• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Editorial 07 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Buri mwaka mu Bufaransa hategurwa umuhango ukomeye witwa”Bayeux Calvados-Normandy Award “, ugatumirwamo abanyamakuru b’ibihangange , cyane cyane abataye bakanatangaza amakuru ajyanye n’intambara n’ubushyamirane hirya no hino ku isi. Uyu Judi Rever rero, umunya Canada wanga uRwanda urunuka, yari yashyashyanye, yibwira ko azatumirwa muri uwo muhango, kuko ngo ari “impuguke” mu bibazo by’akarere k’ Ibiyaga Bigari, by’umwihariko iby’uRwanda.

Ku munota wa nyuma , yamenyeshejwe ko atari mu batumirwa, ababikurikiranira hafi bakaba baduhishuriye ko byatewe n’inkuru ndetse n’ibitabo adasiba gusohora ahakana byeruye Jenoside yakorewe Abatutsi, Iyo atumirwa rero ngo byari kuba ari ikimwaro ku bategura umuhango, batifuza ko witabirwa n’imyanda ibonetse yose.

Judi Rever yamamaye(bigayitse) agerageza kugira abere abajenosideri ruharwa, nka Théoneste Bagosora, Matayo Ngirumpatse, Edouard Karemera, JPaul Akayezu wakatiwe mbere y’abandi, n’izindi Nterahamwe-mpuzamugambi zamaze guhamwa n’icyaha biremereye. Akimara kumenya ko ubutumire bwe buteshejwe agaciro , Judi Rever yirukiye ku mbuga nkoranyambaga, maze yibasira abategura uwo muhango, avuga ko batigenga, ngo kuko kutamutumira byatewe n’igitutu bashyizweho n’abantu atavuze amazina.

Abasomye ibyo yanditse nabo ntibamurebeye izuba, kuko benshi cyane bahise bamusubiza ko aho kugira uwo yikoma, yagombye kwikoma umutima we umutegeka gukora ibidakwiye umuntu wiyita umunyamakuru mpuzamahanga  Bamwibukije ko Jenoside ari icyaha gikorerwa isi yose, ko rero ibyo kuyihakana bitababaza Abanyarwanda gusa, ko ahubwo bibaza umuntu wese ushyira mu gaciro.

Bamwe mu bakomeje kunenga imyitwarire igayitse ya Judi Rever, harimo Linda Melvern, usobanukiwe cyane ibijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko yakoze mu bushinjacyaha bw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho uRwanda, Yamaganye kenshi Judi Rever ukoresha imvugo nk’iza Augustin Bizimungu, n’abandi bafunze kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ibi biragaragaza rero ko abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bagombye kubona ko bakora ubusa, kuko isi yose yamaze kumenya bidashidikanywaho ko yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, n’ ababigizemo uruhare bose, Judi Rever rero arahomera iyonkeje ,ubwo na bagenzi be batangiye kumwamagana, bakanamuha akato. Erega ukuri kuratinda ariko ntiguhera!!

2020-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Mu rwego rwo kwiteza imbere, Marlon Muhizi na Kamanda Promesse bamenyerewe mu gufata amafoto n’amashusho bishyize hamwe bashinga kompanyi yitwa Elevatix Studio

Editorial 29 Aug 2021
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025
Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Perezida Macron yavuze ko u Rwanda, ari icyitegererezo mu buringanire muri politiki

Editorial 11 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe
Mu Mahanga

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Editorial 17 Dec 2016
Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Mu Mahanga

Burundi: Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Editorial 03 Nov 2017
Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha  cash  ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze
SHOWBIZ

Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha cash ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze

Editorial 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru