• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Kigali : Perezida Kagame aratanga ikiganiro muri Transform Afurika 2017

Editorial 10 May 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2017 nibwo hafungurwa ku mugaragaro inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga izwi nka Transform Africa biteganyijwe ko Perezida Kagame atanga ikiganiro ku nsanganyamatsiko yo kubaka imijyi igezweho muri Afurika no kuyibyaza umusaruro« Harnessing potential of smart cities for Africa. »

Iyo nama iratangira none ikazageza ku wa Gatanu tariki 12, ifite insanganyimatsiko yo guteza imbere imijyi hashigiwe ku isuku n’ ikoranabuhanga n’ ibindi.

Mu nama ya mbere ya Transform Africa buri gihugu cyahisemo ikintu kimwe kizateza imbere ibihugu 17 bahuriye mu muryango washinzwe icyo gihe witwa Smart Africa bikagifataho urugero.U Rwanda rwahisemo iterambere ry’ imijyi.

Kimwe mu byo u Rwanda rwakoze muri gahunda ya Smart Afurica ni ugushyira murandasi idakenera umugozi (wireless) mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’ ahantu hahurira abantu benshi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yise “harnessing the potential of Smart Cities for Africa” aragaragaza imijyi Afurika yifuza ‘Africa Smart Cities Blueprint’.

Ni imijyi ikoresha ikoranabuhanga mu buryo bwo gutanga serivisi ku baturage, gucunga umutekano, gucunga ibikorwa remezo no mu buryo bwo kugira ngo umujyi ubeho ari umujyi ufite isuku, ugaragara neza kandi utuwe n’abaturage bafite imibereho myiza n’iterambere mu bukungu.

Harimo abo muri Angola, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Gabon, Kenya, Mali, Uganda, Sénégal, Sudani y’Amajyepfo na Tchad n’ahandi.

Iyi nama izatabirwa n’abantu bagera ku bihumbi bitatu (3,000) baturutse mu bihugu bisaga 125. Muri iyi nama hazabamo ibiganiro bitandukanye ku nsanganyamatsiko zinyuranye zijyanye ahanini n’ikoranabuhanga.

Uretse imijyi irabagirana, iyi nama izanaha urubuga abagore, aho izagaragaramo icyitwa ‘Smart Women Summit’ nk’inama ikomeye y’abari n’abategarugori mu by’ikoranabuhanga.

Uyu mwaka kandi urubyiruko rwahimbye udushya mu by’ikoranabuhanga ruzahabwa amahirwe yo kumurikira abashoramari bakomeye baturutse hirya no hino ku Isi.
Hateguwe kandi n’imurikagurisha ry’ibikorwa bishya by’ikoranabuhanga rizaba muri iyi nama (Exhibition) rizaba rigamije gushaka uko umuvuduko ikoranabuhanga rifite muri Afurika wakongerwa bityo ikoranabuhanga rihinduke moteri y’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage ba Afurika.

Nk’ibisanzwe muri iyi nama hazagaragaramo abakuru b’ibihugu batandakanye muri Afurika, aba za Guverinoma, abacuruzi n’abashoramari bo hirya no hino ku isi.

Inama ya Smart Africa itegurwa na Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’ubunyamabanga bwa Smart Africa.

Mu myaka ya 1950, abaturage ba Afurika bari batuye mu mujyi banganaga na 14%, uyu munsi abangana na 40% ni bo batuye mu Mijyi hakaba hari intumbero ko muri 2030 bazaba bageze kuri 50%, naho muri 2050 bakazaba bageze kuri 70%

-6506.jpg

Perezida Kagame ku munsi wo gusoza Transform Africa 2015

2017-05-10
Editorial

IZINDI NKURU

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Editorial 30 Jan 2017
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Editorial 15 Aug 2024
Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko  rwe mu  Rwanda

Perezida El-Sisi yasoje uruzinduko rwe mu Rwanda

Editorial 16 Aug 2017
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli
HIRYA NO HINO

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Editorial 05 Apr 2018
Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho
Mu Mahanga

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Editorial 05 May 2018
Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 04 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru