• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Editorial 13 Dec 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yatangaje ko 80 % by’imyanzuro umunani y’inama y’Umushyikirano yabaye mu Ukuboza 2017, yashyizwe mu bikorwa uko byari byasabwe.

Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga inama y’Umushyikirano ya 16, Dr Ngirente yavuze ko umwanzuro umwe ari wo utarabashije gushyirwa mu bikorwa.

Yagize ati “Iyo myanzuro yagabanyijwe ibikorwa 56, muri byo 44 bingana na 80 % byashyizwe mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe. Ibikorwa 10 bingana na 18.2 % bigeze ku kigero kiri hagati ya 50 na 80 %. Igikorwa kimwe kingana na 1.8 % cyagendanaga no kuvugurura amashuri y’ubumenyi ngiro cyahuye n’imbogamizi nticyagerwaho ku gihe cyagenwe, ariko ubu imbogamizi zakuweho.”

Ku mwanzuro ujyanye n’uburezi, hashyizweho ibyumba 286 bikoresha ikoranabuhanga mu kwigisha (smart classrooms) mu mashuri 168 ndetse binashyirwaho umurongo wa internet yihuta.

Hubatswe ibyumba by’amashuri 922 n’ubwiherero bw’abana bugera ku 1341. Abarimu 62616 bahuguwe bijyanye n’imfashanyigisho nshya ishingiye ku bumenyi n’ubushobozi bw’umunyeshuri.

Hahuguwe kandi abarimu bahugura abandi 4417 mu myigishirize y’indimi. Hahuguwe abarimu 727 mu nzego zitandukaye z’imyuga.

Minisitiri w’Intebe yanavuze ko hakozwe isuzuma ry’ibikenewe kugira ngo ingengabihe y’amashuri abanza n’ayisumbuye izahuzwe n’umwaka w’amashuri makuru na za kaminuza.

Abana bagera ku bihumbi 55 533 bari barataye amashuri umwaka ushize bayasubijwemo.

Mu bijyanye n’ubuzima, abaganga 409 bakomeje amasomo yabo mu rwego rwo kongera umubare w’abaganga b’inzobere. Hateguwe kandi gahunda yo kujya kuvurira abaturage aho batuye, aho abaturage 145 000 bavuwe.

Mu buzima kandi hatangijwe gahunda yo gusana ibitaro bitanu harimo ibitaro bya Byumba, Gatonde, Gatunda, Munini na Nyabikenke.

Ku mwanzuro wo kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, havuguruwe igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ibihano by’ibyo byaha birakazwa.

Abana 4123 bahoze ari inzererezi baragorowe batozwa imyuga n’ubumenyi ngiro mu byiciro bitandukanye.

Mu bijyanye no kurwanya imirire mibi, hashyizwe imbaraga muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana bato hakorwa ubukangurambaga.

Abana 74 248 n’ababyeyi 13111 bo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe bahawe indyo zikungahaye ku ntungamubiri kugira ngo bagire ubuzima bwiza.

Mu bukungu, ingo 138 390 zahawe amashanyarazi binyuze ku murongo mugari. Ingo zisaga ibihumbi 61 zagejejweho amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Mu koroshya ishoramari, havuguruwe ibiciro by’amashanyarazi.

Ku mwanzuro wo kuzamura umuco wo kuzigama, hateguwe gahunda ihamye y’ubwizigame bw’igihe kirekire. Ku ikubitiro abasaga ibihumbi 30 bamaze kwiyandikisha, bamaze no kwizigamira agera kuri miliyoni 17.

Mu muco, handitswe igitabo ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Amashuri 18 mpuzamahanga akorera mu Rwanda kandi nayo yemeye gushyira isomo ry’Ikinyarwanda mu nyigisho zabyo.

Urubyiruko rusaga ibihumbi 55 rwanyuze mu rugerero ndetse abanyeshuri ibihumbi 52 basoje amashuri yisumbuye bakoze ibikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye inzu, ubwiherero, ibigega byo gufata amazi n’ibindi.

2018-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Uko Tony Blair na Sir Collier babona iterambere ry’u Rwanda mu myaka 30 iri imbere

Editorial 14 Feb 2018
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Editorial 01 Dec 2018
Icyo wamenya  k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Icyo wamenya k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Editorial 10 Jun 2017
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Editorial 31 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi
POLITIKI

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Editorial 07 Jun 2017
Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 
HIRYA NO HINO

Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Editorial 05 Aug 2019
Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu
Mu Mahanga

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Editorial 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru