• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Kiliziya Gatolika yongeye gusabira imbabazi abapadiri bagize uruhare muri Jenoside

Editorial 07 Oct 2017 Mu Rwanda

Kiliziya Gatolika mu Rwanda, yongeye gusabira imbabazi abapadiri bateshutse ku nshingano zabo bakagira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kuva kuwa 7 Ukwakira 1917 kugera kuwa 7 Ukwakira 2017, imyaka 100 irashize Musenyeri Jean Joseph Hirth ahaye Ubupadiri abanyarwanda babiri ba mbere, Barthazar Gafuku uvuka i Zaza na Donat Reberaho uvuka i Save.

Mu ijambo rya Musenyeri wa Diyosezi ya Butare, akaba n’Umuyobozi w’inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Philippe Rukamba, ubwo hizihizwaga iyi Yubile y’imyaka 100; yagarutse ku mateka yaranze abapadiri mu myaka ijana ishize, ashimira abitwaye neza kugira ngo Kiliziya ishinge imizi.

Yananenze ariko abitwaye nabi, cyane cyane abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasabira imbabazi imbere y’Abanyarwanda bose.

Yagize ati “Turasaba imbabazi z’ibyaha by’abapadiri cyane cyane abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, turazisaba nk’abepisikopi babo. Mu ruzinduko Perezida wa Repubulika yagiriye i Vatikani, Papa yasabiye imbabazi abakirisitu bose muri rusange […] Hari bagenzi bacu twongeye gusabira imbabazi imbere y’Imana mu bwiyumanganye bwinshi, imbere y’abanyarwanda bose n’imbere y’abantu bose.”

Musenyeri Rukamba yavuze ko abapadiri b’u Rwanda muri iki gihe bakomeje gusaba Imana imbaraga ngo batazongera gutsindwa bakitwara nabi.

Ati “Umwaka wa Yubile unadufasha kureba imbere tukiha ingamba nshya zo kudatsindwa n’ikibi, ntitugomba guheranwa n’inabi.”

Yanashimye kandi abapadiri bitwaye neza mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bagatabara abo bari bashinzwe ndetse benshi muri bo bakicwa bazira kwanga gutererana abahigwaga.

Yongeyeho ko mu myaka iri imbere, kiliziya izakomeza gukorana neza na leta y’u Rwanda mu bikorwa biteza imbere Abanyarwanda bose muri rusange.

Mu gihe hizwihizwa Yubile y’imyaka 100, u Rwanda rubonye abapadiri ba mbere b’abenegihugu; inyandiko zitandukanye za Kiliziya Gatolika, zivuga ko abapadiri ba mbere bakoze ibikorwa bikomeye birimo kuba barajyaga kwiga muri Tanzania n’amaguru kuko ariho hari iseminari muri aka karere. Zivuga kandi ko Ubupadiri mu Rwanda ari ikintu cyihuse cyane ugereranyije no mu bindi bihugu, kuko ku myaka 17 gusa abamisiyoneri bahageze hahise haboneka abapadiri kavukire.

Izi nyandiko zivuga ko Abepiskopi, Jean-Joseph Hirth, Léon-Paul Classe na Laurent Déprimoz bitanze maze Kiliziya igashinga imizi mu Rwanda mu myaka 50 ya mbere. Yubile y’iyi myaka yabaye abanyarwanda 99 bamaze guhabwa Ubupadiri.

-8255.jpg

Umuvugizi wa Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Musenyeri Philippe Rukamba

2017-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Editorial 01 Mar 2025
Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Editorial 17 Aug 2018
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Editorial 03 May 2021
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Editorial 30 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75
Amakuru

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Editorial 06 Sep 2021
Umunyarwanda Emmanuel Cyemayire, wacururizaga i Mbarara muri Uganda wari warashimuswe na CMI yagarutse mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Emmanuel Cyemayire, wacururizaga i Mbarara muri Uganda wari warashimuswe na CMI yagarutse mu Rwanda

Editorial 30 Jan 2018
Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.
Amakuru

Umujenosideri Yussuf Munyakazi apfuye atarangije igifungo cy’imyaka 25 yari yarakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda.

Editorial 13 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru