• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Kicukiro: Abantu 150 bagize ibyiciro bitandukanye basabwe gushyiraho ingamba zo kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 01 Apr 2016 Mu Mahanga

​Abayobozi b’amashuri, ab’amadini, ba nyiri utubare, abafite amahoteri, abafite amazu y’amacumbi, n’abafite ay’uburiro (Resitora) bo mu murenge wa Kanombe, ho mu karere ka Kicukiro basabwe gushyiraho ingamba zo kurwanya inkongi z’imiriro mu nyubako bakoreramo imirimo yabo ndetse n’izo batuyemo.

Ibi babikanguriwe ku itariki 30 Werurwe mu gikorwa cyo kubahugura ku buryo bakwirinda inkongi z’imiriro,n’uko bazizimya igihe zibaye.

Bahuguwe na Inspector of Police (IP) Hamdun Twizeyimana, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere, akaba yarafatanije na Assistant Inspector of Police (AIP) Jonas Rizinde, akaba ashinzwe amahugurwa mu ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya inkongi z’imiriro no gutabara abari mu kaga.

Ubu bumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro no kuzizimya igihe zibaye babuherewe mu kagari ka Rubirizi.

IP Twizeyimana yabwiye abagize ibyo byiciro ati:”Inyubako zanyu zikorerwamo, zibamo, kandi zigendwamo n’abantu benshi. Mukwiye gushyiraho ingamba zo gukumira ko zabamo inkongi z’imiriro, kandi igihe zibaye mukaba mushobora kuzizimya zitarangiza ibintu byinshi.”

Yakomeje ababwira ati:”Inkongi z’imiriro zangiza ibintu, zikomeretsa abantu, ndetse hari n’igihe zihitana bamwe. Abantu barasabwa kwirinda ikintu cyose gishobora kuzitera.”

AIP Rizinde yabasobanuriye ko zishobora guterwa no gukoresha ibikoresho by’amashanyarazi bitujuje ubuziranenge cyangwa bishaje, no gukoresha abantu badafite ubumenyi buhagije mu gushyira amashanyarazi mu nyubako.

Yababwiye ko zishobora guterwa kandi no kwinjiza ibikoresho byinshi bikoresha amashanyarazi mu kindi na cyo kiyakoresha ariko kidafite ubushobozi bwo kubyakira ku buryo kigera aho gisumbywa ubushobozi n’ibyakinjijwemo, ibyo bikaba bitera sirikuwi ari na yo rimwe na rimwe iba intandaro y’inkongi z’imiriro.

AIP Rizinde amaze gusobanurira abo bagize ibyo byiciro ibishobora gutuma haba inkongi z’imiriro, yabagiriye inama yo kugura no gushyira ibikoresho by’ibanze byo kuzimya inkongi z’imiriro (Fire extinguishers) mu nyubako bakoreramo ibikorwa byabo ndetse n’izo babamo, kandi abasaba gukangurira abo bakoresha, abo bayobora, ndetse n’abaturanyi babo kugura bene ibyo bikoresho.

Yababwiye kujya kandi bazimya ibikoresho byose bikoresha amashanyarazi nka tereviziyo, mudasobwa, n’ibindi mu gihe batari kubikoresha.

Yabamenyesheje nomero za terefone za Polisi y’u Rwanda zitabazwa iyo habaye inkongi y’umuriro, izo akaba ari: 111, 0788311120, 0788311224, 0788311657 na 0788311335.

Abo bagize ibyo byiciro beretswe uko bazimya inkongi y’umuriro hakoreshejwe ibikoresho by’ibanze byo kuzizimya (Fire extinguishers), ndetse na bo bakora uwo mwitozo.

Umwe mu bahuguwe, akaba yungirije Pasiteri mukuru wa Paruwasi ya Angirikani ya Remera, Pasiteri Ruzindana John Paul yagize ati:”Nta bumenyi buhagije nari mfite ku bijyanye no kwirinda inkongi y’umuriro no kuyizimya iramutse ibaye. Aya mahugurwa ni ingirakamaro kuko yatumye mbimenya.”

Yashimye Polisi y’u Rwanda kuri ubwo bumenyi yabahaye, kandi ayisezeranya ko azabusangiza abantu batandukanye.

Undi mu bahuguwe ufite inzu y’amacumbi witwa Mukantwari Judith yagize ati:”Nsanzwe mfite ibikoresho by’ibanze byo kuzimya inkongi y’umuriro (Fire extinguishers) ariko si nari nzi uko bikoreshwa. Nyuma y’aya mahugurwa nabimenye.”

Yavuze ko ubwo bumenyi azabusangiza abo akoresha, ab’iwe mu rugo, n’abandi bantu banyuranye.

RNP

2016-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Editorial 08 Apr 2025
Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Kongo-Kinshasa yasabye ubufatanye bw’ingabo zo mu karere mu kurandura imitwe y’iterabwoba yitwaje intwaro harimo FDLR na FLN

Editorial 02 Apr 2021
Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Editorial 12 Sep 2016
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Editorial 28 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75
Amakuru

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Editorial 06 Sep 2021
Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki
INKURU NYAMUKURU

Tshisekedi yijeje gufungura imfungwa zose za politiki

Editorial 25 Jan 2019
Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Editorial 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru