• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Editorial 20 Feb 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda wiyita umunyabwenge Himbara David akomeje guhura n’akaga aterwa n’ibikorwa by’uburiganya ahoramo ashakisha amafaranga ngo arwanye leta y’u Rwanda.

Nyuma y’aho uyu mugabo benshi bamaze kubona ko atari inyangamugayo akaba yari amaze igihe kigera kumwaka agerageza kureshya umuryango wa Rwigara Assinapol, umunyemari wakoze impanuka y’imodoka ikamuhittana muri Gashyantare 2015.

Muri izo gahunda ze zo kwiyegereza uwo muryango yakoresheje uburyo bwose ashoboye ngo abigereho yiyitaga oncle w’abana, dore ko umuryango uzwiho kuba ukize ariko biranga biba iby’ubusa uyu mu ryango umwima amatwi, umutera utwatsi kuko bamuzi neza ko ari baringa wiberaho asabiriza amafaranga.

David Himbara usa nuwabuze epfo na ruguru yongeye kwerekana ko ntawe uzamurusha gutukana maze akora mu nganzo yamugize inganzwa yo kwiyandarika mu mvugo ze zisebya Leta y’u Rwanda.

Buri gikorwa cyose kidahwitse kiragawa ariko noneho cyakorwa n’umuntu ukuze kikamaganirwa kure na buri wese byaba na ngombwa ukahira utwasi ukamutera uti: “ Urwo upfuye ruzaguhame”.

Nyuma yo kwigaragura mu biyayura bwenge, nyuma yo kwangara , kugaragurika no gupfa urwo rubanda baseka, Himbara yatukaniye ku karubanda kandi akuze bitangaza benshi mu bari bataramumenya naho abasanzwe bamuzi bo bati: “ Ni ibisanzwe kuri we”.

Icyakora noneho icyabaye nk’igishimishije nuko kuri ubu yandagaje abo bakorana , abacurakinyoma bagenzi be abashyira ahagaragara anavuga ko ntacyo bamaze nawe ubwe arimo.

David Himbara yemeje ko ibigarasha ntacyo bizigezaho , yemeje ko ibigarasha bidafite shinge na rugero, mbese muri rusange yemeje ibyo bavuga,ibyo bakora ko bidahwitse na busa.

Mu mvugo itabasha gusubirwamo na buri umwe wese, Himbara yandagaje ibigarasha ku buryo bweruye ku mpamvu zitarasobanuka neza ariko bishoboka ko hari umugambi mubisha bari bihaye ukaza kubapfubana.

-2150.jpg
Birashoboka ko bari bahanye gahunda yo kwiba ahantu, gucucura umuntu runaka, cg se nabo bakiyiba nyuma bakaza kuvuza induru nkuko babimenyereye ariko umwe muri bo yabatengushye biyemerera ko ari ibigarasha ndetse bicitse.

Burya rero iyo bigeze aho uwari umuntu yiyambura ubumuntu akiyambika urw’izimoka, ukabyiyemerera amanywa ava ibintu biba bigeze iwa Ndabaga, amagambo aba ashize ivuga agaharirwa Nankana.

Dutegereje kureba ikizakurikira iri shyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be niba hazabaho kwihimuranaho cg se bakemera kuba icyo Himbara yabise.

Cyiza Davidson

2016-02-20
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Editorial 30 Mar 2021
Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Editorial 03 Apr 2019
Urutonde rw’amashuri ariguhindura mu ibanga abanyeshuri abayoboke ba illuminati rwashyizwe ahagaragara

Urutonde rw’amashuri ariguhindura mu ibanga abanyeshuri abayoboke ba illuminati rwashyizwe ahagaragara

Editorial 17 Feb 2017
Kwishishanya  hagati ya  DONALD TRUMP n’Inzego z’Iperereza  kuraca amarenga atari meza

Kwishishanya hagati ya DONALD TRUMP n’Inzego z’Iperereza kuraca amarenga atari meza

Editorial 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo
POLITIKI

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Editorial 23 Feb 2018
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.
Amakuru

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021
Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Editorial 28 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru