• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Editorial 01 Jun 2017 ITOHOZA

Abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Madagascar na Ghana bategerejwe muri Zambia muri Kamena uyu mwaka, aho bazaganira n’umukuru w’iki gihugu ku bufatanye hagati y’ibi bihugu.

Aba bakuru b’ibihugu batumiwe ni Perezida Edgar Lungu na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Rajaonarimampianina wa Madagascar na Nana Akufo-Addo wa Ghana.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zambia Harry Kalaba, yabwiye itangazamakuru ko Perezida Rajaonarimampianina usanzwe anayobora Umuryango wa COMSEA, azaba ari muri iki gihugu hagati ya tariki ya 7 na tariki ya 8 Kamena uyu mwaka.

Ku birebana n’urugendo rwa Perezida Kagame muri Zambia, Kalaba yavuze ko u Rwanda ari igihugu gifite ubukungu burimo gutera imbere ku buryo bukomeye ku mugabane wa Afurika, gusa akemeza ko na Zambia nayo iri mu bihugu birimo kuzamura urwego rw’ubukungu bityo hakeneye ubufatanye, nk’uko znbc.co.zm kibivuga.

Naho ku birebana n’urugendo rwa Perezida Nana Akufo-Addo wa Ghana, Kalaba yavuze ko uyu mukuru w’Igihugu azafatanya na Perezida Lungu gufungura ku mugaragaro inama mpuzamahanga ya gatanu ijyanye n’ubucuruzi.

Iki gihugu kivuga ko gikeneye ubufatanye bukomeye n’ibihugu bya Afurika, hagamijwe kugera ku iterambere rirambye.

Zambia ni kimwe mu bihugu ku mugabane wa Afurika gituwemo n’Abanyarwanda benshi bahakorera ibikorwa by’ubucuruzi bukomeye, ibintu byanatumye Muri Mata amaduka y’Abanyarwanda asaga 60 asahurwa mu myigaragambyo yayebereye muri icyo gihugu yitiriwe ibikorwa by’amarozi baketse ku banyamahanga.

Gusa Zambia inavugwaho kuba icumbikiye abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bagera ku icumi.

-6711.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Source: Izuba rirashe

2017-06-01
Editorial

IZINDI NKURU

Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Igisirikare cya Uganda cyavuze aho Gen Makenga wayoboraga M23 aherereye

Editorial 14 Nov 2016
Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 01 Jun 2016
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Editorial 28 Apr 2016
Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Editorial 13 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA
HIRYA NO HINO

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Editorial 29 Mar 2019
Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo
IMIKINO

Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo

Editorial 25 Jan 2016
Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw
UBUKUNGU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Editorial 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru