• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

I&M Bank na BRD zagurijwe miliyoni 24 z’amayero zo gushyigikira ishoramari ry’abikorera

Editorial 20 Feb 2018 UBUKUNGU

I&M Bank-Rwanda na Banki itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), zasinye amasezerano y’inguzanyo angana na miliyoni 24 z’amayero yatanzwe na Banki y’ishoramari y’u Burayi (EIB); akazazifasha gushyigikira ishoramari ry’abikorera mu Rwanda.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri, arimo miliyoni 10 z’amayero zahawe I&M Bank n’izindi miliyoni 15 z’amayero zahawe BRD, bikiyongeraho ubufasha mu bya tekiniki buzatuma iyi nguzanyo ikoreshwa neza.

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya EIB muri Afurika, Aziya na Amerika y’Amajyepfo, Maria Shaw-Barragan, yavuze ko atari ubwa mbere bashyigikira abikorera mu Rwanda, bityo kuba bakomeje kubikora ni ikimenyetso cy’uko byagenze neza mbere.

Yongeyeho ko hazibandwa ku bigo bito n’ibiciriritse bifite imishinga y’ubuhinzi, ubwubatsi, uburezi, inganda, ubukerarugendo n’ubwikorezi, kuko kubishyigikira ari ingenzi mu guhanga imirimo no kongera ubukungu n’iterambere muri rusange.

Yagize ati “Dushyigikira ubucuruzi buto n’ubuciriritse kuko ni igicumbi cyo guhanga imirimo ndetse n’umuyoboro utuma abaturage bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo.”

Mu 2008, EIB yari yagurije BCR yaje guhinduka I&M Bank, amayero angana na miliyoni eshatu; mu 2014 yongera kuyiguriza andi angana na miliyoni umunani z’amayero yo gutera inkunga imishinga itandukanye ibyara inyungu.

Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank, Robin Bairstow, yavuze ko iyi nguzanyo izatuma abashoramari bato n’abaciriritse hirya no hino mu gihugu bagerwaho bagahabwa amahugurwa n’inguzanyo zibateza imbere.

Yagize ati “Izatuma twongera abagerwaho na serivisi z’imari, kugabanya ikiguzi cy’inguzanyo ari nacyo cy’ingenzi mu bijyanye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu. Ikindi ni ubufasha mu bya tekiniki bizongera umubare w’abasaba inguzanyo kuko tuzanabasha kugera mu bice byose by’igihugu tugatanga amahugurwa.”

Nyuma yo gusinya amasezerano, Umuyobozi Mukuru wa BRD, Eric Rutabana, yavuze ko iyi nguzanyo izatuma iyi banki ishyira mu bikorwa umukoro ifite wo gushyigikira ubucuruzi buto n’ubuciriritse kubera akamaro bufite mu iterambere ry’ubukungu, guhanga imirimo, kongerera agaciro umusaruro no kugabanya ingano y’ibitumizwa mu mahanga igihugu gitangaho amadevize menshi.

Yagize ati “Miliyoni 15 z’amayero agiye gufasha ishoramari ryacu mu bucuruzi buto n’ubuciriritse, by’umwihariko twibanda mu by’ibanze bigize ubukungu birimo; inganda, ubuhinzi, ingufu no guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga.”

EIB imaze imyaka 40 ikora ibikorwa mu Rwanda. Mu myaka itandatu ishize gusa, yatanze inguzanyo ya miliyoni 87 z’amayero zahawe amabanki y’imbere mu gihugu ashyigikira ibigo by’ubucuruzi bito n’ibiciriritse. Iyi nguzanyo yatanze uyu munsi yitezweho guhanga nibura imirimo 3000 mu Rwanda.

Banki y’ishoramari y’u Burayi (EIB) ishyigikira ishoramari mu bihugu 28 bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Gusa no hanze yawo igerayo kuko 10% by’ibikorwa byayo biri mu bihugu 150 by’ahandi ku Isi yose, ni ukuvuga Miliyari umunani z’amayero ku mwaka, amenshi akaba ashorwa ku mugabane wa Afurika.

Mu myaka 10 ishize EIB yatanze miliyari zirenga 7.9 z’amayero mu ishoramari ry’abikorera muri Afurika.

2018-02-20
Editorial

IZINDI NKURU

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Editorial 10 Mar 2019
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Editorial 03 Jun 2019
U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

U Bwongereza burashima uko u Rwanda rwiteguye kwakira inama ya CHOGM

Editorial 18 Feb 2020
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]
INKURU NYAMUKURU

Umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda utumye Museveni agiye kwirukana Abanyarwanda muri Uganda nk’uko Obote yabikoze muri [19 82]

Editorial 22 Nov 2018
Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Editorial 13 Nov 2017
Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma
ITOHOZA

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Editorial 24 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru