• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Editorial 22 Oct 2017 Mu Mahanga

Umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko atazigera yemera intsinzi ya Perezida Uhuru Kenyatta mu matora azasubirwamo kuwa Kane w’icyumweru gitaha, birushaho gutera impungenge z’umwuka mubi ushobora gufata indi ntera muri icyo gihugu.

Odinga uheruka kwivana mu bakandida, avuga ko nta matora azaba muri Kenya, igihe cyose hadakozwe impinduka mu mitegurire y’amatora yanatumye ayabaye ku wa 8 Kanama ateshwa agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga. Icyo gihe Kenyatta yari yegukanye intsinzi.

Mu kigagiro yagiranye na Daily Nation, Odinga yaciye amarenga ko azasaba urukiko kongera gutesha agaciro ibizava mu matora.

Yagize ati “Twe uko tubibona aya ntabwo ari amatora. Bityo rero iki si igikorwa gikurikije amategeko ahubwo ni politiki nsa igomba gufatwa gutyo.”

Ibivugwa n’amashyaka yiyunze kuri Odinga biheruka gushimangirwa na Komisiyo y’amatora, ubwo umuyobozi wayo, Wafula Chebukati, yavugaga ko aho ibintu bigeze atakwizeza ko amatora azagenda neza, ubwo umwe mu bakomiseri yari amaze guhunga igihugu.

Odinga yakomeje agira ati “Mwiyumviye Chebukati avuga ko atakwizeza ko amatora azaba mu mucyo. Muri make ntabwo yakwizeza ko amatora azagenda neza. Mu bihe nk’ibyo, tunaretse ibibazo twazamuye mbere, ninde muntu utekereza neza wakwemera kujya mu matora nk’ayo?”

Yavuze ko ku wa 25 Ukwakira aribwo azatangaza icyo agomba gukora, ariko ko Perezida Kenyatta akwiye kumenya ko nta matora azabaho.

-8456.jpg

Raila Odinga

Yakomeje agira ati “Ndabahamiriza ko dukwiye kurangiza iki kibazo mu bucyo bw’ituze.’Gusa ntiyatangaje ubwo buryo ubwo aribwo, ariko mu mvugo yagiye akoresha interuro “ikindi cyiciro cy’urugamba”.

Yakomeje agira ati“Turi gukoresha uburyo butandukanye, ubw’igihe gito n’uburambye. Imyigaragambyo yo mu mihanda ifite aho igarukira. Mu gukomeza imbere ariko tuzahindura imikorere.”

Perezida Uhuru Kenyatta we akomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, mu gihe amatora abura iminsi ine gusa ngo abe. Kuri iki Cyumweru muri Kenya hateguwe amasengesho yo gusabira igihugu, ngo Imana ibafashe hirindwa ko amatora yazatuma abaturage benshi babura ubuzima nk’uko byagenze mu 2007-2008.

2017-10-22
Editorial

IZINDI NKURU

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Imbwirwaruhame y’ibanga Umwamikazi Elisabeth yavuga habayeho Intambara ya Gatatu y’Isi

Editorial 20 Sep 2017
Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda basuye Ishami rya Polisi rikoresha imbwa mu gusaka ibisasu ,ibiyobyabwenge n’ibiturika

Editorial 01 Apr 2016
Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Editorial 30 Aug 2016
Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Kenya : Umutekano wakajijwe mu gihe amatora y’Umukuru w’Igihugu asubirwamo

Editorial 26 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yahaye icyubahiro Intwari zitangiye Igihugu

Editorial 02 Feb 2017
Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana
ITOHOZA

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Editorial 17 Oct 2017
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Editorial 05 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru