• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Editorial 12 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Inkuru y’ifatwa nk’intsinzi y’ingabo za Afurika y’Epfo zari zaroherejwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), binyuze mu gikorwa cyiswe SAMIDRC, yateje impaka nyuma y’uko Abadepite b’Ishyaka rya Democratic Alliance (DA) bashyize ahagaragara ibibazo byaranze icyo gikorwa, aho bacyise “igikorwa cyateje isoni igihugu aho kuba icyubahiro.”

Ibyo byatangajwe nyuma y’iraswa no kwicwa kw’abasirikare 14 b’Afurika y’Epfo mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2025 n’umutwe wa M23, hamwe n’abandi 174 bakomerekeye mu mirwano. Ibi byakurikiwe no gusoza burundu ubutumwa bwa SAMIDRC tariki ya 13 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ingabo n’Intwari z’Igihugu za Afurika y’Epfo, Angie Motshekga, nawe yitabye inteko ishinga amategeko yemezako hajyaho Komisiyo icukumbura uri inyuma y’umugambi wo kohereza ingabo z’Afurika y’Epfo muri Congo. Iri ni ryo shyaka rya DA ryahise ribona nk’umwanya mwiza wo gusaba ibisobanuro birambuye ku kugaragaza ibyo rifata nk’ibinyoma mu itangazamakuru byavuze ko “ubutumwa bwa SAMIDRC bwagenze neza.”

Nicholas Gotsell, umwe mu badepite ba DA bashinzwe umutekano n’ubutabera, yagize ati:

“Iyo havuyemo abasirikare 14 bishwe n’abandi barenga 170 bakomerekeye ku rugamba, hatarimo indege zibaha ubufasha bwo mu kirere, nta bikoresho bihagije bafite, ndetse nta n’icyerekezo gihamye cy’ubutumwa, ibyo ntabwo ari intsinzi, ni amahano. Uwo mubabaro uri ku ntugu za Minisitiri Motshekga.”

Darren Olivier, umuyobozi w’ikigo African Defence Review, yavuze ko “nta gushidikanya ko bivugwa nk’intsinzi ari ikinyoma gikwiye kwamaganwa,” ashimangira ko SAMIDRC yagaragaye nk’igikorwa cyapfubye kubera ko:

• Ingabo zari nke,

• Nta bufasha bwo mu kirere bwari buhari,

• Ibigo byazo byari biherereye ahatari haboneye,

• Nta mugambi wa kabiri (plan B) wari uhari.

Olivier yakomeje avuga ko n’ubwo ibyo bikorwa byagaragaye nk’ibyapfubye, hari ubutwari bugaragara mu mirwano yiswe Operation Springbok III, aho ingabo za MONUSCO n’iza Afurika y’Epfo zagerageje guhagarika M23, ariko zaje guhagarika imirwano ubwo FARDC (ingabo za Congo) zari zimaze gutsindwa.

Yasoje ashimangira ko ari iby’ingenzi kuba inteko ishinga amategeko y’igihugu cya Afurika y’Epfo igiye kwinjira mu isesengura ryimbitse ku byabaye muri SAMIDRC, ibintu ashima kandi yizeye ko bizazana impinduka ku mikorere n’inkunga y’igisirikare cyabo.

Icyibazwa ni iki: Ese Afurika y’Epfo igomba gukomeza kohereza ingabo mu ntambara zitazwi neza n’icyerekezo, cyangwa ikwiye kwita ku kibazo cy’ubushobozi bw’ingabo zayo imbere mu gihugu?

Amafoto agaragaza uko Ingabo za SADC zatashye nk’Umupfumu unaniwe umupfu.

(Foto: IGIHE)

2025-05-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango

Editorial 06 May 2025
Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Museveni avugako ataganira iby’umubano w’u Rwanda na Uganda mu itangazamakuru kandi ariryo akoresha; nyuma y’ibaruwa ye muri The New Vison, u Rwanda rwamenyeshejwe inama binyuze mu itangazamakuru

Editorial 21 Oct 2019
Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Editorial 13 Apr 2016
Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Ariko abategetsi b’u Burundi bita Perezida Kagame “umwanzi “, bajya bibuka ko biteranya n’amateka?

Editorial 15 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Editorial 24 Jun 2019
Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo
SHOWBIZ

Ibitaramo : Harmonize agiye gukorera mu Rwanda biregereje, amakuru yose kuri ibi bitaramo

Editorial 07 Mar 2018
‘ Kugera ku ikoranabuhanga n’amakuru ntabwo bigomba no gutoranya ku mukire cyangwa umukene ‘ Kagame
Mu Rwanda

‘ Kugera ku ikoranabuhanga n’amakuru ntabwo bigomba no gutoranya ku mukire cyangwa umukene ‘ Kagame

Editorial 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru