• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Editorial 26 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’iperereza bivugwa ko ryamaze umwaka wose, ibitangazamakuru the Guardian-Australia na ABC ibinyujije mu kiganiro cyayo “Four Corners”, bimaze gushyira ahagaragara inkuru icukumbuye, igaragaza ko muri Australia hari Abanyarwanda 2 bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo ni Froduald Rukeshangabo wahoze ari umugenzuzi w’amashuri mu karere ka Ngoma mu ntara y’Uburasirazuba, na Céléstin Munyaburanga wari umuyobozi w’ishuri rya Hanika mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo.

Ubu bibereye ahitwa Brisbane, aho Rukeshangabo yigisha gutwara imodoka, naho mugenzi we icyo akora kikaba kitazwi neza.

Ubwo abanyamakuru ba Four Corners na the Guardian bamubazaga icyo avuga ku byaha aregwa, Froduald Rukeshangabo yarabihakanye, yemeza ko ngo azira”kutavuga rumwe”n’ubutegetsi bw’u Rwanda. Céléstin Munyaburanga we yayabangiye ingata, yanga kuvugisha abo banyamakuru.

Abo bicanyi bombi baciriwe imanza mu nkiko Gacaca badahari, maze mu mwaka wa 2007 Rukeshangabo akatirwa gufungwa imyaka 30, naho Munyaburanga ahanishwa gufungwa burundu mu w’2008.

Mu iperereza ryabyo, ibyo bitangazamakuru byohereje intumwa no mu Rwanda, maze zigerera aho bivugwa ko Rukeshangabo na Munyaburanga bakoreye ibyaha. Zaganiriye n’abo mu miryango yiciwe n’abo bajenosideri, ndetse n’abo bafatanyije mu gutsemba Abatutsi ndetse banemera ibyaha. Abo bose bashinje Rukeshangabo na Munyaburanga uruhare rutaziguye muri Jenoside, aho batangaga amabwiriza yo kwica Abatutsi, abandi bakabiyicira ubwabo, haba mu bitero, ndetse no kuri za bariyeri bayoboraga.

Ibi bitangazamakuru rero byanzura byibaza impamvu Froduald Rukeshangabo na Céléstin Munyaburanga badatabwa muri yombi, kandi Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze imyaka myinshi bwarashyikirije ubwa Australia impapuro zikubiyemo ibyo baregwa, zikanasaba ko boherezwa mu Rwanda ngo bakurikiranwe.

Muri Australia havugwa Abanyarwanda b’abajenosideri benshi, bakaba ndetse barashinze ishyirahamwe Rwandan Association of Queensland (RAQ), rishinzwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo twavuga Théogène Rukundo unayobora RAQ, Amiel Nubaha( umuhungu wa ruharwa Rukeshangabo twavuze haruguru) n’abandi benshi.

Uretse no kwanga kubashyikiriza ubutabera kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverinoma ya Australia iranabarebera mu bikorwa byo guhakana no gupfobya iyo Jenoside, ahanini bagakingirwa ikibaba na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu nabo bari muri uwo mugambi.

2024-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

FDLR yikomye umunyamakuru Marie-France Cros wa La Libre Belgique

FDLR yikomye umunyamakuru Marie-France Cros wa La Libre Belgique

Editorial 22 May 2018
Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Amafoto – Ikipe y’igihugu U19 muri Handball yerekeje muri Croatie gukina imikino y’igikombe cy’Isi

Editorial 20 Jul 2023
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Editorial 24 Mar 2021
Amavubi yakiriye abahamagawe bwa mbere, akomeje imyitozo mu gihugu cya Morocco yitegura Guinea

Amavubi yakiriye abahamagawe bwa mbere, akomeje imyitozo mu gihugu cya Morocco yitegura Guinea

Editorial 21 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda
Mu Mahanga

Nyagatare:Pasiteri ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera umwana w’umukobwa inda

Editorial 04 Oct 2016
Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?
Mu Rwanda

Ni iki u Rwanda rwabwiye itsinda rya Perezida Macron ririmo gucukumbura uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside?

Editorial 23 Feb 2020
Theo Badege Umuyobozi wa CID  yaba yubikiwe imbehe
Mu Mahanga

Theo Badege Umuyobozi wa CID yaba yubikiwe imbehe

Editorial 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru