• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Editorial 07 Mar 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umusirikare w’u Rwanda wavuye ku rugerero yasohoye igitabo kigaragaza inzira ndende y’inzitane, Inkotanyi zanyuzemo zikabohora Igihugu cyari cyarokamwe n’akaga gashingiye ku ivangura n’irondabwoko.

Rtd Capt Ndahiro Logan winjiye urugamba rwo kubohora igihugu afite imyaka 39, avuga ko impamvu yanditse iki gitabo ari ukugira ngo urubyiruko ndetse n’abandi bantu batandukanye basobanukirwe n’ibyaranze urwo rugamba.

Avuga ko amateka y’uru rugamba atakunze kwandikwaho cyane, ahubwo abantu benshi bakaba baranditse kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kandi urugamba rwo kubohora igihugu ari rwo rwayihagaritse.

Mu kiganiro IGIHE dukesha iyi nkuru   Rtd. Cpt Ndahiro, ashimangira ko kuba yarabaye ku rugamba, bituma ava imuzingo ibyarubereyeho, nk’umuntu wabibonesheje amaso.

Agira ati “Ni ngombwa ko tugira amateka y’urugamba rwacu n’inzirabwoba (Inkotanyi n’Inzirabwoba). Kuko ni ibintu tugomba kubika kandi tukabibika neza, abana bacu bakazakura babisoma babizi, bazi ubutwari Inkotanyi zagize, bazi n’amayeri zakoresheje zigahagarika Jenoside zigatsinda urugamba. Noneho nkumva ari ngombwa nk’umuntu wabaye ku rugamba ubwanjye kuko n’ibyo nanditse byose ubwanjye ni ko nabibayemo. Nta ntambara uzasoma muri icyo gitabo ntarwanye kereka iya bariya basirikare bacu 600 bagiye i Kigali ni ho ntari ndi.”

Ni igitabo kiri mu Kinyarwanda, cyitwa Inzira y’Inzitane yo Kwibohora kw’Abanyarwanda, gifite amapaji 113, umwanditsi wacyo ahamya ko inyigisho ikirimo urubyiruko rw’ubu niruzumva ruzamenya ubutwari ndetse rugakurizamo kugira umutima wo gukunda igihugu.

Ndahiro avuga ko yinjiye urugamba tariki ya 5 Ukwakira 1990, mu gihe rwari rwatangiye tariki ya Mbere z’uko kwezi. Akigera Kagitumba ngo yasanze abasirikare benshi bakomeretse ariko bamuremamo ingufu bamubwira ko atagomba gucika intege ahubwo we na bagenzi be bazakomeze barwane n’umwanzi.

Ati “Icyo kintu ndacyibuka, abana bakomeretse babimbwira bati ‘mwirinde kugaruka inyuma basha!’ N’ubwo bari hasi bamugaye. Nanjye rero ngeze ku rugamba naravuze nti ariko igihe nabereye impunzi imyaka mirongo ingahe, nari ntarakandagira ku butaka bw’u Rwanda, nabukandagiyeho numva ngize icyizere ndavuga nti mpaka turwane n’uyu mugabo […] Kuko nabonaga byose bishoboka. Numvaga mfite iryo shyaka nkavuga nti reke tugaruke iwacu, reka dutahe twe kuguma gucunaguzwa n’ibihugu twahungiyemo, twe kuguma mu bukene twarimo, twe kuguma kuba impunzi, icyo gisebo.”

Mu rugamba rwose rwo kubohora Igihugu, uyu mwanditsi avuga ko icyamubabaje cyane ari urupfu rw’uwari Umugaba w’Ingabo, Maj. Gen. Fred Gisa Rwigema n’abandi basirikare bakuru, barashwe mu minsi ya mbere.

Gusa akavuga ko yashimishijwe cyane no kuba Umugaba Mukuru mushya, Gen. Maj. Kagame Paul yaragaragaje ubuhanga n’ubunararibonye butagereranywa kugeza urugamba barutsinze.

Ati “Twari dufite umuyobozi, twari dufite Paul Kagame, ni umuntu udasanzwe buriya, n’aho twabaga hose twabaga turi kumwe, atugira inama. Twajya gutera akabona amakuru y’ubutasi amubwira ngo umwanzi ameze atya ameze atya. Akaduha amabwiriza ati ‘niba ameze atya muramurasa gutya, twabaga turi hamwe na we’, ibyo na byo bikadutera ishyaka, kuko twabaga twicaranye na we.”

Incamake y’iki gitabo

Iki gitabo kiragaragaza ubuzima bubi Abatutsi bari barameneshejwe mu Rwanda babagamo mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda. Bikagera aho bishyira hamwe bagafata icyemezo cyo gutaha ku ngufu mu rwababyaye.

Kirerekana kandi uburyo Umuryango RPF Inkotanyi washinzwe, ndetse n’uko urugamba rwo kubohora Igihugu rwatangiye n’uburyo Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umwanditsi agaragaza ko igihe Inkotanyi zateraga mu Mutara, mu ntagiriro z’urugamba, umwanzi yari afite ingufu nyinshi ariko ntibizibuze gukora iyo bwabaga zigahangana na zo.

Hari aho agaragaza ubuhanga bw’Umugaba Mukuru w’Ingabo muri icyo gihe, aho yanafashe umwanzuro wo gufata ingabo zimwe akazohereza mu Birunga.

Ati “Nagira ngo mvuge ko nta gitero RPA yakoraga Umugaba Mukuru w’Ingabo atabanje kubona raporo y’ubutasi, ikindi, atabanje kureba, akurikije raporo yabonye niba abasirikare be batazahatakiriza ubuzima. Kugira ngo atwemerere gutera ni uko yabaga yashishoje akurikije ibyo yabonye muri raporo. Ni ikintu yazirikanaga iteka kuva dutangiye intambara kugeza irangiye.”

Hari aho umwanditsi avuga imbeho ikabije yo mu birunga agira ati“Nijoro twarotaga, wakotesha uruhande rw’imbere inyuma mu mugongo hakaba amazi ubwo ugahindukira kugira ngo woteshe n’umugongo, imbere na ho hakaba harakonje, ukongera ugahindukira nturyame. Mu Birunga ariko twahagiriye n’ibihe byiza kuko nta mwanzi wari uzi aho turi , nta n’uwashoboraga kutubona kuko urugano rwari rudutwikiriye. Twakoraga imyotozo ya gisirikare, mu mutuzo, nta ndege zirirwaga zituzenguruka hejuru nk’uko byari bimenze mu Mutara…”

Iki gitabo kirerekana aho Inkotanyi zarwaniye hose, haba mu Mutara, mu Mujyi wa Ruhengeri aho zafunguye gereza yarimo imfungwa 1600, urugamba rwabereye i Byumba, mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ahandi.

Rtd Capt Ndahiro avuga ko iki gitabo ateganya no kugishyira mu rurimi rw’Icyongereza mu rwego rwo gusangiza buri wese aya mateka. Kuri ubu iki gitabo kikaba kigurishirizwa mu maguriro y’ibitabo, harimo irya Caritas ndetse na Ikirezi.

Iki gitabo kiva imuzi ibihe byaranze Inkotanyi mu rugamba rwo kubohora igihugu

Kiboneka mu masomero atandukanye mu Mujyi wa Kigali harimo irya Caritas na Ikirezi


2018-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019
Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Editorial 29 Oct 2019
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Editorial 18 Mar 2019
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019
Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Editorial 29 Oct 2019
Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Museveni ageze aho guha pasiporo abambari ba RNC

Editorial 18 Mar 2019
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019
Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Editorial 29 Oct 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru