• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ubwanditsi 05 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma yo kumenya ko hashyizweho Itegeko Ngenga no 002/2018.OL ryo ku wa 04/04/2018 rishyiraho Urukiko rw’Ubujurire, na nyuma yo kumenya ko hashyizweho Itegeko N°30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 Rigena Ububasha bw’inkiko, twahamagaye Me Mbaga Tuzinde Mbonyimbuga, tumusaba kutubwira muri make uko Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda ruhagaze ubu mu rwego rw’amategeko. Dore muri make ibyo yatugejejeho. [ soma…]

Me Mbaga T Mbonyimbuga

Yatangiye agira ati: Ikiza cy’amategeko, ntibisaba kumenya amateka yayo cyangwa gusoma ayayabanjirije kugira ngo ubashe kuyasobanukirwa uko ahagaze ubu. Niba utari usanzwe uzi uko inkiko zo mu Rwanda zihagaze, urahita ubimenya nusoma Itegeko N°30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 Rigena Ububasha bw’inkiko. Kubasanzwe bazi iby’amategeko, abayize cyangwa bayasobanukiwe kubera kwihugura, biraborohera, uko haje itegeko rishya, bararisoma bagatangira kurikurikiza nta mbogamizi nyinshi.

Mbere na mbere tubibutse ko Inkiko zibereyeho gufasha abantu gukemura amakimbirane, ibibazo bafitanye batashoboye kwikemurira mu bw’umvikane cyangwa biyambaje izindi nzira bihitiyemo z’ubukemurampaka cyangwa ubwunzi. Inkiko rero zikemura ibibazo bivuka hagati y’abantu ku giti cy’abo, cyangwa hagati y’abacuruzi ubwabo, cyangwa hagati ya Leta (inzego za Leta) n’abantu hakurikijwe umurongo w’amategeko uriho hagamijwe gutanga ubutabera bukwiye. Ni ubwo akenshi muri uko gutanga ubutabera hari igihe haba akarengane bitewe n’impamvu zitandukanye, tutaza kuganiraho uyu  munsi. Ako karengane iyo kabaye nabwo amategeko ateganya uburyo kakosorwa. Mu itegeko rishya biragaragara ko hari ingingo z’amategeko zashyizwemo zo gufasha gukemura ako karengane hiyambajwe Urukiko Rw’Ikirenga.

Ikindi kigaragara mu mategeko mashya yateguwe uyu mwaka, ni isura nshya yo guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza aho bishoboka. Ikindi kigaragara ni ubushake buhari bwo kudatinza imanza mu nkiko.

Tugarutse ku Ishusho nshya y’Ikinko mu Rwanda ubu muri 2018 igaragaza ko ziri mu byiciro   bibiri: Inkiko zisanzwe 5 n’inkiko zihariye 4. Inkiko zisanzwe, uvuye hasi uzamuka hejuru ni izi zikurikira: Inkiko z’Ibanze, Inkiko Zisumbuye,Urukiko Rukuru, Urukiko rw’Ubujurire, Urukiko rw’Ikirenga. Inkiko zihariye ni izi zikurikira:Urukiko rw’Ubucuruzi, Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, Urukiko rwa Gisirikare, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare.  Iri tegeko rishya rigena Ububasha bw’Inkiko rije risimbura irya kurikizwaga kuva mu mwaka wa 2008.

Mu miterere y’inkiko hakaba icyahindutse cyane ari Urukiko rw’Ubujurire rwiyongereyeho rutari rusanzwe mu nkiko zisanzwe tumenyereye. Byumvikane neza ko ni ubwo rwitwa urukiko rw’ubujurire atariho ubujurire bwose bujya. Ubusanzwe uko bigenda, iyo Umuburanyi atsinzwe mu rukiko rumwe akaba atishimiye imikirize y’Urubanza, akenshi aba ufite ububasha bwo kujuririra mu rukiko rurusumbyeho. Ikindi cyahindutse mu nkiko zihariye havuyemo Inkiko Gacaca zari zisanzwe zigaragara mu miterere y’inkiko mu Rwanda. Kuva icyaha cya gacaca kidasaza, inkiko gacaca zikaba zaravuyeho, ububasha bwo kuburinisha izo manza ubu buri mu nkiko zisazanzwe tuvuze haruguru bitewe n’uburemere bw’icyaha.

Ibijyanye n’Ubusha bw’inkiko nabwo habayemo impinduka aho cyane bigaragara ko Urukiko rw’Ikirenga rwabaye Urw’ikirenga koko. Imanza nyinshi urwo rukiko rwajyaga ruca zizajya zirangirira mu Rukiko rw’Ubujurire. Ubu ihame rikaba ari uko “imanza ziciwe n’Urukiko rw’Ubujurire zitazajya zijuririrwa”. Kujurira mu Rukiko rw’Ikirenga byavuyeho. Mu nshingano zahawe Urukiko rw’Ikirenga harimo Guhindura Umurongo wafashwe ku nyungu z’itegeko, Gusubirishamo urubanza ku mpamvu z’akarengane kandi urwo rubanza rukaba rwahabwa urundi rukiko rutiriwe rujyanwa mu Rukiko rw’Ikirenga. Urukiko rw’Ikirenga mu itegeko rishya rufite kandi ububasha bwerekeye imihango n’ivanwaho ry’abayobozi. Ubundi bubasha bwa buri rukiko burasobanuye ku buryo bwumvikana mu itegeko twavuze haruguru.

Mu gusoza twabajijie Me Mbaga niba kubera iryo vugururwa ubu nta mpungenge riteye muri rusange cyane cyane mu bakozi. Yadusubije agira ati: Kubera rero iryo vugururwa mu nkiko, ubu abenshi mu bakozi b’inkiko harimo n’abacamanza, ndibaza ko impungenge zishobora kuba ari nyinshi kuko ntibaramenya aho berekera, barategereje. Hari inkiko zo hasi zagiye zihurizwa hamwe, hari aho inkiko zahinduye inyito, ntibaramenya neza icyo gukora. Ariko mu kanya mbonye message ya Inspector General of Courts, Regis Rukundakuvuga isa ni ihumuriza abakozi bo mu nkiko n’abacamanza ko bakomeza gukorera mu nkiko bari basanzwe bakoreramo.

Ku bijyanye n’impungenge mu bakozi, nguhaye nk’urugero, duhereye hejuru mu Rukiko rw’Ikirenga, ubu  harimo abacamanza makumyabiri (20), hari busigaremo abacamanza hafi barindwi (7). Ariko ubwo bamwe muribo barasigara mu Rukiko rw’Ikirenga, abandi boherezwe mu Rukiko rw’Ubujurire. Ubwo rero wibaze ku bakozi bandi basanzwe bo mu nkiko uko biri bugende. Impungenge zishobora kuba ari zose ariko ni ibyo nibaza ntawe naganiriye nawe.

Kubafite impungenge z’ibirego byabo byari mu nkiko, izo mpungenge ntazo bari bakwiriye kugira, hari imanza zizaguma mu nkiko zari zirimo izindi zikimurwa, ibyo birateganijwe mu ngingo ya 105 y’Itegeko Rigena Ububasha bw’inkiko aho iteganya ko “Guhera igihe iri tegeko ritangiriye gukurikizwa (2/6/2018), uretse imanza zatangiye kuburanishwa, imanza zose zitakiri mu bubasha bw’Urukiko zaregewe, zohererezwa Urukiko rubifitiye ububasha hakurikijwe ibiteganywa n’iri tegeko”. Muri make kwari ukubatera amatsiko meza kugira ngo musome iryo tegeko rishya, niyo mpamvu nshojereje kuri iyo ngingo isa nisoza iryo tegeko. Abashaka kuri soma mwarisanga aha hakurikira: http://primature.gov.rw/home.html?no_cache=1&tx_drblob_pi1%5BdownloadUid%5D=464. Muryoherwe no kurisoma. Impinduka mu rwego rw’amategeko ni ngombwa ziba akenshi zikwiye zije gukemura ibibazo byari biriho. Impinduka muri rusange zitera impungenge ariko burya ntizibabaza ikibabaza ni iyo witambitse mu nzira z’impinduka.

Byakiriwe na Burasa

2018-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Giramata, umunyamideli ukomeye ku Isi yavuze ku muryango we wishwe muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Bimwe mubyo wamenya kuri Nyaruhirira Désiré wagizwe Ambasaderi na perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 26 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23
Amakuru

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze
POLITIKI

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru