• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Kenya na Sudan y’Epfo bishobora gutuma inteko ya EAC itinda cyane gutangira akazi

Editorial 08 Jun 2017 Mu Rwanda

Kenya na Sudan y’Epfo zigeye gutuma inteko nshingamategeko ya EAC ikomeza gutinda gutangira imirimo yayo kubera impamvu zihariye usanga muri ibyo bihugu byombi.

Inteko ya kane y’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EALA) yari gutangira imirimo yayo tariki eshanu z’uku kwezi ariko birananirana kubera abadepite kuva muri Kenya batabonetse n’abo muri Sudan y’Epfo batashoboye kwemerwa kubera yuko ibyabo bidasobanutse !

Iby’uko Sudan y’Epfo yaba yarohereje abadepite dasobanutse muri EAC wabihera no ku buryo ubwayo yinjiye muri uyu muryango. Iki gihugu kikibona ubwigenge kuva kuri Sudan ya ruguru muri 2011 cyahise gisaba kwinjira muri EAC, gitinda kwemererwa ariko tariki 15 Mata 2016 gikingurirwa imiryango yose ngo gihite cyinjira ariko kigaseta ibirenge !

Impamvu zatumaga Sudan y’Epfo itinda kwinjira muri EAC, kandi yaremerewe, zirumvikana n’ubwo ubwazo ari inenge zanagatumye itakabaye yaremerewe kwinjira itararangiza ibibazo byayo !

-6846.jpg

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta

Nyuma gato icyo gihugu kibonye ubwigenge, ababukigejejeho (SPLM) basubiranyemo, batangiye kwirwanira ubwabo bituma inzego nyinshi z’ubutegetsi zihagarara gukora.

Ntabwo rero ibyo kwinjira muri EAC byari bikiri igikorwa kihutirwa kurusha gushakisha uko intambara yahagarara, nubwo na n’ubu umwiryane ugikomeje. UNHCR igaragaza yuko umwaka ushize abantu 1,867,870 bahunze ubutegetsi bwa Perezida Salva Kiir cyangwa intambara z’abamurwanya bashyigikiye Visi Perezida Riek Machar, nawe ubu uri mu buhungiro muri Afurika y’Epfo.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ariko Juba yagaragaje kwiyemeza gufata ibyicaro byayo muri EAC nta kabuza. Tariki 11 Werurwe uyu mwaka Sudan y’Epfo yatangaje amazi y’abantu icyenda bazayihagararira muri EALA. Iyi yari intambwe ikomeye iki gihugu cyari giteye kwinjira muri uyu muryango ugizwe n’ibihugu biwufitemo uburenganzira n’inshingano zingana.

Inteko nshingamategeko ya gatatu (iyari iriho) ya EALA yacyuye igihe tariki 02/06/2017, iseswa n’uwari umuyobozi wayo, Dan Fred Kidega, ukomoka mu gihugu cya Uganda. Inteko ya kane, yari gusimbura iyo ya gatatu, yagombaga gutangira imirimo yayo tariki eshanu z’uku kwezi ariko ntibyashoboka kubera igihugu cya Sudan y’Epfo hamwe na Kenya, nk’uko twabikomojeho.

Amategeko agenga EAC ateganya yuko buri gihugu kigize uyu muryango cyohereza abadepite icyenda mu nteko nshingamategeko yawo (EALA). Abo badepite ariko bagomba kuba baratowe n’inteko nshingamategeko ya buri gihugu kibohereje.

Sudan y’Epfo umubare w’abadepite icyenda yarawubahirije ariko ikurikije ingingo y’itegeko ryayo ryo gusaranganya ubutegetsi. Uko niko hoherejwe Gabriel Garang Aher Arol, Gabriel Alaak Garang, Dai Deng Nhail, Ann Ito, Tomas Tut na Isaac Aziz Justne Basugbwa.

Abo uko ari batandatu boherejwe bahagarariye leta (SPLM ya Kiir), naho Adil Alias Sandrai na Gideon Gatpan bahagarariye abayirwanya (SPLM-IO). Uwa cyenda yagombaga kuva mu mashyaka atavuga rumwe na leta ariko atari no mu mirwano, hoherezwa Joseph Ukel Ubango, ukuriye ishyaka the Unuted Sudan African Party (USAP).

Ikirego cy’uko abo bantu boherejwe guhagararira Sudan mu buryo bunyuranijwe n’amategeko agenga EAC cyashyikirijwe urukiko rw’uyu muryango kikaba cyaremewe, kizatangira kuburanishwa tariki 15 z’uku kwezi.

-6847.jpg

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo

Impamvu zatumye abo badepite ba Sudan batoranywa mu bundi buryo zishobora kuba zumvikana kuko uretse no kuba baroherejwe hubahirijwe amasezerano y’amahoro, ntabwo inteko nshingamategeko y’icyo gihugu irashobora kuba yakongera guterana kubera ibyo bibazo by’intambara. Ibyo aribyo byose ntabwo abo badepite boherejwe n’inteko nshingamategeko ya Sudan y”Epfo nk’uko amategeko ya EAC abiteganya. Ntabwo bemerewe kurahira nk’uko kutarahizwa kwabo bitumama n’abo mu bindi bihugu batarahira !

Ikindi twavuze gituma abadepite muri iyi nteko ya kane ya EALA badashobora kurahira ni Kenya itaroherezayo abayo, kuko bataraboneka !

Ubu igihugu cya Kenya kiritegura amatora, azaba tariki 08/08/2017, harimo nay’abadepite. Abadepite basanzweho muri Kenya ubu barahuze cyane bashakisha uko bazongera bagatsinda amatora, ku buryo batakigira umwanya wo kwitabira ibikorwa by’inteko yabo. Uko niko inteko nshingamategeko ya Kenya yabuze uko yatora abadepite bajya guhagararira icyo gihugu muri EALA !

Aho ikibazo gishobora gukomerera kurushaho n’uko iyo nteko nshingamategeko iriho ubu muri Kenya izaseswa tariki 15 z’uku kwezi, ibya EALA bikazategereza habonetse abadepite bashya nyuma y’amatora !

Casmiry Kayumba

2017-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Editorial 31 Aug 2021
Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Hagati ya Mashami Vincent na Jimmy Mulisa umwe ashobora gusimbura Eric Nshimiyimana wasezerewe n’ubuyobozi bwa AS Kigali, ni nyuma yo gutsindwa na Rayon Sports 2-1

Editorial 19 Dec 2021
Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Bugesera FC yahakanye amakuru y’uko yahagaritse umutoza wayo Mbarushimana Abdoul, iboneraho kwisegura kubwo umusaruro utari mwiza

Editorial 25 Dec 2021
Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Editorial 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje
Amakuru

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Editorial 18 Oct 2020
Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Editorial 03 Jun 2017
Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.
ITOHOZA

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Editorial 20 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru