• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Bamwe mu banyapolitiki bavuga ko kuba Leta y’u Burundi yaranze kwitabira ibiganiro biyihuza n’abatavuga rumwe nayo, ari ikimenyetso kigaragaza ko intambara ishobora kurota.

Ku wa Mbere tariki ya 29 Ukwakira 2018, nibwo hasojwe inshuro ya gatanu y’ibiganiro bihuza Abarundi i Arusha muri Tanzania, Leta y’u Burundi ikaba yaranze kubyitabira ndetse inatangaza ko ibizabivamo itazabyemera.

Abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bari bitabiriye ibi biganiro, bavuga ko kuba Leta yaranze kwitabira ibi biganiro nk’inzira y’amahoro ishobora gukemura ibibazo abarundi bafite, ari ikigaragaza ko hari abashobora gushakira umuti mu ntambara.

Umuyobozi wungirije mu ishyaka Sahwanya- FRODEBU, Ngendakumana Leonce, wari uri muri ibi biganiro, yagize ati “ni uko nshaje, nari kuva aha mfata inzira y’intambara kuko inzira y’ibiganiro yanze, nubwo nkunda amahoro ariko nshingikiye inzira iyo ariyo yose yo kurwanya ubutegetsi bw’i Bujumbura kuko inzira y’ibiganiro yananiranye”.

Uhagarariye ishyaka ritemewe mu Burundi rya UPRONA, Nditije Charles, nawe yunze mu rya mugenzi we, agira ati “ Ikigaragara cyo ni uko tutazajya mu matora yo mu 2020 icyuka ari cyiza, kuba nta kivuye mu biganiro bikamiye mu cyogeje abashaka gufata intwaro”.

Nditije arakomeza asaba Umuryango w’Abibumbye gufatira ibihano Leta y’u Burundi, mu gihe bamwe bavuga ko inzira y’imirwano atari nziza.

Ndayikengurukiye Jean Bosco wahoze ayoboye ishyaka CNDD FDD rikiri mu ishyamba, avuga ko inzira y’intambara yangiza, ahubwo agasaba ko na Leta y’u Burundi itagakwiye gutegereza ko intambara iyigabwaho.

Ati “Nzi ingaruka ku butunzi, imibano n’abapfa mu gihe habaye intambara, ndibaza ko Leta n’ishyaka riri ku butegetsi batazavunira ibiti mu matwi kugeza habayeho intambara, ndasaba EAC, AU ndetse na Loni kugira icyo bikora kugira ngo hatagira abafata ibirwanisho”.

Mu gihe aba banyapolitiki bavuga ko intambara ishobora kurota hatagize igikorwa mu maguru mashya, Abarundi bari mu bikorwa bitegura amatora yo mu 2020, aho perezida Nkurunziza atazayagaragaramo nk’umukandida.

2018-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Editorial 25 Feb 2025
Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Perezida Kagame Paul yitabiriye imyitozo y’Ingabo isanzwe izwi nka Exercise Hard Punch

Editorial 18 Aug 2023
Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Editorial 10 Aug 2025
Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Editorial 09 Jul 2024

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    October 29, 20188:45 pm -

    RUSHYASHYA IYO NTAMBARA MUZAYIRWANA ??
    MWANJYIYE MWANDIKA INKIRU MUKAREKA AMATIKU!!
    EREGA DIPOLOMASI UBU YARAHINDITSE!!!!!
    NIBA MUFATANYA NA USA NUBWONGERAZA ,NUBUBILIGI
    NU BU FARANSA
    ABANDI NABO BAZEREKEZA MURI CHINE NU BURUSIYA!!!!!
    ibyakera byarahindutse !!burya sibuno!!!!!!!!!!RUSHYASHYA NI murote amahoro apana intambara!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye
IMIKINO

90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

Editorial 09 Jan 2016
Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.
Amakuru

Patriots BBC yisanze mu itsinda rya mbere mu irushanwa rya Basketball Africa League rigomba gutangira mu Rwanda hagati muri Gicurasi 2021.

Editorial 01 May 2021
Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda :  Haravugwa  y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza
ITOHOZA

Igihuha cy’abarwanya Leta y’u Rwanda : Haravugwa y’uko Col Byabagamba, Gen Rusagara na Lt Col Rugigana batorotse Gereza

Editorial 04 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru