• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Editorial 17 Jan 2018 UBUKUNGU

Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega mpuzamahanga cy’Imari (IMF) yemeje igice cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse, inasuzuma inama zizafasha ubukungu bw’u Rwanda gutera imbere (PSI Review)irazemeza.

Inguzanyo y’ingoboka(Standby Credit Facility) u Rwanda rwahawe ingana na miliyoni 25.8 z’amadolari (agera kuri miliyari 22 z’amanyarwanda). Aya mafaranga ni icyiciro cya nyuma cy’inguzanyo y’ingoboka u Rwanda rwatse muri Kamena 2016, yanganaga na miliyoni 204 z’amadolari.

U Rwanda rwayatse kugira ngo rwongere ububiko bw’amadovize, nyuma yo kugwa kw’ibiciro by’ibyoherezwaga hanze nk’amabuye y’agaciro n’izamuka ry’ibituruka hanze nka peteroli. Icyo gihe byongereye ikinyuranyo cy’ibyo u Rwanda rwohereza hanze n’ibyo ruvanayo.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Claver Gatete, yashimye iyo ngoboka n’inama IMF yagiye itanga, avuga ko byatumye ububiko bw’amadovize bwiyongera.

Ati “Guverinoma yishimiye inkunga ya IMF nk’inguzanyo y’ingoboka ndetse n’ingamba zashyizweho muri PSI byatumye amadovize yiyongera. Mu mezi 18 ashize, Guverinoma yashyize mu bikorwa ingamba zigamije kugabanya ikinyuranyo cy’ibyoherezwa mu mahanga n’ibivayo, ivunja n’ivunjisha ritajegajega, politiki y’ifaranga ihamye na gahunda ya ‘Made in Rwanda’ igamije guteza imbere ibyakorewe mu gihugu.”

Umuyobozi wungirije wa IMF, Tao Zang yashimye uburyo u Rwanda rwitwaye mu nama rwagiriwe ndetse n’inguzanyo y’ingoboka rwahawe.

Yagize ati “U Rwanda rwitwaye neza mu nkunga y’ingoboka ndetse n’inama za PSI, kandi igihugu cyagize iterambere rigaragara mu kugabanya ikinyuranyo cy’ibiva hanze n’ibyoherezwayo. Byatumye ubukungu busugira, binongera icyizere cy’izamuka ry’ubukungu mu gihe kirambye.”

Ubwizigame bw’amadovize y’u Rwanda bwarenze amezi ane nyuma yo kongera ingufu mu byoherezwa hanze no kugabanya ibivayo.

Inama za PSI, zihabwa igihugu mu rwego rwo kubungabunga ubukungu bwacyo. Kuri ubu u Rwanda ruzigirwa mu nkingi enye zirimo Iterambere ry’Urwego rw’Abikorera, Guteza imbere ibyoherezwa hanze, uburyo igihugu cyishakamo ubushobozi ndetse n’iterambere ry’urwego rw’ubukungu.

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Editorial 18 May 2018
Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Rusizi: Abasaga 5000 ntibazongera kunywa amazi y’ibishanga

Editorial 26 Nov 2017
Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Minisitiri Shyaka aributsa ko ibicuruzwa by’i Burundi na Congo bihawe ikaze

Editorial 03 Jun 2019
U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

U Rwanda rwemeye gutanga miliyoni $2.5 muri miliyari $14 zizakoreshwa na Global Fund

Editorial 11 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira  mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato
ITOHOZA

Nyuma yo gutangaza amakuru nta burenganzira mu ijoro ryakeye Serge Ndayizeye bari bamwivuganye habura gato

Editorial 14 Sep 2016
Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8
IMIKINO

Umuryango wa Rayon Sports wahombeje ikipe miliyoni zireng a 250 mu mezi 8

Editorial 07 Mar 2016
Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batatu barokotse abakozi b’inzego z’umutekano za Uganda bari bitwaje Kalashnikov

Editorial 11 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru