• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Ingabo z’u Rwanda zirashakisha Uruhindu abagabye Igitero i Rusizi cyaguyemo umwe, umunani bagakomereka

Editorial 23 Jun 2017 ITOHOZA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana, yatangaje ko hatangiye iperereza ku gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2017, ubwo abantu bagera kuri batatu bitwaje intwaro bateye abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Bugarama, bakica umwe abandi umunani bagakomereka.

Iki gikorwa cyabaye ahagana saa mbili z’ijoro aho abantu bitwaje intwaro bagera kuri bane bateye abaturage bari mu kabari mu mudugudu wa Ryankana, bakabarasa ndetse bakateramo na gerenade.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana, yavuze ko hatangiye iperereza kuri iki gikorwa, anihanganisha abaturage bagizweho ingaruka abizeza ko hari gukorwa ibishoboka byose ku buryo ibintu nk’ibi bitazasubura.

Ati “ Byari ahagana saa mbili z’ijoro aho abantu bitwaje intwaro nka batatu cyangwa bane bateye abandi bari mu gasanteri mu kabari, babarasamo amasasu hanyuma babateramo gerenade zigera kuri ebyiri. Ku bw’amahirwe make haje gupfamo umuntu umwe abandi umunani barakomereka ubu bari kuvurwa.”

“Ntabwo turamenya ababikoze aho baturutse n’aho basubiye barangije gusa ikigaragara ni uko ari ahantu higeze kubera insanganya nk’izo mu gihe cyashize aho abantu baturutse i Burundi bica abaturage bari muri ako gace.”

Muri Werurwe uyu mwaka na none muri aka gace kari hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi harasiwe abaturage babiri b’u Rwanda bahita bitaba Imana. Abagize uruhare muri iki gikorwa bahise bajya mu Burundi dore ko aka gace kari nko mu kirometero kimwe uvuye ku rugabano rw’ibihugu byombi.

Lt Col Ngendahimana yasabye abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe, ndetse abizeza ko umutekano wabo ucunzwe neza, ko hari no gufatwa ingamba ku buryo igikorwa nka kiriya cyo kubahungabanya kitazongera kubaho no mu gihe kizaza.

-7017.jpg

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana

Abaturage basabwe kandi gukomeza kugirana ubufatanye n’inzego z’umutekano kuko imipaka yo muri kariya gace igoye gucungwa ku buryo ‘wavuga ngo nta kintu na kimwe gitambutse ariko iyo dufite amakuru atangwa n’abaturage ntihagire ushobora gukingira ikibaba abantu nk’abo ngabo biroroha’.

2017-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Uganda: Abayobozi ba Kisoro basabiye Gen.Kayihura gufungurwa

Editorial 19 Jul 2018
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

RDC: Igisirikare cya Congo kiravuga ko kivuganye inyeshyamba 10 za ADF

Editorial 25 May 2018
Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare

Ubwenge bucuramye bw’abarwanya Kagame nka Leah Karegeya, bwatumye ahabwa urw’amenyo nyuma yo kugaragaza ubuswa mu mibare

Editorial 30 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”
Amakuru

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Editorial 11 Dec 2020
Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.
ITOHOZA

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Editorial 22 Feb 2018
Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze
IMIKINO

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Editorial 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru