• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Editorial 07 Feb 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane tariki ya 4 Gashyantare 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Li Yong umuyobozi mukuru wa United Nations Industrial Development Organization (UNIDO), watangaje ko yaje mu Rwanda azi neza ko ari igihugu kimaze gutera intambwe mu bigendanye no guha umurongo mwiza iterambere ry’inganda.

Li Yong yatangaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye na Perezida Kagame, anamwizeza ko bafite ingamba nshya zigamije guteza imbere inganda cyane cyane muri Afurika, ariyo mpamvu we n’intumwa ayoboye bari kugenderera ibihugu bimwe na bimwe mu kugira ngo bige uko izo ngamba bazishyira mu ngiro.

Li Yong wahoze ari Visi Minisitiri w’imari w’Ubushinwa ubu uyobora iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere ry’inganda (UNIDO), yabwiye abanyamakuru ko UNIDO izakomeza gufasha iterambere ry’inganda mu Rwanda baciye muri gahunda isanzweho yo gufasha inganda muri Africa.

Li Yong yavuze ko UNIDO izafasha u Rwanda mu buryo bw’amafaranga azakenerwa mu bikorwa byo guteza imbere inganda mu gihugu, cyane cyane ngo inganda bigaragara ko zizajya zifasha abaturage no kubafasha kwikorera inganda zabo nabo bakagerwaho n’iterambere kurushaho.

Li Yong yagize ati “hagomba kubaho iterambere rishya mu by’inganda ku bw’inyungu z’abaturage.Nasanze u Rwanda rumeze neza, ni igihugu cyiza birenze uko nabitekerezaga kuko nari nafite amakuru meza ku Rwanda mu bijyanye n’iterambere ry’ubukungu”.

Minisitiri Kanimba avuga ko Li Yong afite gahunda yo gusaba Umuryango w’Abibumbye gushyira imbaraga mu iterambere ry’inganda muri Africa nibura mu gihe cy’imyaka 10.

Mu mwaka w’1997 nibwo UNIDO yatangiye gufasha ibikorwa by’iterambere mu Rwanda, ifite gahunda yo gufasha abikorera mu bijyanye no gukora ibintu bishya mu byashaje, kubaka ubumenyi mu kuzamura imishinga mito n’iciririts hitawe cyane cyane ku bagore ba rwiyemezamirimo.

Ikindi UNIDO yari igamije ni ukubaka ubumenyi mu kuvugurura politiki y’iby’inganda no gukurikirana iterambere ryazo, ikindi kandi yafashije u Rwanda mu gukora inyigo no kubaka inganda z’amashanyarazi zuzuye mu 2011 zibasha gutanga 600MW.

Umwanditsi wacu

2016-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Induru yo kwa Rusesabagina ipfuye ubusa, bidasubirwaho Johnson Busingye ni Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza

Editorial 21 Mar 2022
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Editorial 04 Dec 2016
Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Editorial 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.
Amakuru

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Editorial 25 Sep 2024
Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa
Mu Mahanga

Nyagatare: Afunzwe akurikiranyweho ubujura bwa mudasobwa

Editorial 31 Mar 2016
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda
Amakuru

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Editorial 19 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru