• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
Paul Rusesabagina na Willis Shalita

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Editorial 23 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu minsi ishize mu Mujyi wa San Antonio, upfobya akanahakana Jenoside wibera muri Texas ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika Paul Rusesabagina niwe wari ufite ijambo nyamukuru ,mu muhango wiswe DREAM WEEK 2020 OPENING CEREMONY BREAK FAST.

Nkuko  bisanzwe, ubutumwa bwe ntibwigeze buhinduka, nk’umutekamutwe, atoranya ahari Abanyamerika baba batazi ibyabaye.

Za Kaminuza n’amashuli makuru, kuko baje kumutahura, kubera ibinyoma bye, ariko agenda yivuga ibigwi byo kuba yararokoye amagana y’abantu mu gihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi muri 1994 ubu ntashobora gukozayo ikirenge, bitewe nuko batita ku byo avuga.

Mu ntangiriro Rusesabagina yahawe umudari na Perezida George W Bush mu rwego rwo kugerageza guhisha kuba Amerika yarananiwe kugira icyo ikora mu rwego rwo guhagarika Jenosidde yarimo gukorerwa Abatutsi. Bityo akaba adakwiye kumenywa kubirebana nibyo yita uruhare rwe mu bikorwa by’ubigiraneza yiyitirira.

Inkuru ye ni icyinyoma cyambaye ubusa, ubutekamutwe, kandi akaba yibanda ku bantu baba bataratahura ibye, cyangwa se badafite icyo bazi ku byerecyeranye n’umugabane wa Afurika, n’URwanda by’umwihariko.

Birababaje, Abanyamerika bapfa kwemera buri cyintu cyose giturutse muri Hollywood, bityo filime HOTEL RWANDA ikaba yaratumye uyu mutekamutwe ahabwa ikarita y’umweru imuha amahirwe yo kubona akayabo k’amafaranga, mu maraso n’umubabaro by’Abanyarwanda.

Kuba Rusesabagina akomeje kwiyitirira ubutwari bwo kuba yararokoye ibikorwa by’ubugiraneza, ni igitutsi ku nzirakarengane zatakaje ubuzima bwazo, ndetse bikaba ni igitutsi kuri buri Munyarwanda.  Nyamara kandi niba yibagiza ko igiciro cy’ibinyoma bye ku Rwanda ko ari kinini. Ushobora kwiruka ariko ntushobora kwihisha ubuziraherezo.

Hakaba hari gihamya simusiga igaragaza ko MRCD Ishyaka yashinze afatanije n’abandi ritera inkunga mu rwego rw’amafaranga imitwe yiterabwoba ikorera muri Kongo Kinshasa n’UBurundi.

Byari bigoye kumva ibyo Rusesabagina yarimo avuga, noneho kandi ikibabaje kurutaho nuko byari byateguwe n’ Umunyafurika ukomoka muri Afurika y’Iburengerazuba mu gihugu cya Nigeria, ubwo namubazaga, yavuze ko byose byakozwe mu izina ryo kwishyira ukizana mu kugaragaza ibitekerezo.

Baloney. Nkaba nashyiraho intego ko atari kubona intege zo kwakira umunazi uhakana akanapfobya Jenoside yakorewe Abayahudi.

Bikaba byatera kwibaza impamvu ituma Abanyafurika bamwe na bamwe biyanga, bityo ntibite ku mubabaro w’Abanyafurika bagenzi babo?

Kuba Rusesabagina akomeje guhabwa urubuga muri Amerika ntibitangaje, cyane cyane muri icyi  gihe cy’ingoma ya Trump, aho bagendera ku moko babitewemo  ingabo mu bitugu n’ibiro by’umukuru wicyo gihugu, bityo igitekerezo cy’uko Tump yakongerwa manda gituma ndara ntagohetse.

Birababaje, kumva uyu mugabo ugenda ahembera urwango n’ubutekamutwe avuga ubwo yarabonye Abanyarwanda batahukaga ngo ni abashyitsi, akaba yarabyongoreraga abo bari  bicaranye nabo babajenosideri birumvikana n’izindi ntagondwa z’abahezanguni. Ubutumwa burumvikana neza, kandi no kuba imyumvire ya Rusesabagina yarangiritse yitwaje ko ngo yashakanye n’umututsikazi bityo akaba yibeshya ko byamuhanaguraho ibyaha bye. Ese ubundi ninde yita igicucu?

Ibinyoma by’umusubirizo buri gihe ntibishobora guhindura ukuri n’amateka yacu, bityo amateka yacu akaba adashobora kwandikwa no gusobanurwa n’igikuri mu bwenge nka Rusesabagina

Ni inshingano yacu kuvuga ibyatubayeho, niba imyaka 25 ari ikimenyetso, bityo amateka akazatugirira impuhwe, kuko tuzayandika.

Willis Shalita

2020-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Bamwe mu bakoresha amahano  Idamange Yvonne barazwi: Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard, abana b’abajenosideri bibumbiye muri Jambo ASBL, na bamwe mu banyamakuru bakorera mu Rwanda.

Editorial 13 Feb 2021
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Editorial 21 May 2025
Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Agasuzuguro k’Impuzamashyirahamwe y’abavoka bo mu Burayi karerekana imyumvire ishaje ya gikoloni. Ni gute bubahuka guha amabwiriza ubutabera bw’igihugu cyigenga?

Editorial 08 Jun 2021
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo k’ Urupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wirasiye muri Centrafrique
ITOHOZA

Urujijo k’ Urupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wirasiye muri Centrafrique

Editorial 09 Aug 2017
Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru
Amakuru

Ku myaka 23 y’amavuko uwahoze ari kapiteni wa Kiyovu Sports ndetse n’Isonga FA, Bonane Janvier yasezeye gukina umupira w’amaguru

Editorial 04 Oct 2021
Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema
ITOHOZA

Muhanga: Dr Munyakazi yagaragaje imyitwarire idasanzwe mu rukiko, atanga umugabo kuri Evode Uwizeyimana na Pierre Celestin Rwigema

Editorial 06 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru