• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

  • U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye   |   10 Jun 2025

  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga

Editorial 14 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Kizito Mihigo yitabye Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Mbere mu rubanza ku bujurire bwe nyuma y’igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 yakatiwe mu 2015 amaze kwemera ibyaha birimo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho n’ibindi.

Kizito Mihigo yagaragaye mu rukiko kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Gicurasi 2018, aho yari yambaye impuzankano iranga abagororwa mu Rwanda, inkweto z’umutuku za ‘Nike’, amasogisi y’umweru n’isaha ku kuboko ndetse, ishapure y’umweru ku kuboko kw’iburyo n’ikirango cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku mufuka w’ishati.

Umucamanza yagaragaje imbogamizi ko hari uri muri uru rubanza rwatorotse ariwe Ntamuhanga Cassien ndetse no kuba Dukuzumuremyi Jean Paul adafite umwunganizi kandi mu rukiko itegeko riteganya ko adashobora kubura atunganiwe.

Kuri izi mbogamizi Kizito Mihigo yasabye ko dosiye ye yatandukanywa n’iy’aba bantu kuko nta sano rinini bafitanye mu byaha bakoze. Ikindi ashingira ho ni uko ngo imiburanire yabo itandukanye kuko we aburana yemera ibyaha bo bakabihakana.

Umwunganizi we Me Mukamusoni yavuze ko kuva Dukuzumenyi adafite umwunganizi bitakagombye kuba impamvu kuko yajuriye mu 2015 bityo yagakwiye kuba yaramushatse. Ikindi kandi ni uko atigeze yandikira urugaga rw’abavoka amusaba.

Ku bijyanye na Ntamuhanga watorotse, ngo yagakwiye gutandukanywa n’aba bantu kuko yakoze ikindi cyaha atazafatanya na bagenzi be. Ati “Ku ruhande rwa Kizito Mihigo, iyi tariki twari tuyinyotewe kuko turashaka ubutabera.”

Dukuzumuremyi asobanura impamvu adafite umwunganizi, yavuze ko yajuriye ari muri gereza ya Gasabo hanyuma akaza kwimurwa akajyanwa mu ya Rwamagana, ubu akaba ari mu ya Rubavu.

Uko kwimurwa kwatumye atamenya niba ubujurire bwe bwaremewe, amenyeshwa itariki yo kubura atari yarigeze amenya ko ubujurire bwakiriwe.

Ati “Nabonye ko nzitaba bintunguye. Ndasaba urukiko ko nahabwa umwanya ariko muto ngashaka umwunganizi.”

Ubushinjacyaha buhagarariwe n’abarimo Nkusi Faustin bwavuze ko ingingo ya 186 y’imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha, iteganya ko ikirego gisibwa iyo uwajuriye atitabye urukiko nta mpamvu.

Iyi ngingo ni yo yagendeweho busaba ko ubujurire bwa Ntamuhanga bwasibwa, hakagumishwaho igihano cyo mu Rukiko Rukuru. Bwavuze ko gutandukanya urubanza rwa Kizito na bagenzi be bidashoboka kuko nawe yemera ko bafitanye isano n’iyo ryaba rito ariko rihari.

Ku bijyanye na Dukuzumuremyi bwavuze ko afite uburenganzira bwo kuburana yunganiwe, bityo yahabwa umwanya agashaka umwunganizi.

Urukiko rufashe icyemezo cyo kwimurira urubanza ku wa 11 Kamena 2018 kugira ngo Dukuzumuremyi ashakirwe umwunganizi mu mategeko.

Rufashe kandi icyemezo cyo gusiba ubujurire bwa Ntamuhanga Cassien kuko kuba ’yaratorotse gereza bigaragaza ko nta nyungu mu gukurikirana ubujurire bwe’.

Ku bijyanye no gutandukanya imanza, umucamanza yavuze ko kuba Kizito Mihigo yemera ko hari isano rito afitanye n’abo bareganwa bitaba mu nyungu z’ubutabera gutandukanya imanza. Ibi byatumye afata icyemezo cy’uko urubanza rukomeza kuba rumwe.

Ku wa 27 Gashyantare 2015 nibwo Urukiko Rukuru rwahamije Kizito icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyaha cy’ubugambanyi bwo kugiririra nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyaha cy’ubwoshye bwo kugiririra nabi Perezida wa Repubulika, icyaha cyo gukora umugambi w’icyaha cy’ubwicanyi gusa ahanagurwaho icyaha cyo gucura umugambi w’icyaha cy’iterabwoba.

2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Editorial 10 Feb 2019
Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Editorial 22 Dec 2017
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Perezida Kagame yasabye za guverinoma kongera ubushake mu gushora imari mu by’ubuzima

Editorial 10 Feb 2019
Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Uganda: CMI yarekuye Fidele Gatsinzi nyuma yo kotswa igitutu kubera yamufunze bitemewe n’amategeko

Editorial 22 Dec 2017
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Editorial 18 May 2022
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru