• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kamonyi: Abayobozi b’ibanzemuri Runda biyemeje gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha

Kamonyi: Abayobozi b’ibanzemuri Runda biyemeje gufata iya mbere mu kurwanya ibyaha

Editorial 24 Mar 2016 Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze, imidugudu n’utugari bagera kuri 120 baherutse gutorwa mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi biyemeje gufata iya mbere mu bikorwa byo kwicungira umutekano ku bufatanye n’abo bashinzwe kuyobora ngo hakumirwe ibyaha.

Abayobozi baherutse gutorwa muri uyu murenge, bakaba banagize komite zo kwicungira umutekano ku bufatanye bw’abaturage na Polisi(CPCs), babyiyemeje mu kiganiro bahawe n’umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi, Chief Inspector of Police(CIP) Marcel Kalisa, kuri uyu wa kabiri taliki ya 22 Werurwe 2016.

Nyuma y’iki kiganiro, Mukashyaka Agnes, umwe muri ba CPCs yagize ati:”Dufite inshingano yo kuzamura aho dutuye ku rundi rwego, ntitwabigeraho rero hakigaragara ibyaha bitandukanye, inshingano yacu ni iyo kubikumira no kubirwanya.”

Mukashyaka yongeyeho ko mu gihe cyose azamara ayobora umudugudu wa Rugogwe wo mu kagari ka Kabagesera, azashyira imbaraga ze mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mu ngo aho yagize ati:” Twe nk’abagize CPCs, tugomba gukorana bya hafi n’inzego zishinzwe umutekano tugafatanya kurwanya ibyaha kandi tugashakira imibereho myiza abo tuyobora.”

Yakomeje avuga ko ibyaha byo gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa ryo mu ngo biherutse kugaragara aho ayobora ryaterwaga n’ibiyobyabwenge byahabonekaga ariko ku bufatanye bwa Polisi n’abaturage, hakozwe ubukangurambaga buhagije birakumirwa.

Aha Mukashyaka yagize ati:” Twe nk’abayobozi bashya, dufite ubushake bwo kurwanya ibi byaha, turashaka kongera ubufatanye bwacu na Polisi n’izindi nzego zishinzwe umutekano.”

Yarangije avuga ko abagize CPCs bakwiye kwita kandi ku kibazo cy’abana bo mu muhanda bafatanya n’ababyeyi babo gushakira umuti icyo kibazo aho yagize ati:” Leta yashyizeho ingamba zose zo gushakira imibereho myiza abana n’umuryango muri rusange, niyo mpamvu natwe dufite inshingano yo gushakira umuti hamwe n’ababyeyi b’abana bakiboneka mu muhanda ngo iki kibazo kirangire burundu.”

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi aganira n’aba bayobozi, yibanze ku bufatanye bwabo na Polisi hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha kandi abasobanurira ibyaha bimwe birimo magendu, gukubita no gukomeretsa, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibindi,…

CIP Kalisa yabwiye aba bayobozi ati:” Ni mwe mubana n’abaturage cyane kurusha Polisi, niyo mpamvu mugomba gukoresha ayo mahirwe ngo mubakangurire kwirinda ibyaha.”

Polisi ikorera mu karere ka Kamonyi ikaba yaratangiye iyi gahunda yo guhura n’abayobozi b’ibanze baherutse gutorwa igamije kubakangurira gufata iya mbere mu gukumira no kurwanya ibyaha, aho iyi nama ije ikurikira indi nkayo yari yabereye mu murenge wa Nyarubaka.

RNP

2016-03-24
Editorial

IZINDI NKURU

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016
Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Editorial 05 Jan 2016
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Editorial 16 Aug 2023
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016
Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Editorial 05 Jan 2016
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Editorial 16 Aug 2023
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru