• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Editorial 05 Feb 2025 Amakuru, IMIKINO

Guhera kuri uyu wa Kane, haratangira imikino yo kwishyura muri shampiyona y’u Rwanda nyuma yaho imikino ibanza yarangiranye n’umwaka wa 2024.

Muri uko gusozwa kw’igice kibanza cya shampiyona amakipe aba yemerewe kugura ndetse no kugurisha aabakinnyi nk’uko impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi ibiteganya.

Muri icyo gihe cyo kwiyubaka kw’Amakipe ya hano mu gihugu, amakipe atandukanye yinjije abakinnyi ngo babafashe muri iki gice cy’imikimo yo kwishyura.

Muri iyi nkuru, turagaruka ku bakinnyi bagiye bajya mu makipe akina ikiciro cya mbere ndetse n’abagiye barekurwa.

Rayon Sports

Ku munsi wa nyuma wo kugura abakinnyi, ikipe ya Rayon Sports yerekanye rutahizamu mushya Abeddy Biramahire wakiniraga Clube Ferroviário de Nampul yo muri Mozambique, Umunya-Cameroun Assana Nah Innocent n’Umunya-Mali Souleymane Daffé ukina hagati yugarira, wakiniraga Provenance de Salitas yo muri Burkina Faso.

Yasinyishije kandi rutahizamu Jaló Adulai wo muri Guinée-Bissau wakiniraga Benifica Sporting Clube de Bissau y’iwabo, wahawe amasezerano y’umwaka umwe n’igice.

Nubwo yasinyishije bane, Rayon Sports yarekuye rutahizamu Rudasingwa Prince wagiye muri AS Kigali na myugariro w’ibumoso, Ishimwe Ganijuru Elie watijwe muri Vision FC.

APR FC

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu yiyubatse ihereye kubakinnyi bakomoka muri Uganda, yaguze

abakinnyi babiri ari bo Denis Omedi na Hakim Kiwanuka, nyuma yongeraho n’undi rutahizamu Cheikh Djibril Ouattara wo muri Burkina Faso.

APR FC kandi, yongeye kugirira icyizere Umurundi Nshimirimana Ismaël ’Pitchou’, wari warasezerewe, kugira ngo agaruke azayifashe mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona.

APR FC kandi yarekuye Abanya-Nigeria Nwobodo Johnson Chidiebere na Godwin Odibo, ndetse yatije Kategaya Elie muri Vision FC na Ishimwe Jean-René muri Marines FC kugira ngo barusheho kubona umwanya wo gukina.

AS KIGALI

Ikipe y’abanyamujyi yo yasinyishije Haruna Niyonzima wananiwe kumvikana na Rayon Sports mu ntangiriro z’umwaka w’imikino.

Si uyu mukinnyi gusa, ahubwo iyi kipe yongeyemo abandi babiri bakomoka i Burundi, ari bo Nibikora Arthur na Jospin Nshimirimana wasinyishijwe na Kiyovu Sports ariko akayivamo adakinnye kubera ibihano yafatiwe na FIFA.

Ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha, iyi kipe yabashije kubona Rudasingwa Prince wari umaze iminsi adakina muri Rayon Sports kubera imvune.

POLICE FC

Police FC ntabwo yaguze abakinnyi benshi kuko yinjijemo rutahizamu ukina anyuze mu mpande, Byiringiro Lague, imukuye mu myanya y’intoki y’abayobozi ba Rayon Sports.

KIYOVU SC

Ikipe y’Urucaca ntabwo yaguze abakinnyi bigendanye n’ibihano yafatiwe na FIFA, icyo yari yemerewe kwari ugutira abakinnyi mu makipe atandukanye.

Kiyovu SC yatijwe na Intare FC yo mu Cyiciro cya Kabiri Niyo David na Shema Thierry bakina hagati mu kibuga, Uwineza René usatira aca mu mpande ndetse na Dusengumuremyi Bertrand ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso.

Aba bakinnyi biyongera kuri Tabou Tegra Crespo bari basanganywe mu ikipe y’Abato.

Mukura vs

Mukura VS yo mu Karere ka Huye yarangije imikino ibanza itsindira Rayon Sports kuri Stade y’Akarere ka Huye, ibona bidahagije ikomeza gushaka abakinnyi bayifasha kurushaho.

Yahaye ikaze Destin Exaucé Malanda wari utandukanye n’Amagaju FC na Ayilara Samson Oladosu wakiniraga Setraco FC yo muri Ghana.

Amagaju FC yo mu Karere ka Nyamagabe kandi, na yo ntabwo yatanzwe ahubwo yerekeje hanze y’u Rwanda ikurayo Bosuandole Bokwala, Kwadravelle Innocent, Wesunga Nasuru, Kasereka Musayi bo muri RDC na Twizeyimana Innocent.

Undi wasinyiye iyi kipe ni Umunye-Congo Kasereka Musayi Agir wakinaga muri AS Nyuki.

Rutsiro FC yerekeje ku isoko ry’abakinnyi ibenguka Ndusha Shabani Musa wakiniraga Al Massafi yo muri Iraq na Sanga Balende wo muri RDC ukina asatira izamu anyuze mu mpande.

Ngendahimana Eric wakiniraga AS Kigali na Dushimimana Eric wari muri La Jeunesse, bahawe ikaze muri Bugesera FC, bakurikirwa na Habineza François waguzwe n’iyi kipe nk’umunyezamu mushya imukuye muri Etoile de l’Est.

Muhazi United FC yo mu Ntara y’Iburasirazuba yungutse rutahizamu mushya yaguze muri Ghana, Joseph Otu, uzafasha iyi kipe mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona.

Yaje ahasanga mwenewabo Emmanuel Boahen, Umurundi Shaka Tresor n’Umunye-Congo Potty Mosimango Fiston.

Ku munsi wa nyuma wo kugura abakinnyi, Musanze FC yasinyishije Owusu Osei, Batte Sheif na Rashid Mchelenga.

Marine FC yatijwe Ishimwe Jean René wari muri APR FC mu gihe cy’amezi atandatu asigaye ngo uyu mwaka w’imikino urangire.

2025-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Byahuriranye? Rayon Sports yatandukanye n’umutoza Afahmia Lofti, Paul Muvunyi atumiza inama y’intekorusange

Editorial 15 Nov 2025
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Editorial 09 Dec 2020
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Editorial 23 Apr 2021
Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Nizeyimana Olivier wayoboraga FERWAFA yeguye kuri uwo mwanya kubw’impamvu ze bwite

Editorial 19 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15
ITOHOZA

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Editorial 03 Mar 2017
U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rurasaba Uganda guhagarika mu maguru mashya imikoranire na RNC ya Kayumba Nyamwasa, amazi atararenga inkombe

Editorial 13 Jun 2019
“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila
INKURU NYAMUKURU

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

Editorial 22 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru