• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Editorial 16 Aug 2024 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI

Ubwo tariki 14 Kanama 2024 yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe n’abadepite, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanagarutse ku mikorere mibi y’amwe mu madini n’amatorero mu Rwanda, ndetse yanaviriyemo insengero hafi 6.000 hirya no hino mu Rwanda, gufungwa.

Iri fungwa ryakuruye impaka ndende, ariko zishingiye gusa ku marangamutima, kuko buri rusengero rwafunzwe rweretswe ibyo rutujuje kandi biteganywa n’amategeko, ariko kubera ko ariho benshi bahahira, bavuza induru biratinda.

Hari na bamwe muri abo” bakozi b’Imana” bumvikanye bavuga ko bafungiwe ” Muzehe atabizi”, ko aho azabimenyera azabakomorera!

Abibwiraga ko inzego zabafungiye zaba zaramuciye mu rihumye, Perezida Kagame yababwiye ko rwose azi neza imiterere y’ikibazo, akibaza ahubwo uko zari na mbere yo gufungwa zari zaremerewe gukora, kugeza ubwo zirusha ubwinshi amashuri, amavuriro n’ibindi bikorwaremezo nkenerwa mu buzima bwa buri munsi bw’Igihugu.

Nk’uko umukuru w’Igihugu yabisobanuye, biratangaje kubona mu gihe uRwamda rugezemo, tugifiye amamiliyoni y’abaturage bari mu buyobe bwo gushingira ubuzima ku buhanuzi bw’ikinyoma, aho kubushingira ku murimo no kubyaza umusaruro gahunda z’itetambere Leta igenda ishyiraho.

Perezida Kagame yagaragaje ko bibabaje gufatirana umuturage mu myumvire iri hasi, ukamubuza gukora umwizeza ko azatungwa n’ibitangaza bivuye mu ijuru, kandi ikibabaje kurushaho, warangiza ukamucuza na duke yari afite, umwaka amaturo.

Kuri ubwo bumamyi bukorerwa abaturage, niho Perezida wa Repubulika yasabye abadepite gutora itegeko rishyiraho umusoro ku madini n’amatorero, ati:”Nibura iyo misoro izajya idufasha mu kugoboka abasizwe iheruheru n’ubwo bushukanyi”.

Koko rero iyo usesenguye imikorere y’ayo madini n’amatorero benshi bita “ay’inzaduka”, usanga bikwiye kwitwa “ubwambuzi bushukana”, ababufatiwemo bagahanwa nk’uko biteganywa n’amategeko.

Uretse ubukene, ubwo bushukanyi bunakurura amakimbirane mu miryango, aho usanga umugore, umugabo n’abana bashyamirana kubera ko umwe muri bo yasesaguye umutungo ngo aratura, maze umushumba, ” Apotre” cyangwa “Bishop” akigwizaho imiturirwa n’amamodoka ahenze, “benedata” bicira isazi mu jisho.

Hamwe no guhangana n’ingaruka z’ayo makimbirane, abo bakene nibo bahindukira bakabera Leta umutwaro. Kuki se hari abumva Leta yakomeza kurebera ba nyirabayazana b’ibibazo muri rubanda?

Uretse kugandisha abaturage bababuza gukora ngo imperuka yageze, hari n’aho bashishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, bababuza gutora no kwiyamamaza, gukora umuganda, kohereza abana ku ishuri, guterwa no gutanga amaraso agenerwa indembe kwa muganga, kuboneza urubyaro, n’izindi gahunda za Leta.

Hari umusomyi wa Rushyashya wagize ati:” Hari urusengero wageragamo ukaba wakwikanga ko ugeze muri mitingi ya Ingabire Victoire cyangwa iya FDLR”.

Aha rero niho Perezida Kagame afitiye impungenge ko abagizi ba nabi bashobora kwinjirira muri iyo mikorere, bagasenya ibyo Igihugu cyagezeho. Yagaragaje ko nyuma y’aho umwanzi ananiriwe guhungabanya umutekano w’uRwanda abinyujije mu nzira y’intambara, aramutse ahawe urwaho yanyura muri ayo madini n’amatorero, akadutobera.

Ikindi kigaragaza ko amwe muri ayo madini n’amatorero ari umuyoboro w’ibitekerezo bisenya, ni uko akimara gufungwa ibigarasha n’abajenosideri bari mu ba mbere bavugije induru, ngo ubuyobozi bw’uRwanda” bwakubaganiye Imana”.

Ese koko Ingabire Victoire, Nahimana Thomas, Musabyimana Gaspard, na bagenzi babo bo muri FDLR, nibo bakwiye gutanga isomo ry’iyobokamana?! Nibatuze, birazwi ko icyabababaje ari ugutakaza umuyoboro bacengerezagamo amatwara y’ubugambanyi.

Aganira n’ umwe mu miyoboro ya YouTube ikorera mu Rwanda, umwe mu barebwa n’icyo kibazo,” Apotre” Yongwe, nawe asanga hari hageze ngo Leta ihagurukire abo yise “abahanuzi b’ibinyoma”, kimwe n’abishushanya muri rubanda, bigira abakozi b’Imana kandi ari amashitani yigendera.

Mu by’ukuri, ntawe utazi akamaro ko gusenga, yewe nta n’ukwiye kwirengagiza akamaro gakomeye k’amwe mu madini n’amatorero mu iterambere ry’ uRwanda. Ariko nta n’ukwiye kwihanganira akajagari mu gihugu nk’uRwanda, giharanira kugendera ku mategeko.

Erega twibuke ko na Yezu ubwe yigeze gufunga insengero zari zarahinduwe inzu z’ubucuruzi!

2024-08-16
Editorial

IZINDI NKURU

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Editorial 31 Dec 2021
Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Editorial 19 Jun 2021
Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Editorial 25 Sep 2024
Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Icyizere ni cyose ko umubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo ushobora gufata isura nshya

Editorial 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye  gushyirwa mu bikorwa
Mu Mahanga

Kigali: Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bwatangiye gushyirwa mu bikorwa

Editorial 12 Aug 2016
Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo
Amakuru

Amahanga ashishikajwe n’amabuye ya Congo kurusha ubuzima bw’abanyekongo

Editorial 10 Mar 2025
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo
Amakuru

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Editorial 09 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru