• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Editorial 05 Nov 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

Umurwa mukuru w’u Rwanda Kigali umaze kuba ihururiro ry’ibikorwa ndetse n’inama zitandukanye bitewe n’ibikorwaremezo bimaze kuba ubukombe, usibye inama ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye bihuruza abanyamahanga, kuri ubu hagezweho kwakira ibitaramo birimo abahanzi baturutse hanze y’igihugu.

Hari hashize igihe kitari gito mu Rwanda hatabera ibitaramo bitandukanye kubera ikibazo cy’icyorezo cya Koronavirusi, ariko kuko kugeza ubu gisa n’ikirimo gucogora ibitaramo byasubukuwe, ku isonga harabanza igitaramo cy’umunya-Nigeria Adekunle Gold.

Kuri uyu wa gatanu, mu gitaramo cyateguwe na Mutzig batumiye umuhanzi Adekunle Gold uzwi nka AG Baby kuri ubu wamaze no kugera mu Rwanda aho ari buze gutaramira abakunzi b’umuziki mu gitaramo kiri bubere ku i Rebero ahazwi nka Canal Olympia.

Uyu muhanzi araba ari kumwe n’umuhanzi Kenny Sol wamenyekanye ndetse anakundwa cyane mu ndirimbo aherutse gushyira hanze yise Umurego, araba kandi aherekejwe na Gabiro Guittar nawe ufite indirimbo ikunzwe yitwa Igikwe.

Ni igitaramo kiri bwitabirwe n’abantu bipimishije Koronavirusi bakagaragaza ko ntabwandu bafite, ndetse bakingiwe iki cyorezo. Kwinjira muri iki gitaramo kiri butangire ku isaha ya saa kumi n’imwe ni amafaranga ibihumbi 30, 20 ndetse n’ibihumbi 10.

Usibye iki gitaramo kandi, kuri uyu wa gatandatu guhera ku isaha ya saa kumi zuzuye muri Kigali Arena umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie arahakorera igitaramo yise icyo kwizihiza imyaka 10 amaze mu ruhando rwa Muzika.

Ni igitaramo uyu muhanzi yahurijemo abahanzi batandukanye b’abanyarwanda bayobowe na Gatsinzi Emery Rider Man, Niyo Bosco, Bul Dogg, Mike Kayihura, Christopher, Inganzo Ngari, Papa Cyangwe ndetse n’abandi.

Kwinjira muri iki gitaramo ni amafaranga ibihumbi 10, 20, 30 ndetse na 150 mu myanya y’icyubahiro.

Impera z’icyumweru gitaha kandi nibwo umuhanzi Stanley Omah Didia uzwi nka Omah Lay ukomoka mu gihugu cya Nigeria nawe biteganyijwe ko afatanyije n’abandi bahanzi Nyarwanda bazakora igitaramo.

Impera z’ukwezi k’Ugushyingo kandi kuzasiga mu Rwanda umuhanzi Divine Ikubor uzwi nka Rema nawe wo muri Nigera azakorera igitaramo mu rw’Imisozi igihumbi.

2021-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017
Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Itangazamakuru ritagatifuza abicanyi ntaho ritaniye nabo.

Editorial 06 Jun 2024
CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Editorial 22 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa
POLITIKI

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Editorial 17 Mar 2017
Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe
POLITIKI

Trump ntabwo akunzwe nk’uko Obama yari akunzwe

Editorial 03 Apr 2017
U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe
Mu Mahanga

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Editorial 20 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru