• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Intara y’Amajyaruguru: Hongewe imbaraga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 11 Aug 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru n’abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha bongeye imbaraga mu kurwanya ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.

Mu karere ka Burera ku itariki 9 Kanama habereye ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge aho abaturage bagera ku 1000 bo mu murenge wa Butaro basabwe kwirinda ibikorwa byose binyuranije n’amategeko.

Ibi babisabiwe mu nama bagiranye n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda muri iyi Ntara , Chief Superintendent of Police (CSP) Sam Rumanzi n’Umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence.

Mu ijambo yagejeje kuri abo baturage bahuriye mu kagari ka Rusumo, CSP Rumazi yababwiye ko ibiyobyabwenge bikunze gufatirwa muri iyi Ntara byiganjemo urumogi n’inzoga zitemewe kunyobwa no gucuruzwa mu Rwanda nka Kanyanga, Kitoko, Blue Sky,Coffee Spirit,Chief Waragi n’izindi.

Yavuze ko ibiyobyabwenge bifatwa biba byinjijwe rwihishwa muri iyi Ntara bivanywe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda; kandi yongeraho ko ibyinshi bifatirwa mu turere twa Gicumbi na Burera.

CSP Rumanzi yavuze ko imikoranire myiza ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego ari yo ituma bifatwa.

Abafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda mu gukumira ibyaha barimo Inzego z’ibanze, Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha (Rwanda Youth Volunteers in Community Policing- RYVCP) , Abavuga rikumvikana , Abagize Komite zo kubungabunga umutekano (Community Policing Committees CPCs), Ambasaderi mu gukumira ibyaha (Ambassadors in Crime Prevention) kimwe n’Abagize amahuriro yo gukumira ibyaha (Anti-Crime Clubs).

Ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abagize ibi byiciro bwatumye mu karere ka Burera, mu mezi arindwi ashize abantu 99 bafatanywa ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 45. 139.000.

Ibiyobyabwenge byafashwe bigizwe na litiro 2117 za Kanyanga, amaduzeni 1815 ya Blue Sky, amaduzeni 74 ya Chief Waragi, amaduzeni 74 ya Coffee Spirit, n’amaduzeni 128 ya Host Waragi.

Muri ayo mezi hafashwe kandi amaduzeni 168 ya Kitoko, amaduzeni 95 ya kick Waragi, amaduzeni abiri ya Zebra Waragi, n’ibiro bitandatu n’igice by’urumogi.

CSP Rumanzi yashimye abatuye muri iyi Ntara kubera uruhare rwabo mu kurwanya ibyaha, kandi abasaba kuba ijisho ry’umuturanyi kugira ngo hakumirwe ibikorwa byose binyuranije n’amategeko.

Yagize ati:”Ntidusiba gukangurira abantu kureka kunywa, gutunda no gucuruza ibiyobyabwenge ariko bamwe bakomeje kubikora. Tuzirikana ko guhindura imyumvire bisaba guhozaho. Tuzakomeza gukangurira abantu b’ingeri zose kubyirinda tubasobanurira ububi bwabyo.”

Yakomeje agira ati:”Bigaragara ko ibyaha birimo gufata ku ngufu, gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina bikorwa ahanini n’abanyoye ibiyobyabwenge. Abantu bakwiye kunywa no gucuruza ibintu byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo.”

Mu butumwa bwe, Uwambajemariya yagize ati:”Umutekano ni ishingiro rya byose. Buri wese arasabwa kugira uruhare mu kuwubungabunga yirinda ibyaha kandi atanga amakuru yatuma hakumirwa ikintu cyose gishobora kuwuhungabanya.”

Yasabye abatuye mu karere ka Burera gukora amarondo neza, kandi bakitabira gahunda za Leta nk’Umuganda ngaruka kwezi no gutanga ubwisungane bwo kwivuza (Mutuelle de santé) ku gihe.

RNP

2016-08-11
Editorial

IZINDI NKURU

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

Editorial 15 Jul 2024
Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Nta kinyoma Uganda itazashinja u Rwanda, Ubu noneho umwanditsi Kakwenza Rukirabashaija wakorewe iyicarubozo bamuhinduye intasi y’u Rwanda

Editorial 04 Jan 2022
FDLR yarashe ku birindiro by’Ingabo z’u Rwanda ziri ku mupaka na zo zirabasubiza

FDLR yarashe ku birindiro by’Ingabo z’u Rwanda ziri ku mupaka na zo zirabasubiza

Editorial 29 Mar 2016
Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016

Impinduka mu bitaramo bya Primus bya 2016

Editorial 24 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Nov 2017
Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi
IMIKINO

Mauritius yamaze guhamagara abakinnyi 23 izifashisha ikina n’Amavubi

Editorial 22 Mar 2016
CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.
SHOWBIZ

CECYDAR igiye kwizihiza imyaka 25 imaze ishinzwe hanibukwa uwayishinze ariwe Rugamba Sipiriyani.

Editorial 29 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru