• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Inyandiko ya Théogène Rudasingwa muri Chimpreports ihatse iki?

Editorial 06 Mar 2019 ITOHOZA

Ubwo nasomaga inyandiko mu kinyamakuru Chimpreports cyo muri Uganda, y’umunyarwanda Théogene Rudasingwa wahunze uzwi cyane i Kigali kubw’imyitwarire idahwitse, byanteye kwibaza ibibazo byinshi.

Icya mbere nibajije kuri iyo nyandiko yiswe “Uganda should not fall for Rwanda’s provocations” (Uganda ntize kugwa mu mutego w’ubushotoranyi bw’u Rwanda), kubera iki yanyujijwe muri Chimpreports?

Iki kinyamakuru kizwiho gutangaza ibihuha byegamiye ku butegetsi bwa Museveni akenshi kigemurirwa na CMI (Urwego rw’ubutasi bwa gisirikare), ISO (Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu), ESO (Urwego rushinzwe umutekano wo hanze) n’izindi nzego z’ubutasi za Kampala. Mu yandi magambo, ni ibintu bike byerekeye u Rwanda bitangazwa muri Chimpreports biba ari ukuri. Si igitangaza rero kuba imigani ya Rudasingwa yaranyujijwe muri icyo kinyamakuru.

Icya kabiri, ubusanzwe ibinyamakuru bitangaza ibitekerezo cyangwa inyandiko z’abantu bafite ubunararibonye ku byo bandikaho cyangwa bizeweho kutabogama n’ibindi. Ibi bingeza ku kindi kibazo: Ni ubuhe bunararibonye Rudasingwa afite ku mubano mubi uri hagati ya Kigali na Kampala?

Rudasingwa azwi cyane ku kabyiniriro ka ‘Redcom’ yahawe mu myaka ya za 1980 ubwo yigaga i Kampala muri Kaminuza ya Makerere. Yatetse umutwe abanyeshuri bagenzi be b’abanyarwanda, yifashishije telephone, akajya abahamagara yahinduye ijwi yiyise REDCOM avuga ngo ‘inzego z’ubutasi ziri kuguhiga’ yamara kumva ko umunyeshuri yagize ubwoba, akamusaba kwishyura amafaranga runaka ngo azamurindire umutekano. Uwo Redcom amaze imyaka 15 ataba haba mu Rwanda cyangwa muri Uganda.

Rudasingwa amaze igihe aba hirya iyo kure, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ntiyajya aho ngo abeshye ko afite ubunararibonye ku bibazo by’u Rwanda cyangwa Uganda kuri ubu.

Yagiye muri Amerika asaba ubuhungiro, nyamara ukuri ni uko yavuye mu Rwanda amaze kwirukanwa nk’ushinzwe abakozi mu biro bya Perezida Kagame. Abakora mu biro bya Perezida bazi neza urwego rw’imikorere iba yifuzwa n’ubushishozi uhakorera aba asabwa.

Icyakora mu Rwanda rushya, buri wese na Rudasingwa uzwi nka Redcom bahabwa amahirwe. Ikipe ya Perezida ishinzwe gutoranya abakozi imuhitamo yari yiteguye guha amahirwe buri wese dore ko ahahise hari harabaye isomo ku banyarwanda benshi babaye impunzi.

Nyamara nyuma y’igihe ari umukozi, byarigaragaje ko imyitwarire ya Rudasingwa, ‘Redcom’ wa kera itigeze ihinduka, ko ibyo yaciyemo ntacyo byamwigishije. Ubwo yari ashinzwe abakozi mu biro bya Perezida, yashatse kugarura amanyanga yerekwa umuryango. Iyo niyo nkomoko y’urwango uyu mugabo wahawe amahirwe benshi bifuza ariko akayapfusha ubusa, yanga igihugu cye.

Mu nyandiko ye muri Chimpreports, Rudasingwa ashyigikira ibirego by’uko “u Rwanda ruri gushotora Uganda”. Mu kinyabupfura gike, yibasira `Perezida Kagame ashaka kumugaragaza nka sekibi. Intego nyamukuru ni ugukomeza gukwirakwiza ibihuha by’uko yaba RNC yagabye mu Rwanda ibitero bya gerenade bikica benshi abandi bakamugara, yaba ibikorwa by’ubutegetsi bwa Uganda ku Rwanda nko gushimuta, gufunga binyuranyije n’amategeko, guhohotera no kwica abanyarwanda babashinja ‘ubutasi’ cyangwa ngo ‘kwinjira binyuranyije n’amategeko, byaba amabi abera i Burundi, ngo byose ni amakosa ya Kagame!

Rudasingwa akomeza atsindagira ibinyoma byibasira u Rwanda bikomeje gukwirakwizwa na RNC, FDLR n’utundi dutsiko dushaka kugaragaza u Rwanda nk’ikuzimu mu gihe ukuri kuzwi ko ubuyobozi u Rwanda rufite bwageze kuri byinshi mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse ari igihugu gihagaze neza mu miyoborere ku rwego rwa Afurika.

Igitangaje ni uburyo umuzindaro w’ubutegetsi bwa Uganda wahaye umwanya ibinyoma bya Redcom. Ibi ni ibyemeza ko Museveni n’abantu be ntaho batazagera bafata ibyaha bo ubwabo bakora, bakabitwerera abo babikorera.

Igihamya cya nyuma ni uko Chimpreports yatambukije inyandiko ya Rudasingwa icyarimwe n’ikinyamakuru The Rwandan. Icyakora icyo kinyamakuru cyo cyahinduye umutwe w’inkuru kivuga ngo “Rwanda closes border with Uganda as tension escalates (u Rwanda rwafunze umupaka na Uganda mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera) ariko ibiri mu nkuru imbere ni bimwe.

The Rwandan ni ikinyamakuru cy’agatsiko k’abanyarwanda b’abagizi ba nabi bahunze, gafitanye imikoranire na RNC, FDLR n’utundi dutsiko duhakana Jenoside, duhujwe n’urwango twanga ubuyobozi bw’u Rwanda.

Mu yandi magambo, abo nibo bantu bacuditse na Museveni muri iyi minsi.

Iki ni igitekerezo cya Jackson Mutabazi. Cyatambutse mu kinyamakuru VirungaPost mu rurimi rw’Icyongereza.

2019-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Busingye yasubije Abasenateri ba Amerika ku birego by’abo kwa Rwigara

Editorial 02 Dec 2018
Umubiligi  uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside  wavugiraga  Umuryango wa  Rwigara yasabye Imbabazi

Umubiligi uzwi mubikorwa byo gupfobya Jenoside wavugiraga Umuryango wa Rwigara yasabye Imbabazi

Editorial 11 Sep 2017
Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Kayumba yagize icyo avuga ku mafuti ya Rudasingwa babanye muri RNC

Editorial 29 Jul 2016
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    May 1, 20196:07 am -

    Nanjye nta kintu Rudasingwa yavuga cg se yakwandika ngo ngihe agaciro!

    Ndamuzi akiri SG wa FPR adusanga mu mahanga. Namubonagamo umwirasi noneho ngeze mu Rwanda nsanga yakuye agahu ku nnyo!

    Apuuu, FPR we genda waragowe kugira abantu nka Gahima cg Rudasingwa!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari
Amakuru

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Editorial 09 Jan 2016
Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.
INKURU NYAMUKURU

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Editorial 17 Jan 2020
RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano
INKURU NYAMUKURU

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Editorial 14 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru