba ari ibitangazamakuru bitamututse cyangwa ngo bimusebye igihe cy’amatora. Gusa nabyo byagombaga kubanza gutanga ibibazo biri bubazwe, ikitari kuri gahunda wakibaza Trump akaguca amazi. Umujyana we Kellyanne Conway yabajijwe na ABC kuri iyi myitwarire asubiza ko igihe kizagera bakajya babona perezida mugihe gikwiriye.

Twabibutsa ko Donald Trump aheruka kugirana ikiganiro n’abanyamakuru taliki 27 Kamena 2016 I Miami area-golf ubwo nabwo yatunguye abantu asaba igihugu cy’Uburusiya kumufasha kuvumbura inyandiko zigera 30.000 zabuze zaregwaga Hillary Clinton bari bahanganye.

-5156.jpg
Kuva taliki 27 Kamena perezida watowe Donald Trump amaze kohereza twetters zirenga 1000. Ikirimo kuvugwa ubu akaba ari ukuntu yatangaje kuri twitter ko Amerika igiye kuvugurura ibitwaro bya kirimbuzi (nuclear arms) bikaba ngo byatunguye abashinzwe umutekano cyane iperereza muri Amerika ndetse byateye ubwoba n’ibindi bihugu kubera ko bigiye gutuma habaho irushanwa mugukora ibitwaro bya kirimbuzi aho kugira ngo bigabanuke.

Hakizimana Themistocle

2016-12-26
Editorial

IZINDI NKURU

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Gabon: Abasirikare bagerageje guhirika ubutegetsi batawe muri yombi

Editorial 07 Jan 2019
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016
Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro  FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Burundi: Inteko y’imitwe yitwaje intwaro FDLR, RNC n’Imbonerakure mu Intara ya Cibitoki igamije guhungabanya umutekano w’ u Rwanda.

Editorial 22 Mar 2019
Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Uko Alexis Sinduhije, umukuru w’ishyaka MSD ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yangiwe kwinjira mu Burayi

Editorial 06 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Editorial 12 Mar 2018
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda
Amakuru

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2025
Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )
POLITIKI

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Editorial 10 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru