• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Editorial 26 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 18 Mutarama 2018, Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje guhindura inyito y’umwanzuro A/RES/58/234 watowe tariki ya 23 Ukuboza 2003 yemezagako tariki ya 7 Mata ari Umunsi wo Kwibuka no Kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe inyito ya 2003 yavugaga Jenoside yabaye mu Rwanda.

Umwanzuro ntiwahindutse ahubwo inyito niyo yahindutse aho kuvuga Jenoside yo mu Rwanda, inyito yahindutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Iyi mvugo igaragaza neza ibyabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994, aho ari ngombwa kugira inyito ihuye n’ibyabaye kuko abakoze Jenoside ndetse n’ababashyigikiye bafite amayeri menshi agamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, bashaka kuyita intamabara hagati y’amoko, amahano n’ibindi bitagaragaza uwishwe ndetse n’uwamwishe.

Guhera muri Mata 1994 kugeza Nyakanga 1994, Abatutsi barenga Miliyoni imwe, abana abagore n’abagabo barishwe bazize uko bavuze. Abitandukanyije nuwo mugambi ariko batahigwaga nabo bamwe barishwe abandi barakomeretswa basigirwa ubumuga. Iyi nyito yatowe,  igaragaza ishusho  yibyabaye mu . Ntabwo Abatutsi bishwe nkuko inkuba yakubita abantu, habaye ibikorwa byinshi byerekanaga ko bahigwa bukware ko bazicwa, byandikwa mu bitangazamakuru ariko Umuryango Mpuzamahanga uricecekera. Jenoside yarateguwe ishyirwa no mubikorwa.

Nubwo Inteko y’Umuryango w’Abibumbye yemeje uyu mwanzuro, Amerika n’u Bwongereza ntabwo bawutoye ariko ntibanawurwanyije. Bo bumvaga ko abahutu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi batibukwa kandi ari ukwibeshya cyane. Iminsi irindwi y’icyunamo mu Rwanda yo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi isozwa hibuka Abanyapolitiki bishwe tariki ya 13 Mata buri mwaka. Abishwe bazize ibitekerezo n’ibikorwa byabo byari bibangamiye umugambi wa Jenoside ntabwo bibagiranye, ariko icyahigwaga muri 1994 ni Umututsi aho ava akagera. N’Abatutsi bari barwariye mu bitaro by’abarwayi bo mu mutwe I Ndera barishwe.

Ibi ariko siko Interahamwe n’abambari bazo babisomye, bo bumviseko ya Jenoside baririmba mu magambo ariyo bari kuvuga; basomye ibi bari mubwonko cyane cyane ko birengagiza nkana ibimenyetso ndetse n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mpamvu ebyiri: Guhunga ubutabera no gusunika iminsi. Ibi bikorwa cyane cyane n’abakoze Jenoside bagakorerwa mu ngata n’abana babo. Ibi Rushyashya yabigarutseho kenshi ivuga urubyiruko rwibumbira mu mashyirahamwe bagamije guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no gukorera ubuvugizi ba Sekibi aribo babyeyi babo.

Kubera iki uyu munsi?

Uyu mwanzuro ugaragaza inyito umaze imyaka ibiri utowe, naho amabaruwa amaze ukwezi kurenga; Amerika n’u Bwongereza barasubijwe ku mpungenge bari bafite zitagira aho zihuriye nibyo Interahamwe n’abambari bazo bibwira.  Nyuma yuko umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi ufatwa nk’umukuru w’icyubahiro w’Interahamwe, Kabuga Felesiyani afatiwe, abahakanyi ba Jenoside barakonje kuko isi yose niyo makuru, ntaho bamenera.  Bagerageje kwandika inyandiko zimushyigikira ariko biba ubusa bakoresheje inshuti zabo. Ibi kandi bije byiyongera mu kuba imitwe yitwara gisirikari harimo igizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda irimo FDLR na RUD Urunana  irimbukiye muri Kongo umwaka ushize ndetse no muntangiriro zuyu mwaka, kandi ariho bari bateze icyizere ngo bazongera bisubize u Rwanda bahekuye.

2020-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Akumiro: Minisitiri mu Bubiligi yitabiriye umuhango wo kwambika ikamba abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 20 Mar 2024
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Editorial 16 Apr 2019
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Editorial 16 Sep 2019
Uko  Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Uko Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Editorial 21 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze
Amakuru

Imyaka 50 irashize Habyarimana afashe ubutegetsi, Ivangura ryaburanze

Editorial 30 Aug 2023
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku 10.6% mu gihembwe cya mbere cya 2018

Editorial 18 Jun 2018
Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara
Amakuru

Kwa NEVA ngo ibigega birafigije, mu gihe amagana y’Abarundi asuhukira muri Zambiya kubera inzara

Editorial 08 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru