• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Editorial 02 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu benshi bashobora kuba baramenye Iseminari nto ya Butare kubera izina yubatse mu mikino ya Volleyball na Basketball haba mu bihe byashize kugeza n’ubu. Iri shuri ariko rizwiho no kuba igicumbi cy’abahanga mu kwandika umuziki w’amanota, barimo na Kizito Mihigo.

Kizito Mihigo ni we washinze ‘Kolari Melomane’ nanjye naririmbyemo. Igihe cyose twabaga turimo kuririmba twarizihirwaga, abantu bagakunda ubuhanga korari yacu yari ifite bushingiye kuri Kizito 100%, kuko indirimbo zose twaririmbaga ari we wabaga wazanditse. Kizito Mihigo muzi neza.

Nyuma y’imyaka 25 ingabo za RPA zihagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyihakana biracyari ikibazo gikomeye hirya no hino ku Isi, kandi ababiri inyuma ni abayigizemo uruhare bari mu bihugu binyuranye bahungiyemo. Bakoresha guhakana Jenoside mu guhunga ubutabera ku byo bakoze, bakigaragaza nk’abanyepolitiki.

Ndi umunyeshuri kuri Kaminuza ya Haifa (Israel) mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na Jenoside, kandi gusigasira urwibutso (mémoire) rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi binyuze mu kurwanya kuyihakana biri mu byo nibandaho. Ntabwo nshobora guceceka mu gihe mbona urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa uko rutari, bigakorwa n’abagize uruhare muri Jenoside n’abayihakana.

Mu ibaruwa yo ku wa 21 Gashyantare 2020, abiyita ko barokotse Jenoside baba mu mahanga basabye “iperereza mpuzamahanga rihuriweho ku rupfu rw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana n’impirimbanyi y’amahoro, Kizito Mihigo.” Muri ubwo busabe bifatanyije n’abahakana Jenoside n’abandi bashakishwa ku ruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Iryo huriro ubwaryo ryerekana ko urupfu rwa Kizito rurimo gukoreshwa ku nyungu za politiki, ndetse ubwo busabe ntaho buhuriye no gushaka ubutabera.

Abarokotse Jenoside bazi neza ko umuco wo kudahana ari wo watumye Jenoside ishoboka. Hagati y’umwaka wa 1959 na 1994, abahembereye Jenoside bagiye bahemba abicanyi imitungo basahuye cyangwa bakabazamura mu ntera. Iyo bitaza kugenda gutyo amategeko agakurikizwa, Jenoside yashoboraga no kutaba.

Abicaga bagenzi babo b’Abatutsi maze bakagororerwa, bumvaga ari ishema, bikabaha imbaraga, bikanatuma abandi bitabira ibikorwa bitaha ku bwinshi.

Kubera aya amateka, abarokotse Jenoside bumva neza ingaruka zo kudakurikiza amategeko, kuko byabyaye amahano tudashobora kwibagirwa. Nagiye mbona abantu batekereza ko abacitse ku icumu bahebeye urwaje, ko byatewe n’imyaka y’igitugu cya Habyarimana n’itotezwa ridashira, tugahitamo imyitwarire yo kubaha amategeko.

Nyamara uko kubaha amategeko ntibyatubujije gutsembwa. Si ukwemera ikije cyose, ahubwo ni ugutinya ingaruka z’ukudakurikiza amategeko.

Byatumye nibuka uburyo bamwe mu barokotse Jenoside bahisemo kwirengagiza uko Kizito yifatanyije n’imitwe y’iterabwoba n’ibyaha byayo, bibwira ko kuba uwarokotse Jenoside bimushyira hejuru y’amategeko, hejuru y’ubugizi bwa nabi yashinjwaga gushaka kuzanira abanyarwanda, akaza no kubabarirwa.

Benshi mu barokotse bamaganye Kizito, bakumva bafite ikimwaro igihe cyose hagize ushaka kumuzamura ngo amushyire ku rundi rwego yakwitirirwa urwo arirwo rwose, hejuru yo kuba ari umunyabyaha wabihamijwe n’urukiko nyuma akaza guhabwa imbabazi.

Nk’uwacitse ku icumu Kizito yari umwe muri twe; ariko mu byaha ho yari wenyine. Mu gihe kandi twamagana ibyo yakoze, tunababazwa n’amahirwe yari amuri imbere ntayabyaze umusaruro ngo amuhindurire ubuzima, ngo abe umuturage wubaha amategeko nkatwe, ngo abashe kuba icyo uwarokotse bivuze: Icya mbere ni ukurengera amategeko kubera ububabare twanyuzemo butewe no kutubahiriza amategeko, byaranze ubutegetsi bw’u Rwanda rwo hambere.

Byatumye nanibuka ukuntu abagize uruhare muri bya bikorwa bishingiye ku kutubahiriza amategeko, bifatanyije n’abo bahoze batoteza ngo barashaka ‘ubutabera’. Nahise menya ko nta kindi bagamije kitari inyungu za politiki mu kwibasira Guverinoma y’u Rwanda.

Byari n’igitero kigabwe ku budaheranwa bw’abarokotse; no kunnyega abarokotse akarengane. Kuba abo bajenosideri n’inshuti zabo barafashijwe na bamwe mu biyita abarokotse, ntibikuraho amabi bakoze.

Bose bigira nk’aho bari mu kiriyo cy’urupfu rwa Kizito. Ibyo ubwabyo ni ishusho y’ubuzima bwa Kizito. Yumvaga ko gushyigikira ibitekerezo by’abahakana Jenoside ariko kuzana ubwiyunge. Abakoze Jenoside bari baramwumvishije ko ariko bimeze ndetse bamwumvisha ko kugira imyumvire nk’iyo ari ubutwari.

Muri make babyazaga umusaruro uburyo yari umuntu uba ashaka kugaragara, ibintu atashakaga kuzibukira, yirengagije impungenge z’abarokotse Jenoside ku kuba igikoresho cy’abajenosideri bishe se umubyara muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abenshi muri twe twarokowe n’ibitambo bya RPA yageragezaga kudutabara ari nako itsinda abajenosideri hirya no hino mu gihugu mu gihe gito gishoboka, twagerageje kurokora umuntu wacu; tuburira Kizito ko abanyabyaha batigeze bicuza yari agiye kwifatanya nabo, bazamugusha mu byaha.

Umwe muri twe, Ambasaderi Wellars Gasamagera muri Gicurasi 2014, yanditse inkuru agaragaza ko kwiyahura bishoboka cyane kuri uwo muhungu yahoze afata nk’uwe. Undi ni Mukagasana Yolande uherutse kwandika ku guhinduka gutunguranye kwa Kizito, kwatumye aba umuntu woroshye gushukwa n’abajenosideri n’abambari babo.

Izi nyandiko za politiki zitirirwa gusaba ubutabera, ni ikindi gihamya ko Kizito akomeje gukoreshwa na nyuma yo gupfa nk’uko byamugendekeye akiri muzima.

Noel Kambanda ni uwacitse ku icumu rya Jenoside. Arimo kwiga icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu bijyanye na Jenoside, muri Kaminuza ya Haifa/Israel.

2020-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko icyo amateka azarwishyuza nirujenjeka

Editorial 05 Jul 2018
Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Editorial 18 Sep 2018
Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Editorial 13 Jan 2019
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi
Mu Rwanda

Kamili Athanase umenyerewe kuri Radio Rwanda yagizwe Meya w’agateganyo wa Gicumbi

Editorial 01 Jun 2018
Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi
POLITIKI

Arusha: Leta y’u Burundi yanze kwitabira ibiganiro bya nyuma bihuza Abarundi

Editorial 24 Oct 2018
Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro
Mu Mahanga

Umuryango w’Abibumbye wasuzumye imyiteguro y’abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro

Editorial 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru