• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Kigali: Umugabo washatse kwambura umupolisi imbunda yarashwe arapfa

Editorial 06 Apr 2017 ITOHOZA

Polisi yarashe ndetse yica umugabo witwa Bizumukiza Ildephonse wari wazanye imodoka yapakirwagamo ibicuruzwa byibwaga mu iduka riri ku Kinamba, ubwo yashakaga kuyirwanya mu gihe yari itabaye ngo iburizemo ubwo bujura.

Ibi byabaye mu gicuku cyo ku wa 4 Mata mu Mudugudu wa Iriba, mu Kagari ka Kibaza, Umurenge wa Kacyiru.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu, yatangaje ko igihe iri duka ryasahurwaga, abapolisi bari mu kazi babonye amakuru ko hari ahantu hari kwibwa maze bahita batabara baburizamo ubwo bujura butaraba.

SP Hitayezu yagize ati “Twabonye amakuru duhawe n’umuturage wagize amakenga aciye kuri ririya duka ricuruza ibikoresho by’ubwubatsi n’iby’amazi ry’uwitwa Bizimana riri ku Kinamba , nyuma yo kubona barimo gupakira ibicuruzwa mu gicuku, abapolisi bihutiye kuhagera basanga hari abantu bahagaritse imodoka imbere yaryo bari gutundiramo bimwe mu biricururizwamo.”

SP Hitayezu yakomeje avuga ko umwe mu bari muri ubwo bujura witwa Bizumukiza Ildephonse utuye ahitwa Gasanze, mu Murenge wa Nduba, wari wazanye imodoka barimo bapakiramo ibyibano, yabonye ko abapolisi bagiye kumufata maze asatira umwe mu bari batabaye ashaka kumwambura imbunda maze abandi baramurasa ahita agwa aho; mugenzi we ariruka ku buryo n’ubu agishakishwa.

Asobanura iby’ubu bujura, SP Hitayezu yagize ati “Twasanze aba bagabo baracurishije imfunguzo ebyiri, urw’urugi n’urw’imwe mu ngufuri zari ziri ku rugi rw’iduka maze indi bayicisha umutarimba twahasanze; Bizumukiza yari umuntu uhamenyereye kuko ngo yakundaga kuhaza nyuma y’uko afungiye akabari ke kari hafi y’ahantu yashakaga kwiba.”

Yavuze kandi ko baciye mu mwenge w’igisenge, aho bafashwe bamaze no kugeza imifuka mu iduka rikurikiye iryo bibagamo kugira ngo batwareyo ibindi bicuruzwa, ariko babagwa gitumo nta kintu barakurayo.

SP Hitayezu yashimye imyitwarire y’abaturage batanga amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha nk’ibi biburizwemo kuko ubwabyo ari umutekano muke.

Yavuze ko kugeza ubu, ibyari byapakiwe muri iriya modoka byashyikirijwe nyirabyo mu gihe iperereza rikomeje ngo hamenyekane abari inyuma y’iki gikorwa bose harimo no gushakisha uwatorotse.

Yahamagariye abaturage kwitabaza inzego zishinzwe umutekano igihe cyose babonye imyitwarire n’ibikorwa bidasanzwe; bakihutira kubimenyesha Polisi ibegereye nk’uko uriya muturage yabigenje, cyangwa bagahamagara ku murongo utishyurwa wa 112 nawo wa Polisi y’u Rwanda bagahabwa ubutabazi.

2017-04-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Editorial 13 Jun 2024
Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Editorial 31 Aug 2018
CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

CP Kabera yagizwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu

Editorial 30 Oct 2018
Ese ibyo  DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ese ibyo DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Editorial 22 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi
INKURU NYAMUKURU

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Editorial 13 Aug 2018
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Editorial 15 Jan 2018
Perezida Kagame yerekeje   i Ndjamena mu irahira rya  Perezida Itno
POLITIKI

Perezida Kagame yerekeje i Ndjamena mu irahira rya Perezida Itno

Editorial 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru